• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze

Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze

Editorial 29 Nov 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ruharwa Dr Vincent Bajinya wihishe ubutabera akiyita Vincent Brown nyuma yo guhungira mu gihugu cy’ubwongereza yavukiye mu karere ka Musanze mu mwaka wa 1952 maze arangije amashuri ya kaminuza mu buvuzi ajya gukora mu kigo cyari gishinzwe urubyaro n’imyororokere cyari kizwi na ONAPO (Office National de la Population).

Akigera muri iki kigo, mu byo yari ashinzwe hari ukugira inama abagore batwite cyangwa abaje kuringaniza imbyaro no guhugurwa aho nyuma y’iminsi bamucitseho aho kubavura yarabahohoteraga.

Mu gihe yigaga i Butare, umuco wo kunnyuzura Bajinya yabikoranaga ubugome nk’umukiga uhiga abatutsi n’abanyenduga kugeza hari uwo yanyaye mu gutwi kuziba burundu nkuko tubikesha Igicaniro TV. 

Ubwo urugamba rwo kubohora u Rwanda mu maboko y’akazu k’abakiga b’intagondwa rwatangiraga muri 1990, Bajinya yakoze urutonde rw’abatutsi biswe ibyitso maze abagabo 20 barabajyana babakorera iyicarubozo bamwe barahagwa harimo uwaruzwi cyane Aloys Kayiranga. 

Mu gihe cya Jenoside, Bajinya yari atuye muri Rugenge mu kiyovu cy’abakene aho yari acumbitse munzu ya Kayinamura Laurent uyu akaba ari mukuru wa Karengera washakanye n’umuhanzi Cecile Kayirebwa.  Bajinya niwe wari ushinzwe kugenzura za Bariyeri muri Rugenge no gutanga amategeko. 

Vincent Bajinya yatawe muri yombi na Polisi y’Ubwongereza muri 28 Ukuboza 2006 kimwe n’abandi ba ruharwa aribo Célestin Ugirashebuja, Emmanuel Nteziryayo, na Charles Munyaneza, nkuko byari byasabwe na Leta y’u Rwanda muri Ugushyingo 2006. 

Impapuro zimuta muri yombi zamushinjaga gutegura umugambi wa Jenoside, gushishikaria abandi gukora Jenoside hagati ya 1 Mutarama 1994 na 12 Ukuboza 1994. 

Bajinya yafunzwe by’agateganyo nuko agezwa imbere y’ubutabera mu rukiko rwa Wesrminster tariki ya 26 Mutarama 2007 aho yahakanye ibyaha byose yaregwaga. 

Umucamanza yemeje tariki ya 6 Kamena 2008 ko abo ba ruharwa boherezwa mu Rwanda ariko urukiko rukuru rwanga uwo mwanzuro tariki ya 8 Mata 2009 ndetse basabirwa kurekurwa. 

Tariki ya 30 Gicurasi 2013 Polisi y’Ubwongereza yongeye guta muri yombi Emmanuel Nteziryayo, Charles Munyaneza, Vincent Bajinya, Celestin Ugirashebuja na Charles Mutabaruka. Tariki ya 21 Ukuboza 2015, urukiko rw’Ubwongereza bwanze ko boherezwa mu Rwanda. Urwo rukiko rwitwaje ko batabona ubutabera bunogeye bageze mu Rwanda. 

Muri Mutarama 2018, Umushinjacyaha Mukuru icyo gihe Jean Bosco Mutangana na Jean Bosco Siboyintore ukuriye itsinda rishinzwe gushakisha abajenosideri  bagiye mu gihugu cy’Ubwongereza bajyanye ibyavuye mu iperereza. 

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umutekano Ben Wallace icyo gihe yatangajeko ubutabera buzatangwa nubwo byatwara igihe kirekire. Muri Nzeli 2020 ba ruharwa bose babajijwe na polisi ariko nta numwe wafunzwe. 

Ubwo yari mu Rwanda yitabiriye inama ya CHOGM2022, uwari Minisitiri w’Intebe Borris Johnson yavuze ko icyo kibazo cy’abajenosideri cyafatwa nkaho cyakemutse. 

 

2022-11-29
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Mwesigye aragaragaza ukuntu Museveni ari kugana aha Kaddafi

Uganda: Mwesigye aragaragaza ukuntu Museveni ari kugana aha Kaddafi

Editorial 08 Jan 2018
Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 09 May 2021
Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Editorial 10 Jan 2019
Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Editorial 09 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Col Byabagamba akomeje kugundagurana n’Ubushinjacyaha  bwa gisilikare  kubyaha bumukurikiranyeho
Mu Mahanga

Col Byabagamba akomeje kugundagurana n’Ubushinjacyaha bwa gisilikare kubyaha bumukurikiranyeho

Editorial 13 Jan 2016
Ban ki-Moon yageze Bujumbura yerekwa ishusho itariyo
Mu Rwanda

Ban ki-Moon yageze Bujumbura yerekwa ishusho itariyo

Editorial 23 Feb 2016
Amatora y’uzahagararira FPR-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’igihugu ararimbanyije
Mu Rwanda

Amatora y’uzahagararira FPR-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’igihugu ararimbanyije

Editorial 29 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru