• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Editorial 18 Apr 2018 HIRYA NO HINO

Umuririmbyi Ali Kiba uri mu bakomeye muri Tanzania agiye kurushingana n’umukobwa w’uburanga mu birori bizabera mu Mujyi wa Mombasa kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Mata 2018.

Ali Kiba aheruka mu Rwanda mu mezi atatu ashize, yahavuye aririmbye mu gitaramo cya East African Party cyabaye tariki ya 1 Mutarama 2018. Ubu, aritegura ubukwe n’umukobwa wo muri Kenya.

Bongo5 yatangaje ko, inshuti za hafi, abavandimwe ba Ali Kiba n’abantu be b’ingenzi bari kumufasha gutegura ubu bukwe bamaze kugera mu Mujyi wa Mombasa kugira ngo bitegure hakiri kare.

Mu bamaze kugera mu Mujyi wa Mombasa harimo abakinnyi ba filime bazwi muri Afurika y’Uburasirazuba nka Esha Buheti ndetse na mushiki wa Alikiba, Zabibu n’abandi batandukanye.

Ali Kiba agiye kurushingana n’umukobwa w’uburanga witwa Aminah Rikesh, ubukwe buzabera ahitwa Diamond Jubilee mu Mujyi wa Mombasa.

Mu bashyitsi bategerejwe muri ubu bukwe harimo Guverineri wa Mombasa, Hassan Joho. Muri Tanzania na Kenya hasakaye amakuru avuga ko Aminah Rikesh afitanye isano ya hafi na Joho ndetse uyu muyobozi ashobora kuzaba yicaye mu basaza bo ku ruhande rw’umuryango wa Kiba.

Ali Kiba kandi ngo yatumiye Jakaya Mrisho Kikwete wahoze ari Perezida wa Tanzania; abaherwe bakomeye basanzwe bashyigikira umuziki we bakaba n’inshuti za Hassan Joho.

Ali Kiba na Aminah Rikesh ngo bagiranye ubucuti bukomeye kubera Guverineri Joho

Ali Kiba asanzwe ari inshuti magara ya Guverineri Hassan Joho ndetse uyu muhanzi akunze kujya i Mombasa kuharuhukira akagirana ibihe byiza n’uyu muyobozi. Urukundo rwa Aminah na Ali Kiba ukunze kwiyita [King Kiba] rwakomejwe n’uko bahuriye kuri Joho.

Ali Kiba agiye gukora ubukwe mu gihe asanzwe afite abana batatu bazwi yabyaranye n’abagore batatu batandukanye, muri aba bose nta n’umwe yigeze ashyingiranwa na we.

Inshuti za hafi za Ali Kiba zamaze kugera i Mombasa ahazabera ubukwe bwe na Aminah Rikesh

Bamaze kugera muri Kenya ahazabera ubukwe bwa Ali Kiba na Aminah Rikesh

Ali Kiba asanzwe ari inshuti ikomeye ya Joho

2018-04-18
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyarwanda yatorewe umwanya wa visi perezida w’akanama k’uburenganzira bwa muntu ka Loni

Umunyarwanda yatorewe umwanya wa visi perezida w’akanama k’uburenganzira bwa muntu ka Loni

Editorial 11 Jan 2018
Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Editorial 12 Mar 2019
Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Editorial 09 Apr 2020
Agashya :Umudepite muri Uganda yahawe ijambo mu rusengero, abantu bose bahita bisohokera

Agashya :Umudepite muri Uganda yahawe ijambo mu rusengero, abantu bose bahita bisohokera

Editorial 27 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guterana ubuse, guhangana no guhiga ubutwari…bimwe mu biranga umwiherero w’abitegura Tour du Rwanda
IMIKINO

Guterana ubuse, guhangana no guhiga ubutwari…bimwe mu biranga umwiherero w’abitegura Tour du Rwanda

Editorial 09 Nov 2017
Man United 4-0 Feyenoord: Rooney umaze iminsi akomerwa n’abafana yaciye  agahigo
IMIKINO

Man United 4-0 Feyenoord: Rooney umaze iminsi akomerwa n’abafana yaciye agahigo

Editorial 25 Nov 2016
Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye
Amakuru

Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Editorial 04 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru