• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Editorial 11 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ku itariki ya 24 Nzeri 2020 nibwo Paulina Nyiramasuhuko yandikiye Urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda, asaba kurekurwa atarangije igifungo cy’imyaka 47 yakatiwe tariki 14 Ukuboza 2015, ubwo urugereko rw’ubujurire rwamuhamyaga uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu busabe bwe, uwo mugore rukumbi waburanishijwe akanahanwa n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda, yavugaga ko yifuza kurekurwa kubera impamvu z’uburwayi. Icyakora abasesengura bakemeza ko yabikoze ari ukugerageza amahirwe gusa, ngo abe yanyura mu rihumye ubutabera, nk’uko byagenze ku bandi bajenosideri barekuwe nyamara bari bagisigaranye imyaka myinshi muri gereza.

Kwari ukwibeshya ariko, kuko Umucamanza Carmel AGIUS akaba na Perezida w’urwo rwego rwashyiriweho kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, yibukije Nyiramasuhuko ko atemerewe kurekurwa atarangije nibura 2/3 by’igifungo, mbere ya 2027.

Ikindi, nk’uko Carmel Agius abisobanura, raporo y’ inzego z’ubuzima mu gihugu cya Senegal ari naho Nyiramasuhuko afungiye, yerekana ko nta burwayi paulina Nyiramasuhuko afite, bityo ibyo yavugaga mu busabe bwe bikaba bidakwiye guhabwa agaciro.

Itegeko rivuga ko kugirango imfungwa irekurwe igihano kitarangiye, igihugu afungiyemo kigomba kubigiramo uruhare. Nyamara Perezida Carmel Agius yavuze ko urwego ayobora rwanditse rusaba ibitekerezo Leta ya Senegal, aho nyiramasuhuko yoherejwe kurangiza igihano, ariko ntihagira igisubizo gitangwa.

Kubera izi mpamvu zose rero, ejo kuwa gatatu tariki 10 Ugushyingo 2021, Perezida Carmel Agius yashwishurije Paulina Nyiramasuhuko, amubwira ko kugeza ubu nta kintu na kimwe cyatuma afungurwa atarangije igihano.

Paulina Nyiramasuhuko ubu ufite imyaka 75 y’amavuko, yari Minisitiri w’Umuryango n’Iterambere ry’Abagore muri Leta y’Abatabazi, ari nayo yashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’uko na Yohani Kambanda wari Minisitiri w’Intebe yabyiyemereye.

Uretse akagambane mu gucura umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Nyiramasuhuko yanagize uruhare mu kuwushyira mu bikorwa, kuko yanahamwe n’ibyaha byo guha intwaro n’amabwiriza abicanyi batsembye Abatutsi hirya no hino mu Rwanda, ariko by’umwihariko mu yahoze ari Perefegitura ya Butare, ari naho akomoka. Niwe mugore rukumbi wahamwe n’icyaha cyo gusambanya abagore ku ngufu, nka kimwe mu bigize Jenoside.

Paulina Nyiramasuhuko yafatiwe i Nairobi muri Kenya mu w’1997, aburanishirizwa Arusha mu rubanza rwarimo n’umuhungu we, Arsene Shalom Ntahobari nawe waje gukatirwa imyaka 47 y’igifungo.

Paulina Nyiramasuhuko yabanje gukatirwa igifungo cya burundu, ariko kiza kugabanywa mu bujurire, gishyirwa ku myaka 47. Afungiye muri Senegal kuva tariki 28 Nyakanga 2018, kimwe n’umuhungu we Ntahobari. Twabibutsa kandi ko uyu muryango wiganjemo abajenosideri, kuko Beatrice Munyenyezi uherutse koherezwa mu Rwanda avuye muri Amerika, ari umugore wa Arsene Shalom Ntahobari, akaba umukazana wa Paulina Nyiramasuhuko.

Perezida Carmel Agius yari aherutse kwanga icyifuzo cya Theoneste Bagosora waje no gupfa, nawe wasabaga kurekurwa atarangije igihano.

Ikigaragara imikorere ya Perezida Agius itandukanye n’iy’uwitwa Theodor Meron wahoze ari Perezida w’urugereko rw’ubujurire, we warekuye abajenosideri benshi cyane batarangije igihano, barimo na ba ruharwa Ferdinand Nahimana, Col Simba Aloys, Interahamwe kabombo Omar Serushako, n’abandi basaga 10.

Leta y’u Rwanda, imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu kimwe n’iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bakomeje kwamagana imikorere ya Theodor Meron yo kurekura abajenosideri, nta rundi rwego rubigishijwemo inama, kandi atitaye ku buremere bw’ibyaha byabahamye.

Ibyemezo bya Theodor Mero byagaragaye nko kwimakaza umuco wo kudahana no gushyigikira ingengabitekerezo ya Jenoside.

2021-11-11
Editorial

IZINDI NKURU

‘Kiliziya Gatolika igiye gusabwa indishyi’ -Prof. Jean Pierre Dusingizemungu

‘Kiliziya Gatolika igiye gusabwa indishyi’ -Prof. Jean Pierre Dusingizemungu

Editorial 21 Nov 2016
Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Editorial 25 Feb 2019
Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Editorial 06 Dec 2023
APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

Editorial 24 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Editorial 14 Mar 2020
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 29 Mar 2023
Nta cyahindutse ku muburo wahawe Abanyarwanda ku kujya muri Uganda – Min. Nduhungirehe
HIRYA NO HINO

Nta cyahindutse ku muburo wahawe Abanyarwanda ku kujya muri Uganda – Min. Nduhungirehe

Editorial 05 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru