• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere- Perezida Idriss Déby

Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere- Perezida Idriss Déby

Editorial 18 Jul 2016 Mu Rwanda

Umuyobozi w’Umuryango w’ubumwe bwa Africa, Perezida Idriss Déby amaze gutangaza ko afunguye kumugaragaro inama y’uyu muryango imaze iminsi iteraniye i Kigali.

Mu ijambo rye yatangiye ashima Perezida Paul Kagame ngo wakoze umurimo ukomeye mu guteza imbere no guhindura u Rwanda igihugu cyiza.

Perezida Déby wa Tchad yatangiye ashimira ko u Rwanda rwakiriye neza abaje muri iyi nama kandi rwateguye neza cyane iyi nama ya 27 y’Umuryango w’ubumwe bwa Africa.

Akomeza ati “Ndashaka kandi gushima cyane intambwe itangaje u Rwanda rwateye ku butegetsi bw’umuvandimwe Kagame nyamara rwari ruvuye mu bihe bibi cyane bya Jenoside… Muvandimwe Paul…ndagushimiye ko wahinduye u Rwanda igihugu cyiza.”

Perezida Idriss Déby nawe yavuze ko ubumwe bwa Africa ari intwaro ikomeye mu gukemura ibibazo byayo.

Avuga ko hari intambwe zigenda ziterwa mu kwihuza kw’ibihugu kandi hari ubushake bukomeye ko Africa yunga ubumwe.

Ati “Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere, uwa kabiri uyifashe ni Paul (Kagame), iyi ni intambwe ikomeye cyane mu kugira Africa imwe. Ubumwe bwacu bufite intego yo guhuza muri byinshi ngo tugere aheza.”

-3321.jpg

Perezida Idriss Déby na Perezida Paul Kagame nibo babaye abambere gufata Passport y’Afrika

Perezida Idriss Déby yongeye kwibutsa ibihugu bigize umuryango wa Africa yunze ubumwe ko kugira ngo uyu muryango ugire ubwigenge bikwiye ko udahora uteze gushyira mu bikorwa imishinga yawo ku nkunga ziva hanze ya Africa.

Avuga ko mu byo baganiriye ejo (kuwa gatandatu) harimo uburyo bushya bwo gutanga imisanzu y’ibihugu binyamuryango kugira ngo umuryango w’ubumwe bwa Africa ukore imishinga wiyemeje

Ati “Ingengo y’imari y’uyu mwaka nitwe dukwiye kuyiishakaho ntidutegereze inkunga iva hanze, ibihugu byacu bikwiye gutanga imisanzu bisabwa, nubwo bwose tuzi ko hari ibibazo by’ubukungu ariko dukwiye gutanga iyo misanzu.”

Yihanije Riek Machar na Salva Kiir

Perezida Idriss Deby yavuze ko Africa ntaho yagera niba Abanyafrica ubwabo badafashe mu ntoki ibibazo byabo n’ahazaza habo ngo babe aribo babyitaho kandi babyikemurire.

Avuga ko ibiri kubera muri Sudan y’Epfo mbere gato y’uko iyi nama itangira byerekana ko hakiri urugendo runini, kuba abantu 300 bamaze gupfa muri iyi minsi, abandi ibihumbi bagahunga ngo birasobanura ko nk’Umuryango w’ubumwe bwa Africa ukwiye kugira icyo ukora.

Ati “Nubwo ubu muri Juba hari agahenge ariko ibintu biracyateye inkeke, ibi bishobora kuba buri hamwe ku mugabane wacu, ariko hano ndibutsa Perezida Salva Kiir n’uwo bahanganye Riek Machar ko ibibazo byabo aribyo biri gushyira abaturage mu kaga.

Aba bombi bakwiye gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje mu 2015 i Addis Ababa.”

Avuga ko ibibazo bijya gusa n’ibi biri i Burundi, muri Somalia muri Sahel n’ahandi ngo bikwiye gukemurwa n’Abanyafrica n’ubwo binareba n’Umuryango mpuzamahanga kuko ngo bimwe bigira aho bihurira n’iterabwoba ryugarije isi.

Asoza ati “Tugomba gushyira hamwe tugashyira imbaraga mu gukemura ibibazo dufite.

Iyi nama iraganira ku bibazo bikomeye nk’ibi n’ikibazo cyo kwigira kw’Umuryango w’ubumwe bwa Africa mu buryo buri tekiniki kurusha politiki.

2016-07-18
Editorial

IZINDI NKURU

Misiyo ya Ntwali John Williams n’abamutumye yaburijwemo n’abaturage ba Kangondo na Kibiraro

Misiyo ya Ntwali John Williams n’abamutumye yaburijwemo n’abaturage ba Kangondo na Kibiraro

Editorial 16 Sep 2022
CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

Editorial 05 Feb 2025
Itangazamakuru ry’imikino mu Rwanda ritagira rutangira amaherezo rizaturoha aho tutazikura!

Itangazamakuru ry’imikino mu Rwanda ritagira rutangira amaherezo rizaturoha aho tutazikura!

Editorial 03 Aug 2021
Hon Patrick Mazimpaka waharaniye kubohorwa k’ u Rwanda yatabarutse.

Hon Patrick Mazimpaka waharaniye kubohorwa k’ u Rwanda yatabarutse.

Editorial 25 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR
Mu Mahanga

Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR

Editorial 09 Jan 2017
Abagande batangiye kwinubira imikorere ya Zari mu kazi yahawe na Leta ya Uganda[AMAFOTO]
Mu Mahanga

Abagande batangiye kwinubira imikorere ya Zari mu kazi yahawe na Leta ya Uganda[AMAFOTO]

Editorial 12 Nov 2018
Uganda yarekuye amakamyo y’amabuye y’agaciro yari yafashwe aturutse mu Rwanda
ITOHOZA

Uganda yarekuye amakamyo y’amabuye y’agaciro yari yafashwe aturutse mu Rwanda

Editorial 23 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru