• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Editorial 14 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Nk’uko bisanzwe iyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi byegereje, abajenosideri n’ababashyigikiye babyutsa ibikorwa bigamije gukomeretsa abarokotse iyo Jenoside. Nguko uko bahagurukira gutagatifuza abayigizemo uruhare, bakagera n’aho bavuga ko abakatiwe n’inkiko bamaze guhamwa n’uruhare rutaziguye muri Jenoside, barekurwa ”kuko ibyo bakoze bitaremereye nk’ibihano bahawe”.

Nubwo abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi barushaho kwiyongera, twakwishimira ko hari ibihugu byamaze kumva uburemere bw’ibyaha by’abajenosideri, bamwe birabafata abandi biboherereza ubutabera bw’u Rwanda ngo baryozwe amahano bakoreye Igihugu cyabo n’isi yose muri rusange. Urugero ruheruka ni urw’ urukiko rwa Helsinki muri Finland, rwongeye gutera utwatsi ukwitetesha  kwa Ruharwa Faransisiko Bazaramba n’abamushyigikiye, basabaga ko yarekurwa, akidegembya ngo kuko imyaka 14 amaze muri gereza ihagije “ku muntu ushaje cyane kandi  wakatiwe arengana”.

Nk’uko rwari rwabigenje muri Mutarama 2019 urukiko rw’ubujurire  rwongeye kwibutsa Bazaramba ko ntawe ukwiye kugereranya Jenoside n’igihano, uko cyaba kingana kose, kuko icyaha cya jenoside gifite uburemere ntagereranywa. Rwibukije kandi ko Bazaramba adashobora kuvuga ko yarenganye, ngo kuko ibyo amategeko ateganya byose byiyambajwe kugirango ahabwe ubutabera buboneye, ari nayo mpamvu urubanza rwe rwamaze imyaka 5 yose. Uru rukiko rero rwongeye kwanga ubusabe bwa Bazaramba, rutegeka ko  aguma muri gereza aho azamara ubuzima bwe bwose nk’uko byemejwe n’Urukiko rw’Ikirenga aho muri Finland mu Ukwakira 2012.

Faransisiko Bazaramba w’imyaka 72 yavukiye mu yahoze ari Komini Nshili, Perefegitura ya Gikongoro, aza kuba“Pasitori” mu itorero ry’Ababatisita mu yahoze ari Komini Nyakizu mu Majyepfo y’uRwanda. “umurimo w’Imana” yawubangikanyaga n’iyamamazabugome, dore ko abatangabuhamya amagana bamushinje ko atatinyaga kuvuga mu ruhame ko Abatutsi bagomba kwicwa.

Uretse gushishikariza Abahutu kurimbura abatutsi, uyu muyoboke ukomeye wa MDR-Power yanabafashije kubona ibikoresho bifashishije muri Jenoside, nk’imodoka, imipanga, gerenade n’ibindi. Inkiko zose zo muri Finland, kuva ku rw’ibanze kugeza ku rw’ikirenga, zamuhamije uruhare rutaziguye mu bwicanyi bwahitanye Abatutsi  babarirwa mu 5.000 muri Nyakizu no mu nkengero zayo,maze akatirwa bidasubirwaho igihano cyo gufungwa burundu.

Yageze muri Finland muw’2003 avuye mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo, akaba yarabifashijwemo n’abayobozi n’abayoboke b’ Itorero ry’Ababatisita muri icyo gihugu. Ahamaze imyaka 4 nibwo ubushinjacyaha bwatangiye kumunuganuga kubera amakuru yabageragaho buri munsi,avuga ko Finland icumbikiye umwicanyi kabombo. Yahise atabwa muri yombi ndetse abajenosideri bagenzi be n’ababashyigikiye bavuza induru bamugira umwere, ariko ntibyagira icyo bimufasha  kuko byarangiye ahamwe n’icyaha.

Ibi rero bikwiriye kubera isomo n’abandi bajenosideri bakihishashisha kimwe n’abagerageza kuyobya uburari, kuko ibihugu byinshi byatangiye kumenya ukuri ku marorerwa bakoze, ndetse kubakingira ikibaba bizagera ubwo birangira. Urugero rwa ruharwa Kabuga Felisiyani rwakababereye isomo rihagije. Icyaha cya Jenoside ntigisaza!!

 

 

2021-03-14
Editorial

IZINDI NKURU

Museveni  na Rujugiro baraca hirya no hino ngo Kandidature ya Mushikiwabo k’ubuyobozi bwa francophonie iburizwemo

Museveni  na Rujugiro baraca hirya no hino ngo Kandidature ya Mushikiwabo k’ubuyobozi bwa francophonie iburizwemo

Editorial 03 Oct 2018
Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Editorial 17 Nov 2024
U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

Editorial 28 Sep 2018
Mashami Vincent yagizwe umutoza wa Police FC, ACP Yahaya Kamunuga aba umuyozi wayo naho SP Ruzindana Regis aba ushinzwe kugura abakinnyi

Mashami Vincent yagizwe umutoza wa Police FC, ACP Yahaya Kamunuga aba umuyozi wayo naho SP Ruzindana Regis aba ushinzwe kugura abakinnyi

Editorial 21 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatavuga rumwe mu Burundi bazahurira Arusha muri iki cyumweru kandi icyizere kirahari
Mu Rwanda

Abatavuga rumwe mu Burundi bazahurira Arusha muri iki cyumweru kandi icyizere kirahari

Editorial 14 Feb 2017
Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI
INKURU NYAMUKURU

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Editorial 16 May 2019
CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria
IMIKINO

CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria

Editorial 14 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru