• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Editorial 12 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nk’uko bikubiye mu nyandiko ndende y’Umucamanaza Mukuru w’Urukiko rw’Ubucuruzi rw’i Lubumbashi mu Ntara  ya Haut-Katanga, Leta ya Kongo irashyira igitutu ku bacamanza ngo bashyireho itegeko rifatira imitungo y’umuherwe Moïse Katumbi, umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi.

Umucamanza Batubenga Ilunga Laurent aravuga ko yahuye n’ibigeragezo ndetse n’iterabwoba rimubwira ko nadafatira amasosiyete y’ubucuruzi ya Moïse Katumbi Chapwe azatakaza umwanya mu bucamanza, ndetse akaba ashobora no kuhasiga ubuzima. Kubera iyo mpamvu rero akaba yahisemo kwegura ku buyobozi bw’Urukiko rw’Ubucuruzi rwa Lubumbashi, aho kugirango ahohotere inzirakarengane.

Mu ibaruwa y’ubwegure bwe yashyikirije Perezida Tshisekedi,  Bwana Batubenga Ilunga Laurent yatunze agatoki uwitwa Me Peter KAZADI ngo watumwe na Leta kuvugurura urwego rw’ubucamanza, uvuga ko Moïse Katumbi ari umwazi w’ubutegetsi, akaba agomba kubuzwa uburyo bwose bwatuma yiyamamariza kuba Perezida wa Kongo.

Perezida Tshisekedi yananiwe kubaka igihugu kigendera ku mategeko. Intwaro rukumbi atekereza ko yamufasha kuguma ku butegetsi ni ugutuka u Rwanda no kurwikoreza imitwaro ya Kongo yose, no guhutaza umuntu wese wanze kwemera ibinyoma bye. 

Perezida Tshisekedi anagerageza kandi uburyo bwose bwatuma intambara yo mu Burasirazuba bw’igihugu cye ikomeza, bityo amatora ateganyijwe umwaka utaha akaburizwemo, cyangwa yanaba akazaba mu kavuyo kamufasha kwiba amajwi.

Iyi ntero yo gutuka u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo ni nayo abifuza ubutegetsi muri Kongo bose barisha, nka Denis Mukwege na  Martin Fayulu bahisemo imvugo nyandagazi n’ibinyoma ku Rwanda, bagamije kwigarurira imitima y’Abanyekongo bakurikira buhumyi. 

Kuri Moïse Katumbi Chapwe we si uko biteye, kuko abamuzi bemeza ko yumva neza ko ipfundo ry’ikibazo bya Kongo  ari imiyoborere igayitse. Ni umwe mu bakandida bashobora kuzabiza icyuya abandi bazahatana mu matora, ahanini kubera izina yamaze kwandika mu mitima y’Abanyekongo bashyira mu gaciro. Yabaye Guverineri wa Katanga anayiteza imbere cyane mu nzego zinyuranye, ku buryo mu gihe cye ntawari kuyigereranya n’izindi ntara za Kongo. Yabaye Perezida wa TP Mazembe, ikipe y’igihangange mu mupira w’amaguru muri Kongo no muri Afrika, bimwongerera urukundo mu baturage.

Uretse n’ibyo kandi, ni umwe mu bakire Kongo ifite, ku buryo abasesengura ibya politiki ya Kongo bahamya ko adakeneye gusahura icyo umutungo w’igihugu, ko ahubwo yagifasha kurwanya ruswa yabaye akarande kuva mu bushorishori bw’ubutegetsi, kugeza ku muturage rwimbi.

Moïse Katumbi Chapwe si ubwa mbere yaba abujijwe kwiyamamariza kuyobora Kongo, kuko yigeze kubigerageza bamuhimbira ko atari Umunyekongo, ndetse bamushinja umugambi wo kwinjiza mu gihugu intwaro n’abacancuro ngo bo guhirika ubutegetsi.

Ntacyo byafashe, none barashakishiriza mu kumwambura imitungo ye no kumutesha umutwe ngo bamwigizeyo. 

2022-12-12
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Editorial 29 Jan 2019
Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Editorial 06 Apr 2023
Huye:Polisi y’u Rwanda  iributsa  akamaro ko kurara mu nzitiramibu

Huye:Polisi y’u Rwanda iributsa akamaro ko kurara mu nzitiramibu

Editorial 15 Feb 2016
Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Editorial 19 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Editorial 08 Dec 2017
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Editorial 18 Jun 2018
How RPF Soldiers Rescued 2000 Tutsi at Saint Paul Centre
Mu Mahanga

How RPF Soldiers Rescued 2000 Tutsi at Saint Paul Centre

Editorial 21 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru