• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho

Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho

Editorial 07 Nov 2016 ITOHOZA

Rene Claude Mugenzi Alias Kirabiranya, n’umunyaRwanda kavukire ariko wavukiye mu Burusiya ahitwa Pyatigovski muli 1976, nubwo ubu akunda kuba Umwongereza kurusha Umwamikazi wabo.

Kuruhande rumwe ntashaka kuba Umunyarwanda ariko agashishikarizwa no kurwanya Leta y’Urwanda ubwe yifuza gutandukana nayo, ngo iyo umwise Umunyarwanda atabifitemo inyungu yaguhitana.

We ngo n’Umwongereza w’Umunyarwanda ntabwo ari Umunyarwanda w’Umwongereza.

Icyo dukwiye kumubaza gusa nuko abona aho imitekerereze nkiyo icyo izamufasha
cyane cyane ko politiki y’iburayi na Amerika isigaye yarakaze ku bantu nkawe biyomeka kumpu zabo. Batangiye gutahura no guta muri yombi abigira ba nyirigihugu kurusha ba kavukire, ikizakurikiraho ubwo muracyumva.

Ahubwo icyo dukwiye kwibaza niba umwongereza utuye Mu Rwanda nubwo yaba yarabonye ubwenegihugu bw’Urwanda, yatinyuka guhaguruka agashaka ibigambo by’ibihimbano kurwanya Leta y’Ubwongereza! Ese Leta y’Urwanda yabyemera!

Ahubwo ntiwasanga kibaye ikibazo cya Politike hashakishwa uburyo ni imfashanyo zihabwa Urwanda zafatirwa. Ntanubwo cyaba ikibazo kibihugu bibiri gusa, ahubwo cyafata intera mpuzamahanga.

Reka ibyo tube tubicumbikishije aha, Rene Mugenzi yaje kugira ibibazo bikomeye muriyi minsi biturutse kubusambo, no gukekwa ko yaba ari nkozi y’ibibi aho atuye.

Ibibazo bya Mugenzi byatangiye mbere gato aho akekwa kunyereza icyo yise infashanyo ya Foundation ya baringa yashyizeho. Ibintu byaje gukomera aho atangiye kubeshya ko afite umutekano mucye. Icyo gihe ngo yaba yarabonye abamurinda.

-4569.jpg

Rene Mugenzi

Ukuntu yiyemera rero abona biryoshye noneho ati sinaba umuntu ukomeye muriki gihugu. Ubwo atangira gushaka guhatanira umwanya w’Ubudepite. Nkuko bisanzwe iyo umuntu ashaka bene ubwo buyobozi aragenzurwa kugirango amenyekane neza.

Igenzura ryakozwe basanze hari ibyo yabeshye asaba ubwenegihugu. Yahishe icyo ise yakoraga mu Burusiya nuko yagiyeyo kuko yari azi ko byamukoraho.

Mu byukuri ise yari yaragiyeyo kuri buruse ya leta y’u Burusiya, yiga kuri Lumumba University, icyo gihe yarizwi cyane ko ari uburyo bwo gushaka abakorera urwego rw’iperereza rwaho rwari ruzwi nka KGB. Uwo muryango waje kugumayo igihe kirekire, bikaba byaramuteye impungenge ko bamukeka kuba yakorera urwo rwego rw’ubutasi bityo bikamuviramo kubura ubwenegihugu.

Hashize igihe kitari kirekire bitahuwe ko umwirondoro yatanze utari wuzuye, kandi byarakozwe kubwende bwe. Iki ni ikintu gikomeye cyane, kuko kutavugisha ukuri bituma utagirirwa ikizere, kandi ko mubyukuri hari ibyihishe inyuma.

Muzi uburyo ibihugu by’Ubwongereza n’Uburusiya bihangana cyane kubijyanye n’ubutasi hagati yabo. Abakuru bazi amateka y’ikirangirire cya sinema James Bond, byinshi ibyo byerekanarwa akora byari guhangana kw’izo nzego zabo z’ubutasi. Mwene wacu rero yakinishije ibidakinishwa, kubeshya warangiza ugashaka ubuyobozi. Ibyo arimo azabiryozwa niba bitazamukoraho.

Ibindi byamugaragayeho n’ubusambo no kunyereza umutungo w’icyo yise ishyirahamwe London Centre for Social Impact. Ngo amafaranga yose yabonye ayakuye mu bongereza yarayarigishije. Yavugaga ko agiye gufasha abatishoboye, agaharanira demokrasi. Ariko byaje kugaragaza ko mubyukuri yayakoresheje ubwe hamwe na murumuna we, ariko nawe ntiyishoboye, yarayifashishije! Icyo yaregwa n’ubutekamutwe, naho kutishobora byo n’ukuri.

Hari n’ubundi buriganya bugishakishwa gihamya kubijyanye n’amazina ye ndetse n’ayababyeyi yandikishije ageze mu Bwongereza, nabyo nibiboneka tuzabibagezaho.

Ibi byose bisobanuye ko aho bukera baramupakiza atahe iwabo, niba azajya mu burusiya ntawubizi, ariko Putin uri hariya ntiyamwemera, ubwo n’ugutaha mu Rwanda.

Ashatse yatangira gufunga utwangushye ntazabe nka Leopord Munyakazi wishinze Himbara, Rudasingwa naya nshoreke yabo Jennifer Frieberg.

Cyiza Davidson

2016-11-07
Editorial

IZINDI NKURU

CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

Editorial 12 Dec 2019
Rusesabagina yabujijwe gutanga ikiganiro muri Kaminuza ya Berkeley University muri California

Rusesabagina yabujijwe gutanga ikiganiro muri Kaminuza ya Berkeley University muri California

Editorial 13 Feb 2018
Umubonano wa Kayumba na Nkurunziza i Ngozi uhatse iki ?

Umubonano wa Kayumba na Nkurunziza i Ngozi uhatse iki ?

Editorial 25 Aug 2016
Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Editorial 21 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda
Mu Mahanga

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Editorial 25 Feb 2019
Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa
IKORANABUHANGA

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Editorial 15 May 2019
Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera
ITOHOZA

Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Editorial 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru