• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Editorial 29 Oct 2018 ITOHOZA

Iki cyumweru  dushoje  nta wavuga ko cyagendekeye neza abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika, USA, kuko cyaranzwe n’ibikorwa byuzuye urwango ndetse bigasiga bamwe bambuwe ubuzima.

Bijya gutangira, ku wa Gatatu umuzungu wari usanzwe ufite amateka yo guteza imvururu yishe arashe abirabura b’Abanyamerika babiri mu iguriro rya Kroger muri Leta ya Kentucky.

Gregory Bush w’imyaka 51 ngo yabanje kugerageza kwinjira mu rusengero rw’abirabura ruri mu gace ka Jeffersontown, ariko ntibyamukundira kuko imiryango yari ifungishije urufunguzo.

Uyu mugabo wari usanzwe afite amateka yo kwanga abirabura n’uburwayi bwo mu mutwe yahise yerekeza muri ririya gururo arasa Maurice Stallard w’imyaka 69 na Vickie Jones w’imyaka 67.

Ibi byabaye mu gihe Abanyamerika bari bakomeje guterwa ubwoba n’ubutumwa burimo ibisasu bwari bukomeje kohererezwa ibikomerezwa muri politiki.

Ku wa Mbere nibwo ubutumwa bwa mbere bwabonetse mu rugo rw’umuherwe George Soros, nyuma y’iminsi ibiri gusa Urwego rushinzwe ubutasi rwatangaje ko rwatahuye ubundi bwari bugenewe Barack Obama wabaye Perezida wa 44 wa Amerika na Hillary Clinton wahigitswe na Perezida Donald Trump mu matora.

Nyuma y’aho habonetse ubwoherejwe ahakorera CNN, n’ubwari bugenewe abarimo; John Brennan wayoboye CIA, Robert de Niro uzwi muri Sinema na Joe Biden wabaye visi perezida wa Amerika.

Ku wa Gatanu Cesar Sayoc uvugwaho kuba yarohereje ubutumwa bugera kuri 14 burimo ibisasu nyabyo nubwo nta na kimwe kigeze gituruka, yatawe muri yombi.

Yakunze kugaragaza ko akunda Trump, akanga abafite ibitekerezo bitandukanye n’ibye.

Ku wa Gatandatu mu gitondo uwitwa Robert Bowers w’imyaka 46 yinjiye mu rusengero rw’Abayahudi rwa Tree of Life, yica abantu 11, batandatu barakomereka.

Ubuyobozi bwatangaje ko uyu nawe yagiye akunda gushyira hanze ubutumwa bugaragaza urwango afitiye abayahudi, ndetse ibyo yagiye yandika biri gukorwaho iperereza.

Nk’uko CNN dukesha iyi nkuru yabyanditse, Intumwa nkuru ya Leta, Jeff Sessions, yatangaje ko Bowers akurikiranyweho ibyaha by’urwango n’ibindi bishobora gutumwa ahanishwa kwicwa igihe byaba bimuhamye kandi ibikorwa nk’ibi bidashobora kwihanganirwa.

Perezida Trump nawe yagarutse kuri ubu bwicanyi, avuga ko Abanyamerika bose bari mu cyunamo, anasaba abantu kunga ubumwe kugira ngo babashe guhashya urwango.

Nubwo kuri iki cyumweru ubuzima bwakomeje, bamwe bagakomeza icyunamo abandi bakajya mu bikorwa bisanzwe birimo amasengesho, imikino n’ibindi, Abanyamerika ntibazapfa kwibagirwa urwango rwagaragajwe mu masaha 72 gusa.

2018-10-29
Editorial

IZINDI NKURU

Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Editorial 19 Sep 2020
Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Editorial 18 Mar 2025
Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Editorial 26 Jul 2019
Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias  Rukokoma  ( VIDEO )

Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias Rukokoma ( VIDEO )

Editorial 26 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iryavuzwe Riratashye :Uganda Ibaye Indiri Y’abanzi B’u Rwanda
ITOHOZA

Iryavuzwe Riratashye :Uganda Ibaye Indiri Y’abanzi B’u Rwanda

Editorial 16 Nov 2017
‘ La Palisse Hotel ‘ ishobora kuba mubo Perezida Kagame yabwiraga
Mu Rwanda

‘ La Palisse Hotel ‘ ishobora kuba mubo Perezida Kagame yabwiraga

Editorial 29 Jun 2017
Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba
ITOHOZA

Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Editorial 30 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru