• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon   |   09 Jun 2025

  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwasuye abapolisi buganira nabo ku mikorere y’akazi

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwasuye abapolisi buganira nabo ku mikorere y’akazi

Editorial 12 Jan 2016 Mu Mahanga

​Abayobozi ba Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa mbere tariki ya 11 Mutarama batangiye gusura abapolisi hirya no hino mu mitwe bakoreramo babagezaho ubutumwa bwa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame bwifuriza abapolisi umwaka mwiza bunabashimira akazi keza bakora.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmnuel K Gasana yabonanye n’abapolisi 196 bayobora abandi , mu gihe umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa DIGP Dan Munyuza we yaganiriye n’abo mu Ntara y’Amajyaruguru, naho Umuyobozi wungirije wa Polisi ushinzwe abakozi n’ubuyobozi DIGP Juvenal Marizamunda ,we yagejeje ubutumwa ku bapolisi bakorera mu Ntara y’Amajyepfo.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashimiye Polisi y’u Rwanda kuba ikora kinyamwuga, kuba ihora iri maso,ikorana ubushishozi kandi iharanira ko ibyo ikora bitunganira abaturarwanda bityo bakabaho mu mutekano usesuye bishimira kuba mu gihugu gitekanye.

Muri ubwo butumwa bwe, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yagize ati:” Polisi y’u Rwanda igomba gusubiza amaso inyuma ikareba ibyagezweho n’imbogamizi yahuye nazo. Mugomba rero kwishimira ibikorwa by’indashyikirwa mwagezeho mu mwaka w’2015. By’umwihariko uruhare rwanyu mu iyubahirizwa ry’amategeko no gucunga umutekano, ndetse no kugarura amahoro ku isi bityo, mukishimira kuba mukora kinyamwuga.

-1744.jpg

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yakomeje avuga ko yizera ko Polisi y’u Rwanda izakomeza gukora neza muri uyu mwaka w’2016, ishyira mu bikorwa inshingano zayo kandi ifite ishema, ndetse ikorera mu mucyo.

Ibikubiye muri ubu butumwa bwa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika nibwo abayobozi bakuru ba Polisi y’u Rwanda bageza ku bapolisi babasaba gukomeza uwo murongo wo kuzuza neza inshingano zabo.

Ubwo umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yaganiraga n’abapolisi mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda rya Gishali yasabye abapolisi kujya basobanura ibyo bakora mu kazi kabo ka buri munsi.

Yagize ati:”akazi kanyu ka buri munsi kagomba kurangwa no kumva ko ariwowe ubazwa ibyakozwe,ubwitonzi mu kazi,ubunyamwuga, ndetse no kugira indangagaciro. Kuri twebwe rero, kugira ngo tugume muri uwo murongo no kurushaho gukora neza, biradusaba kujyana n’igihe ndetse tugahora twihugura”.

Yakomeje abwira abo bapolisi ko Polisi y’u Rwanda imaze kugera kuri byinshi ku buryo kuri ubu, iri no ku rwego mpuzamahanga mu bikorwa byo kugarura amahoro hirya no hino.

-1743.jpg

Yagize ati:“ kugeza ubu dufite amatsinda(FPU) y’abapolisi atanu mu bihugu bya Centrafrika, Haiti na Sudani y’Amajyepfo; dufite kandi amashuri atatu ndetse n’ibikoresho by’akazi bigezweho”.

Muri iyi gahunda kandi yo gusura abapolisi, umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa DIGP Dan Munyuza,yahaye ubwo butumwa abapolisi 206 bakorera mu Ntara y’Amajyaruguru n’abo mu turere twa Rubavu na Nyabihu two mu Ntara y’I Burengerazuba,aho yavuze ko wari umwanya wo kureba uko akazi kagenze mu mwaka ushize wa 2015;imbogamizi zawubayemo ndetse hagafatwa n’ingamba zo gukora neza kurushaho mu mwaka wa 2016.

Mubyo yagarutseho byarushaho gushyirwamo ingufu;harimo kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga,icuruzwa ry’abantu, iterabwoba n’ibindi.
.
DIGP Munyuza yanagarutse ku kongera imyitwarire myiza, aho yavuze ko ari ikintu cy’ingenzi mu gihe haba hasuzumwa imikorere y’urwego rushinzwe kubungabunga umutekano.

Yasabye abapolisi kugira uruhare rugaragara muri gahunda za Leta, asaba n’abaturage kuzitabira.

Mu Ntara y’Amajyepfo,Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe abakozi n’ubuyobozi DIGP Juvenal Marizamunda nawe yagejeje ubutumwa ku bapolisi 146 bwa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika;aho yababwiye ko guhinduka mu mikorere bakora neza akazi bisaba imyitwarire myiza.

Yasabye abapolisi kujya bakora akazi neza bahanga udushya bakorana ubwenge n’ubumenyi;ibyo bikabagirira akamaro bo uwabo n’igihugu muri rusange.

Mu ntangiriro za buri mwaka,abayobozi ba Polisi y’u Rwanda basura abapolisi bakorera mu mitwe itandukanye mu gihugu aho biba biri muri gahunda yo kuganira ku mikorere no kurebera hamwe ibyagezweho ndetse no gufata ingamba zo kurushaho gukora neza akazi.

RNP

2016-01-12
Editorial

IZINDI NKURU

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Editorial 29 Dec 2023
Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Editorial 27 Jun 2016
Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Editorial 19 Oct 2016
Abayobozi bashya b’umujyi wa Kigali bamenyekanye

Abayobozi bashya b’umujyi wa Kigali bamenyekanye

Editorial 03 Mar 2016
BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Editorial 29 Dec 2023
Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Editorial 27 Jun 2016
Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Editorial 19 Oct 2016
Abayobozi bashya b’umujyi wa Kigali bamenyekanye

Abayobozi bashya b’umujyi wa Kigali bamenyekanye

Editorial 03 Mar 2016
BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Editorial 29 Dec 2023
Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Editorial 27 Jun 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru