• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Editorial 10 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Abaturage basaga 100 bo mu gace ka Kamwezi mu karere ka Rukiga, basabye Leta ingurane y’ubutaka bavuga ko bwometswe ku Rwanda mu gihe havugururwaga umupaka ugabanya ibihugu byombi.

Kuvugurura ibiranga umupaka wa Uganda n’u Rwanda byatangiye muri Werurwe 2014 ababikoraga bashyiraho inkingi nshya.

Gusa abasaba ingurane bavuga ko iyo mipaka yigijwe muri Uganda ho metero 100 ugereranyije n’uko byari byarakozwe n’abakoloni, bityo ngo ubutaka n’ibihingwa byabo bijya mu Rwanda.

Bavuga ko umupaka wo ku mugezi wa Kizinga uva kuwa Kagitumba na wo wamaze kuba uw’u Rwanda.

Muri Gicurasi aba baturage bandikiye Minisitiri wa Uganda ushinzwe ubutaka, imiturire n’iterambere ry’imijyi, bamubaza niba abagiye muri ako gace katanzwe barabaye Abanyarwanda.

Bati “Niba ubutaka bw’abaturage buhindutse ubw’u Rwanda, ba nyira bwo babutunze imyaka 100 ishize bazabubona bate, bazabukoresha bate? Ingo z’abantu bagiye muri icyo gice cyometswe ku Rwanda bazahinduka Abanyarwanda? Niba ari byo se, byaba byisunze irihe tegeko?”

Aba baturage bakomeza babaza uzabaha ingurane ku butaka bwabo mu gihe batakwifuza kuba Abanyarwanda, igihe bizabera ndetse n’igihe imitungo yabo yahangirikiye izabarirwa agaciro ngo yishyurwe.

Manzi Tumubweine wahoze ari umunyamabanga wa Leta, akanagira isambu muri icyo gice yabwiye Daily Monitor ko nta gisubizo kuri iki kibazo bigeze bahabwa.

Amavugurura y’imipaka ahagarariwe na Eugène Ngoga ku Ruhande rw’u Rwanda na John Vianney Lutaaya. Agamije kurandura burundu amakimbirane ashingiye ku butaka hagati y’abantu baturiye umupaka w’ibi bihugu.

Bivugwa ko inkingi za mbere zagaragazaga imipaka zasenywe n’abaturage bakekaga ko harimo amabuye y’agaciro ahenze.

Komiseri ushinzwe ikarita n’imipaka muri Uganda, Wilson Ogalo yavuze ko gusiburura umupaka ureshya na kilometero 200 hagati y’u Rwanda na Uganda bizerekana neza imipaka mpuzamahanga bikanarinda amakimbirane ashingiye ku mipaka.

Yongeyeho ati “Mu gihe ubutaka bw’abaturage bugiye mu kindi gihugu, nta ngurane izatangwa, buzakomeza bube ubwabo bakurikize amategeko y’imikoreshereze yabwo muri icyo gihugu.”

Yanavuze ko izo nkingi atari urukuta hagati y’abahatuye ahubwo ari ukoroshya uburyo bw’imiyoborere.

Gusa ubuyobozi bw’akarere ka Rukiga buvuga ko nta cyahindutse kinini, ndetse ngo nubwo abaturage bavuga ko ubutaka bwabo bwatwawe, ngo no ku ruhande rw’u Rwanda imidugudu ya Bweya, Ryeru na Rugarama yisanze muri Uganda.

Emmy Ngabirano uyobora aka karere avuga ko bashyingirana kandi hari abaturage benshi b’akarere ke bahoze bahinga mu Rwanda na mbere, bityo ko bikwiye gukorwa mu mahoro.

Abasiburura uyu mupaka bifashiha ikoranabuhanga ndangahantu rya GPS birinda gushidikanya ku hantu nyakuri imipaka yahoze.

Ni igikorwa cyatewe inkunga n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, gihagarikwa bitunguranye muri Nzeri 2015, ariko muri Gashyantare 2018 cyongera gusubukurwa.

2018-09-10
Editorial

IZINDI NKURU

Nibarize Ingabire Victoire

Nibarize Ingabire Victoire

Editorial 21 Sep 2018
Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Editorial 26 May 2020
Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Editorial 02 Mar 2018
Ikinyoma :  Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.

Ikinyoma : Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.

Editorial 31 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées
INKURU NYAMUKURU

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Editorial 21 May 2018
Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.
Amakuru

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Editorial 28 Apr 2021
Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Editorial 20 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru