• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda : CMI yadukanye indi turufu yo guhimba ibinyoma bigamije guharabika no gusiga icyasha u Rwanda

Uganda : CMI yadukanye indi turufu yo guhimba ibinyoma bigamije guharabika no gusiga icyasha u Rwanda

Editorial 16 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Umubano w’akadasohoka w’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI) n’abagize Umutwe urwanya Leta y’u Rwanda (RNC) uyoborwa na Kayumba Nyamwasa, ukomeje kugarukwaho cyane kubera ibikorwa byo gushimuta Abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo ndetse no gushaka abajya muri uyu mutwe.

Imikoranire ya CMI na RNC, iri mu ibanga ribumbatiye umugambi mubisha wo gushaka icyahungabanya umutekano w’u Rwanda.

Uretse gukingira ikibaba RNC mu bikorwa byo gushaka abajya mu myitozo ya gisirikare, gushimuta Abanyarwanda bakorera muri Uganda no kubakorera iyicarubozo, CMI yadukanye indi turufu yo guhimba ibinyoma bigamije guharabika no gusiga icyasha u Rwanda no kuyobya uburari kuri uwo mubano mubisha ifitanye n’abatavuga rumwe narwo.

Inkuru dukesha ikinyamakuru The Standard cyo muri Kenya ivuga ko uru rwego rw’ubutasi muri Uganda rufite urubuga nsakazamakuru rwitwa ‘Soft Power’ ruyoborwa na Sarah Kagingo, umugore ukora mu Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Uganda.

Uru rubuga ngo runyuzwaho amakuru ya RNC n’abaterankunga bayo, rusohora kandi amakuru mpimbano arimo ibirego bisiga icyasha u Rwanda.

Igice kimwe cy’ibyo birego ni ubwicanyi bw’abantu bakomeye ngo bwakozwe ku bufatanye bwa Polisi ya Uganda n’inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Bivugwa ko ngo umuntu wo mu rwego rw’umutekano rwa Uganda yivugiye ko umugambi w’ubwo bwicanyi wacuriwe i Kigali mu nama yahuje Herbert Muhangi wo muri Polisi ya Uganda n’abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano mu Rwanda.

Ibi ariko biteza urujijo ariyo mpamvu abasesengura politiki yo mu Karere bagaragaza ko niba koko iyo nama yarabayeho, iki kirego cyakabaye gikurikiranwa n’inzego z’umutekano zifite ubutasi bukora neza, kuko ikibazo cy’ubutasi bwo kuri uru rwego kidakemurirwa mu binyamakuru kandi hari inzego z’umutekano zikora neza.

Ibi bibonwa nk’uburyo bwo guhimba ibinyoma no kubishyira mu binyamakuru kuko hari ikindi kintu kibi kibyihishe inyuma.

Abasesenguzi bavuga ko ukuri kw’ibi ngo ari amayeri ya CMI n’abafatanyabikorwa bayo mu gushaka kuyobya uburari bw’inkunga ihabwa RNC, burimo no gukomeza kuyikingira ikibaba ngo ikorere muri Uganda ibikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Muri Uganda, Abanyarwanda benshi bagiye batabwa muri yombi ndetse bagakorerwa iyicarubozo na CMI ifatanyije na RNC, ibi bigashimangira uburyo uyu mutwe ushyigikiwe cyane n’inzego z’umutekano muri icyo gihugu.

Iki kibaba kandi kigaragarira no mu gushaka abajya mu gisirikare cya RNC bikorwa ku mugaragaro cyane cyane mu nkambi z’Abanyarwanda muri Uganda.

Bamwe mu bo muri RNC bazwi muri ibyo bikorwa ni Dr Sam Ruvuma, watawe muri yombi n’inzego z’umutekano za Uganda ariko akarekurwa nyuma y’iminsi mike agasubira mu bikorwa bye. Uwo bareganwaga ndetse n’abandi 43 bafatiwe ku mupaka wa Kikagati, bajyanwe Minembwe muri RDC mu myitozo ya gisirikare bategereje kuburanishwa.

Ibi bikorwa Dr Ruvuma abikorera mu Burengerazuba bwa Uganda, kimwe n’abandi nka Pasiteri Deo Nyirigira, umuhungu we Felix Mwizerwa ndetse na Mugisha Charles Sande. Nyirigira afite urusengero Agape Church i Mbarara rwabaye inzira yo gushaka abajya mu gisirikare cya RNC.

Hari kandi Mukombozi na Kayumba Rugema bo muri RNC bashimuta Abanyarwanda babashinja kutaba muri uyu mutwe.

Mu bandi harimo Sarah Kagingo uyobora ikinyamakuru Soft Power akaba umuntu ufitanye umubano wa hafi na Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, Lt. Gen Henry Tumukunde.

Lt. Col Tumukunde kandi yakunze kuvugwa mu bikorwa byo gukorera iyicarubozo Abanyarwanda bashimuswe ndetse akaba azwiho kugirana umubano ukomeye na Kayumba Nyamwasa.

Nta watandukanya rero RNC na Soft Power kuko ibyo itangaza bibanza kunyuzwa ku mbuga nkoranyambaga za RNC uko byakabaye.

2018-02-16
Editorial

IZINDI NKURU

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Editorial 20 Jun 2018
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare

Editorial 28 Sep 2025
Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru   

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru  

Editorial 28 Sep 2022
Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Editorial 12 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo  y’umupira w’amaguru (Police FC)
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo y’umupira w’amaguru (Police FC)

Editorial 15 Jul 2016
Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo
Amakuru

Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo

Editorial 06 Feb 2022
Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana
Mu Mahanga

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Editorial 09 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru