• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Uganda: Gen Kale Kayihura yamaze gusubiza ibikoresho bya gisilikare yari atunze

Uganda: Gen Kale Kayihura yamaze gusubiza ibikoresho bya gisilikare yari atunze

Editorial 19 Jun 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uwahoze ri umukuru w’Igipolisi cya Uganda, uri mu maboko y’igisirikare arimo gukorwaho iperereza, Gen Kale Kayihura, yamaze gusubiza imbunda yari atunze nk’uko amakuru dukesha Chimpreports avuga. Ese ibi byaba bisobanuye ko atakiri umusirikare wa Uganda?

Kuwa Gatatu ushize nibwo Gen Kale Kayihura yatawe muri yombi ubwo yakurwaga ku ifamu ye iherereye mu Karere ka Lyantonde akajyanwa ku birindiro bya gisirikare bya Entebbe mbere yo kujyanwa mu kigo cya gisirikare cya Makindye, ari naho afungiye.

Kuri uyu wa Kabiri, iki kinyamakuru cyamenye ko Gen Kale Kayihura yatanze imbunda yari atunze zirimo pistol ndetse na radio y’itumanaho yo mu ntoki ya UPDF, ubwo yurizwaga kajugujugu ajyanwa Entebbe.

Umwe mu bantu bo mu muryango we yagize ati: “Gen Kayihura yari afite intwaro yahawe nka General. Yazitanze ubwo yagurutswaga ajya Entebbe.”

Kuri ubu Kayihura arinzwe n’abashinzwe disipuline mu gisirikare (MP) muri imwe mu nyubako zo mu kigo cya gisirikare cya Makindye. Igisirikare kikaba kirinze umutekano we bikomeye aho ari kujyanwa hose muri Kampala nk’uko iyi nkuru ivuga.

Aya makuru yagiye ahagaragara ngo asa nk’anyomoza amakuru ayavugaga ko imbunda zirimo iyakoreshejwe mu kwica AIGP Andrew Kaweesi, zasanzwe zihishe mu rugo rwa Kayihura i Muyenga. Aya makuru akaba anyomozwa n’umwunganizi wa Kayihura mu mategeko uvuga ko ari ibinyoma.

Ubwo ryasabwaga kugira icyo rivuga ku gusaka guherutse kuba mu rugo rwa Kayihura I Muyenga mu cyumweru gishize, Ishyirahamwe ry’abunganizi mu mategeko ryo muri Kampala (KAA) ari naryo ryahawe akazi ko kunganira Kayihura, ryasubije ko nta byinshi ryatangaza kuri ibi.

Bikaba bivugwa ko icyo gihe igisirikare cyajyanye Kayihura iwe mu rugo I Muyenga, kikahamara amasaha menshi abashinzwe iperereza muri polisi bahasaka.

Abo mu muryango wa Kayihura bavuga ko za mudasobwa ngendanwa (laptops), izo ku meza (Desktops), za CD, inyandiko z’umuntu ku giti cye, agendas, iPads n’ibindi bikoresho bya elegitoloniki byatwawe n’abapolisi mu rwego rw’iperereza ryagutse ku mikorere ya Kayihura nk’uwari ukuriye igipolisi.

Mu gihe Gen Kale Kayihura n’ubu agifungiye mu kigo cya gisirikare cya Makindye, biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu, perezida Museveni aza kugeza ijambo ku banyagihugu avuga ku kibazo cy’umutekano muri Uganda.

2018-06-19
Editorial

IZINDI NKURU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Editorial 15 Jul 2019
Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa

Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa

Editorial 17 Nov 2018
Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi

Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi

Editorial 06 Dec 2019
Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Editorial 16 Aug 2021
Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Editorial 15 Jul 2019
Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa

Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa

Editorial 17 Nov 2018
Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi

Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi

Editorial 06 Dec 2019
Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Editorial 16 Aug 2021
Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Editorial 15 Jul 2019
Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa

Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa

Editorial 17 Nov 2018
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Yayeli G.
    June 19, 20185:04 pm -

    Ese habaye iki ko mbona Rushyashya irimo kuvuga kuri Kayihura cyane? Ni ukubera iki da??
    Ahubwo ndabona bijyana ku kuvuga ko arengana iperereza ariyo rigitangira.
    Kandi mwazabona igihuru kibyaye igihunyira. Sinzi ibya Kayihura vraiment!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0
IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0

Editorial 07 Mar 2018
Zambia mu nzira yo kohereza mu Rwanda abasize bakoze jenoside bagahungirayo
POLITIKI

Zambia mu nzira yo kohereza mu Rwanda abasize bakoze jenoside bagahungirayo

Editorial 02 Jul 2017
Polisi iragira inama abaturage kwirinda ubucukuzi  bw’amabuye y’agaciro butemewe
Mu Mahanga

Polisi iragira inama abaturage kwirinda ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe

Editorial 04 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru