• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda havumbuwe ibyobo bihambwamo abanyarwanda bicwa bamaze gukorerwa iyica rubozo

Uganda havumbuwe ibyobo bihambwamo abanyarwanda bicwa bamaze gukorerwa iyica rubozo

Editorial 17 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Hirya no hino muri za  Kasho za Polisi muri Uganda,  ku gice cyegereye u Rwanda, ahitwa Kisoro no mu mujyi wa Kampala, haravugwa ibyobo bijugunywamo abanyarwanda bicwa bamaze gukorerwa iyica rubozi n’inzego z’ubutasi bwa gisilikare CMI.

Ibi byatangajwe n’Abanyarwanda bakomoka mu Karere ka Nyabihu aribo Mukamurenzi Odette, Jean Bosco na Maniradukunda Jean Remmy, bari bafungiye muri kasho y’ahitwa Kisoro, nyuma yo gufatwa bashinjwa kwinjira muri icyo gihugu batabifitiye ibyangombwa.

Maniraguha yagize ati “Benshi bagiye bapfa bishwe n’inkoni, abandi bagiye bapfa bishwe n’imirimo y’agahato, abandi bagiye bapfa bishwe n’indwara batabashije kubona ubuvuzi. Hari benshi bagiye bapfa bishwe n’inkoni, abandi bishwe n’indwara […] abapfuye hari icyobo babahambamo bose bagerekeranye.”

Aho bari bafungiye bahasize abandi banyarwanda benshi badafite uko bazahava, nk’uko babitangarije Radio Rwanda.

Aba banyarwanda batatu, kuri uyu wa Gatanu w’iki cyumweru dusoza nibwo bageze ku mupaka wa Cyanika mu Karere ka Burera nyuma y’igihe kirekire bafungiye muri Uganda, bakorerwa iyicarubozo ndetse bagakoreshwa imirimo y’uburetwa.

Murekatete we ati “Hari n’abagore baba batwite bakabyarira aho bafungiye, abandi bakahapfira.”

Aba baturage bavuga ko ubashije kubona ruswa aha inzego zishinzwe umutekano za Uganda bamurekura agataha, abatabonye iyo ruswa bagakomeza gufungwa no gukorerwa ihohoterwa ritandukanye.

Bavuga ko bafatwa bafite ibyangombwa bakabanza kujyanwa muri kasho. Iyo bagezemo bakoreshwa imirimo ivunanye irimo guhinga, kubumba amatafari no kuyikorera, bamwe bagakorerwa iyicarubozo ribaviramo ubumuga, abandi bagapfa.

Guverinoma y’u Rwanda yasabye gusaba abaturage bayo kutajya muri Uganda kubera impungenge z’umutekano wabo, kugeza igihe ibibazo bihari bizakemukira.

Uretse ibisobanuro ku banyarwanda bahohoterwa, u Rwanda rwanabisabye Uganda ku mitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya ubusugire bwarwo irimo FDLR na RNC ifashwa na Guverinoma ya Uganda mu bikorwa birimo gushaka abayoboke.

Uganda yanasabwe ibisobanuro ku kibazo cy’abanyarwanda bakora ubucuruzi umunsi ku wundi bagendeye ku bwisanzure bugenwa n’amahame y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba ariko bakameneshwa muri Uganda n’ibicuruzwa byabo bigafatirwa nta mpamvu izwi.

2019-03-17
Editorial

IZINDI NKURU

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Editorial 17 Dec 2023
Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Editorial 14 Mar 2022
Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Editorial 29 Jan 2020
Nsabimana Callixte  Sankara yagejejwe imbere y’urukiko aregwa ibyaha  by’iterabobwoba k’ubufasha bwa Uganda n’UBurundi

Nsabimana Callixte  Sankara yagejejwe imbere y’urukiko aregwa ibyaha  by’iterabobwoba k’ubufasha bwa Uganda n’UBurundi

Editorial 23 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kampala : Ushinjwa gukubita no Cwica Umuhanzi  Mowzey Radio yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kampala : Ushinjwa gukubita no Cwica Umuhanzi Mowzey Radio yatawe muri yombi

Editorial 05 Feb 2018
Abapolisi 50 bahuguwe ku gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha
Mu Mahanga

Abapolisi 50 bahuguwe ku gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Editorial 14 Apr 2016
KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1
Mu Rwanda

KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1

Editorial 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru