• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Editorial 09 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Uwahoze ayobora Polisi mu Karere ka Buyende, Assistant Superintendent of Police (ASP) Muhammad Kirumira, yarashwe n’abantu bataramenyekana bagendaga kuri moto, ahita yitaba Imana.

Uyu mugabo waherukaga gusezera mu gipolisi, yarashwe kuri uyu wa Gatandatu ari hafi y’urugo rwe ahitwa Bulenga mu Karere ka Wakiso ubwo yari mu modoka ye ya Toyota Corona.

Yicanwe n’undi mugore byaje gutangazwa ko yitwa Mukyala Ali, wacuruzaga serivisi za Mobile Money hafi aho.

Ababibonye bavuga ko ku mwanya yari yicayemo wagenewe umuntu utwaye imodoka, warashwemo amasasu atanu.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Emilian Kayima yatangaje ko abapolisi bahise boherezwa aho byabereye.

Kirumira yasezeye mu gipolisi mu mwaka ushize, aza kugezwa imbere y’urukiko ashinjwa imitwarire mibi ndetse yamburwa amapeti yari afite.

Arashwe mu gihe muri Uganda ubwicanyi bumaze gufata indi ntera, cyane bugirwamo uruhare n’abantu bagenda kuri moto.

Ni nako byagenze muri Werurwe 2017 ubwo uwari umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Assistant Inspector General of Police (AIGP) Andrew Felix Kaweesi yicwaga arashwe ubwo yavaga iwe mu rugo i Kulambiro mu Mujyi wa Kampala.

Abaturage bararambiwe

Nk’uko Daily Monitor yabitangaje, abaturage benshi bahise bahurura bajya kureba ibibaye.

Saa sita z’ijoro zibura iminota mike nibwo Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yageze aho Kirumira yarasiwe, mu mutekano uhambaye arinzwe n’abasirikare batabarika.

Bamwe mu baturage bateye hejuru bamubwira ko barambiwe uburyo bagenzi babo bakomeje kwicwamo.

Igisirikare cyabanje kubacecekesha, ariko ntibyabuza ko umwe umwe, wumva ajujura ndetse bamwe bagatera hejuru bavuga ko barambiwe igitugu cy’ubuyobozi n’uburyo abantu bafite mazina akomeye bakomeza kwicwa nabi.

Umwe yateye hejuru ati “Mzee, urabibona? Ibi turabirambiwe. Turakurambiwe hamwe n’inzego z’umutekano zawe. Turagira ngo ngo ugire icyo ukora. Ko abantu bari gushira uzayobora iki, igihugu cyambaye ubusa?”

Abasirikare barinda Museveni batatanyije abo bantu, basaba n’abanyamakuru kuzimya camera zabo ndetse n’abari batangiye kwerekana uko icyo gikorwa cyagendaga bahita babihagarika.

Undi mugabo nawe mbere yo gucecekeshwa na polisi yagize ati “Mzee, Kirumira yakubwiye ko bashaka kumwica ariko ntiwigeze umwumva. Se nawe yarakwegereye kuri iyo ngingo ariko uraceceka. Watubwira Perezida wacu uwo ari we niba udashobora guhagarika ubwicanyi mu gihugu uyoboye?”

Nyuma agoye kuhava, Museveni yabasezeyeho ariko bose bumiwe.

Nyuma Perezida Museveni yasohoye itangazo ko inzego z’umutekano zigiye gukora ibishoboka mu guhangana n’ubu bwicanyi bwa hato na hato, no kugira ngo abishe Kirumira bamenyekane.

2018-09-09
Editorial

IZINDI NKURU

Leta ya Kongo yongeye gusinya amasezerano yo gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda, ibizi neza itazayashyira mu bikorwa.

Leta ya Kongo yongeye gusinya amasezerano yo gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda, ibizi neza itazayashyira mu bikorwa.

Editorial 16 May 2023
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Editorial 27 May 2021
Perezida Kagame yashimangiye  ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa

Perezida Kagame yashimangiye ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa

Editorial 17 Nov 2018
Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15

Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15

Editorial 16 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akavuyo mu miryango mpuzamahanga ikorera mu Burundi kubera iturufu y’amoko mu kugena abakozi
ITOHOZA

Akavuyo mu miryango mpuzamahanga ikorera mu Burundi kubera iturufu y’amoko mu kugena abakozi

Editorial 24 Jan 2019
Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero
Mu Rwanda

Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero

Editorial 30 Jul 2017
Amavubi yatsindiwe muri Guinée yatahanye isoni ku maso
IMIKINO

Amavubi yatsindiwe muri Guinée yatahanye isoni ku maso

Editorial 14 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru