• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Kubera imyenda yabeshye ko yashimuswe ngo abone ayo yishyura

Uganda: Kubera imyenda yabeshye ko yashimuswe ngo abone ayo yishyura

Editorial 22 May 2018 Mu Mahanga

Kuri uyu wa Mbere Police ya Uganda ikorera ahitwa Katwe yafashe umugore w’imyaka 27 witwa Grace Kyomisire nyuma y’uko imenye amakuru y’uko yabeshyaga benewabo ko hari abamushimuse bari kwaka ingurane. Ngo yabikoze kubera imyenda myinshi yari afite.

Umuvugizi wa Police muri kariya gace witwa Owoyosigire abwiye The Minitor ko Kyomisire yashakaga kuzafata ku mafaranga yari buzatangwe n’ingurane ye akayishyura imyenda yarimo abantu.

Ati: “Ibyago bye ni uko amayeri ye ntacyo yagezeho. Yageze naho abeshya ko bagiye kumwica kandi ko ari kure bityo ko amafaranga bazatanga azafasha mu gucyura umubiri ugashyingurwa mu cyubahiro.”

Police ivuga ko umuryango w’uriya mugore ukimara kubona ariya makuru wagize amakenga uhita uibwira Police ngo itangire gukurikirana.

 Inshuti ye niyo yatumye Police imufata.

 Umwe mu nshuti ze za hafi yasabwe na Police kumuhamagara bagahana gahunda y’aho bari buhurire bagasangira agacupa.Bemeranyijwe kuza guhurira ahitwa Mega Standard Supermarket.

Yaraje ahasanga mugenzi we yamutegereje batumiza icyo kunywa hashize nk’iminota 30 Police iraza imuta muri yombi , imujyana kumufungira ahitwa Katwe mu murwa mukuru, Kampala.

Mu mezi abiri gusa abagore bane bo muri Uganda bamaze gufungwa bazira kubeshya ko bafashwe bunyago.

Umugore witwa Meloni Nabaasa w’imyaka 45 wo muri Kaberebere muri Isingiro nawe yarafashwe arafungwa azira kubeshya ko hari abamushimuse bakaba bashaka miliyoni 3.5 Ugsh

Taliki 08, Gicurasi, 2018 undi mukobwa w’imyaka 19 yabeshye Nyina ko hari abamufashe bunyago bakaba barashakaga amafaranga.

Uwo mukobwa uvugwaho ibyo witwa Peace Ansiimirwe yagize mu rukiko ari kumwe n’umukunzi we witwa Julius Atwebembirebefore ahakana ibyo ashinjwa.

Taliki 15 Mata, 2018 undi mukobwa witwa Mariam Uwase w’imyaka 21 nawe yabeshye umukunzi we ko hari abamushimuse bashaka amaafaranga ngo bamurekure

2018-05-22
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Editorial 01 Jan 2016
Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Editorial 12 Dec 2022
Mu gihe Perezida Tshisekedi ahakana gukorana na FDLR inzego z’ubutasi bw’u Rwanda zamuhaye ibimenyetso simusiga

Mu gihe Perezida Tshisekedi ahakana gukorana na FDLR inzego z’ubutasi bw’u Rwanda zamuhaye ibimenyetso simusiga

Editorial 14 Mar 2023
Abapolisi bahuguwe ku buringanire bugamije iterambere rirambye

Abapolisi bahuguwe ku buringanire bugamije iterambere rirambye

Editorial 03 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta
UBUKUNGU

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Editorial 18 Jan 2017
Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura
Mu Rwanda

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Editorial 05 Sep 2017
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Editorial 26 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru