• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Polisi yahagarikiwe ibiryo kubera kutishyura abayigemurira kuva muri 2015

Uganda: Polisi yahagarikiwe ibiryo kubera kutishyura abayigemurira kuva muri 2015

Editorial 01 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Bitewe n’umwenda ugera kuri miliyari Shs 33 Polisi ya Uganda itishyuye abayigemuriraga ibiribwa guhera muri 2015, ibigo byayigemuriraga ibiribwa byafashe umwanzuro wo guhagarika amasezerano bari bafitanye.

Ibyo biribwa birimo ibishyimbo n’isukari. Igipolisi ngo nticyishyura uko bikwiye kubera ko kiri mu bibazo by’ubukene bukabije.

Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, General Kale Kayihura, yasabye Minisitiri w’Umutekano, Gen Jeje Odong ko yabasabira Guverinoma ikabishyurira amadeni bafite agera kuri miliyari 125.9 z’ama-shilling.

Nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Daily Monitor, igipolisi cya Uganda ngo kiri mu bihe bikomeye by’amikoro, ku buryo ibikorwa bimwe na bimwe birarimo gukorwa uko bikwiye.

Umuyobozi wa Polisi ya Uganda Gen Kayihura yavuze ko bari gushaka uburyo bakwihaza mu biribwa, bagatangira umushinga wo guhinga ibyo barya.

Yagize ati “Nk’urugero dufata amadeni mu kugura ibiribwa. Tugomba kugira uburyo bwo guhinga ibiribwa byacu nk’uko za gereza zibikora ariko tukagira n’ibindi bikorwa bitwinjiriza amafaranga.”

Nyuma yo guhagarika kugemurira ibiribwa Polisi ya Uganda, abacuruzi batangaje ko nibatishyurwa mu kwezi kumwe bazitabaza Inteko Ishinga Amategeko bishyurwe bwangu, kuko bagiranye inama nyinshi n’ubuyobozi bwa Polisi ariko ibyemejwe ntibyubahirizwe.

Polisi ya Uganda ifite imyenda irebana na fagitire z’amashanyarazi, amazi, ibiribwa, amavuta y’imodoka udasize ibiribwa, kandi iryo deni ryagiye rizamuka cyane guhera mu 2010. Mu 2013 byabarwaga ko ideni rya Polisi ringana na miliyari 38.4, ariko muri Mutarama 2018 ryamaze kwikuba hafi inshuro enye kuko rigeze kuri miliyari 125.9 z’ama- Shilling.

Minisiteri y’Imari muri Uganda iheruka gutanga amabwiriza ku nzego zose ko zakora ibishoboka byose zikishyura amadeni, aho nibura buri gihembwe hatangwa miliyari 10 z’ama- Shilling agenewe kwishyura imyenda. Gusa ngo mbere y’uko igihembwe kirangira haba hafashwe amadeni atagira ingano.

Minisitiri Odong ku wa Mbere yemeje ko afitanye inama na Minisitiri w’Imari muri Uganda, Matia Kasaija, ngo harebwe uburyo igipolisi cya Uganda cyafashwa.

 

2018-03-01
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwafunguriye amarembo ibihugu by’isi yose

U Rwanda rwafunguriye amarembo ibihugu by’isi yose

Editorial 16 Nov 2017
Musanze : Perezida Kagame aribaza impamvu ibibazo bimara igihe bivugwa ariko ntibikemurwe

Musanze : Perezida Kagame aribaza impamvu ibibazo bimara igihe bivugwa ariko ntibikemurwe

Editorial 09 May 2019
Perezida Kagame azafungura ku mugaragaro Stade Amahoro hakimwa umukino uzahuza APR na Police

Perezida Kagame azafungura ku mugaragaro Stade Amahoro hakimwa umukino uzahuza APR na Police

Editorial 30 Jun 2024
U Rwanda rwongeye kuza ku mwanya wa  mbere mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba mu gukumira no kurwanya  ruswa n’akarengane, ruza ku mwanya wa 4 muri Afrika yose!

U Rwanda rwongeye kuza ku mwanya wa  mbere mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba mu gukumira no kurwanya  ruswa n’akarengane, ruza ku mwanya wa 4 muri Afrika yose!

Editorial 28 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa
POLITIKI

Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa

Editorial 21 Apr 2017
Trump yagiranye ibiganiro na Kim Kardashian ku ivugururwa ry’itegeko rigenga gereza
HIRYA NO HINO

Trump yagiranye ibiganiro na Kim Kardashian ku ivugururwa ry’itegeko rigenga gereza

Editorial 31 May 2018
Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi
INKURU NYAMUKURU

Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi

Editorial 14 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru