• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Rene Rutagungira yitabaje Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Uganda: Rene Rutagungira yitabaje Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Ubwanditsi 10 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda, Rene Rutagungira, umwe mu bantu 9 barimo abapolisi bakuru ba Uganda bakurikiranweho icyaha cyo gushimuta Abanyarwanda babiri imbere y’Urukiko rwa Gisirikare rwa Makindye muri Kampala, yasabye ko umugaba mukuru w’ingabo za UPDF, Gen. Muhoozi, yagira icyo akora ku burenganzira bwe avuga ko bwakomeje guhonyorwa kuva yatabwa muri yombi.

Mu ibaruwa yo kuwa 07 Ukuboza 2017, Rutagungira yanyujije ku mwunganizi we, Eron Kiiza, avugamo ko amaze mezi asaga atatu muri kasho ya gisirikare ariko agenda akorerwa iyicarubozo mu buryo butandukanye.

Anavugamo ko iki kibazo yagerageje kukivugira mu rukiko rwa gisirikare ariko agacecekeshwa.

Iyi baruwa ya Rutagungira kopi yayo yahawe inzego zitandukanye zirimo ibiro bya perezida, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, Ambasade y’u Rwanda I Kampala, minisitiri w’ingabo, Intumwa Nkuru ya leta ndetse na perezida w’ihuriro ry’abanyamategeko muri Uganda.

Rutagungira akaba avuga ko urukiko rwari rukwiye guha agaciro impungenge ze kuko inkiko zibereyeho kurinda uburenganzira bw’abaturage.

Rene Rutagungira

Umwunganizi we mu mategeko, Eron Kiiza akaba agira ati: “Niba ushinjwa adashobora kubwira urukiko rukuru rwa gisirikare ko yakorewe iyicarubozo kandi urwo rukiko ari narwo rumuburanisha, ni inde yabwira?”

Kuwa 04 Ukuboza nibwo uru rukiko rwasubitse kumva ubusabe bw’abaregwa bwo gukurikiranwa bari hanze batanze ingurane rubyimurira ku munsi wagombaga gukurikira.

Ariko nk’uko byemezwa na Kiiza, ngo ubwo bagarukaga mu rukiko akagerageza gutanga ikibazo kuri iri yicarubozo umukiriya we akorerwa, ngo yatunguwe no kumva asabwa ko mu byo avuga atagomba kuzanamo ibirego by’iyicarubozo cyangwa gufungwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Kiiza akomeza avuga ko yabwiwe ko ibyo birego by’iyicarubozo bikwiye kugezwa kuri minisitiri w’umutekano, Gen. Henry Tumukunde, Umukuru w’urwego rw’ubutasi mu gisirikare (CMI), Brig. Abel Kandiho, Capt. David Agaba, n’abandi bayobozi ba gisirikare kandi ko ibyo bishobora kuzana umwuka mubi mu mibanire n’abayobozi bakuru b’igihugu cy’igituranyi nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ivuga.

Maj. Gen David Muhoozi, umugaba mukuru wa UPDF

Aha akaba ari ho Rene Rutagungira yashingiye abinyujije ku mwunganizi we, akitabaza umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Gen. David Muhoozi ngo agire icyo akora ahabwe ubutabera.

Mu cyumweru gishize, nibwo babiri bareganwa na Rutagungira b’abapolisi, SSP Nixon Agasirwe na CP Joel Aguma, basabye urukiko gufungurwa bagakurikiranwa bari hanze, ariko urukiko rwimurira kumva ubusabe bwabo kuwa 12 Ukuboza hagati aho bakaba bagomba kuguma muri kasho.

2017-12-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Uganda: Depite Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yongeye kwibasira Perezida Museveni

Uganda: Depite Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yongeye kwibasira Perezida Museveni

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Ubwanditsi 26 Dec 2024
Congo: Ibiro by’itora bisaga 1,000 byafunzwe habura iminsi 2 ngo amatora abe

Congo: Ibiro by’itora bisaga 1,000 byafunzwe habura iminsi 2 ngo amatora abe

Ubwanditsi 28 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro
IMIKINO

Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro

Ubwanditsi 07 Jan 2016
Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club
Amakuru

Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Ubwanditsi 17 Jul 2025
Ramazani Shadary ni we Kabila yatanze nk’uwamusimbura
POLITIKI

Ramazani Shadary ni we Kabila yatanze nk’uwamusimbura

Ubwanditsi 08 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru