• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Editorial 20 May 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ikoranabuhanga ya Uganda, Idah Nantaba, arashinja abashinzwe inzego zishinzwe kubungabunga umutekano kwica abayobozi banyuranye, hakabeshyerwa inyeshyamba umutwe wa ADF.

Imbere y’itorero ry’abadivantiste b’umunsi wa karindwi,  mu rusengero rwa  Bukolooto mu mujyi wa Kayunga, Nantaba yagize ati  “ Ukuri ni uko abo bicanyi bari mu nzego z’umutekano no muri guverinoma.”

Uyu muministiri yavuze ko aba bicanyi bari kurasa abantu bakomeye muri Uganda, na bo bakomeye kandi badakorwaho muri politique ya Uganda kuko bari mu nzego zo hejuru za guverinoma no muri Leta muri rusange.
Madame Nantaba yavuze ko nk’abanya-Uganda bafite ibibazo birenga ibihumbi 10 byo kwibaza ku uhitamo ko Umuganda wo kwicwa nk’inkoko. Ati “ nari ngiye gukurikiraho, ariko Imana ikinga akaboko.”

Aha Nantaba yakomozaga ku byabaye taliki ya 24  Werurwe 2019, ubwo polisi yarasaga ikica Ronald Ssebulime ku birego bifitanye isano n’uyu muministiri.

Polisi yaje kuvuga ko uwarashwe, yari afite intwaro arasana na polisi. Polisi kandi yemeza ko abofisiye bayo bishe umupfakazi w’imyaka 40, wari utuye mu karere ka Wakiso, agiye gusura abakobwa be babiri biga mu ishuri ryisumbuye ryitirirwe mutagatifu andre i Kabimbiri  mu karere ka Kayunga.

Ntibiramenyekana niba Nantaba, umudepute w’umugore uhagarariye akarere ka Kayunga, wananenze cyane ubwicanyi bwa Ssebulime, niba hari icyo yatangarije polisi kuri ubu bwicanyi nyuma yo kutitaba bwa mbere, akavuga ko perezida Museveni yamusabye kuguma iwe mu rugo.

Image result for Madame Nantaba

Uyu mugore uba no mu idini ry’abadiventiste, yasutse amarira hasi avuga ko uwari ugiye kumwica yagororewe kuzamurwa mu ntera, gusa yirinda kuvuga amazina.

Fred Enanga, uvugira Polisi ya Uganda, yavuze ko nta kirego na kimwe yakiriye cy’uyu muministiri,  agaragaza ko haba hari abashatse kumwica, amusaba ko yareka kubinyuza mu itangazamakuru ahubwo akandika ikirego.

Abayobozi bakomeye muri Uganda, bamaze iminsi baraswa. Nka Ibrahim Abiriga wari umudepute wa Arua na Muhammad Kirumira  wahoze ari umuyobozi wa polisi y’akarere ka Buyende bishwe barashwe mu mwaka ushize, bikavugwa ko ababishe bagenderaga kuri za moto bagahita batoroka.

Abandi bishwe ni uwari umushinjacyaha mukuru wa Leta, Joan Kagezi, uwahoze avugira polisi, Andrew Kawees, Maj Muhammed Kiggundu wari warasezerewe mu ngabo n’abandi bayisilamu bagera muri 12.

Nantaba yavuze ko yitabiriye amasengesho ngo avuge ukuri, kuko amaze iminsi myinshi yihisha kandi abanzi be bari gukoresha itangazamakuru bayobya uburari nk’uko barashe Ssebulime babeshya ko yari agiye kumwica.

Nantaba yavuze ko yafashe umwanzuro wo kwitabira amasengesho kuko azi igihe bazamwicira, akazajya mu ijuru.

On October 10, police manhandled and in the

2019-05-20
Editorial

IZINDI NKURU

Uwari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,  Lt Gen Jacques Musemakweli yitabye Imana

Uwari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda,  Lt Gen Jacques Musemakweli yitabye Imana

Editorial 12 Feb 2021
Ibyo muri ya ‘’guverinoma‘’ ya Padiri Nahimana imbwa zabirwaniyemo!

Ibyo muri ya ‘’guverinoma‘’ ya Padiri Nahimana imbwa zabirwaniyemo!

Editorial 28 Feb 2023
Amnesty International yamaganye ibyo kohereza mu bindi bihugu, abimukira bazaturuka muri Israel

Amnesty International yamaganye ibyo kohereza mu bindi bihugu, abimukira bazaturuka muri Israel

Editorial 01 Apr 2018
Police Handball Club yashimangiye ubudahangarwa bwayo itsinda ES Kigoma

Police Handball Club yashimangiye ubudahangarwa bwayo itsinda ES Kigoma

Editorial 31 May 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    May 26, 20196:47 pm -

    Nibyo koko ADF-NALU yitirirwa byinshi muri Uganda kandi itabikoze.

    Ariko nubwo Leta iyibeshyera nayo siyo iba yabikoze ahubwo itinya kuvuga uwabikoze kugira ngo abaturage batayitakariza ikizere.

    Naho ubundi abishe Joan Kagezi, Andrew Kaweesi na Hon Abiriga, yemwe n’abandi benshi Leta ya Uganda yarangije kubamenya ndetse ifunga uwari ukuriye ubwo bwicanyi. Kuva yafungwa umutekano usa nk’uwagarutse mu gihugu.

    Subiza

Leave a Reply to Dieudonne Hakizayezu Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

A reflection on the 11th Resolution of the Cabinet Retreat: Long term saving for all Rwandans
Mu Mahanga

A reflection on the 11th Resolution of the Cabinet Retreat: Long term saving for all Rwandans

Editorial 05 Apr 2016
Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo  ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda
ITOHOZA

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Editorial 21 Feb 2017
Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus
HIRYA NO HINO

Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Editorial 16 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru