• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Mu Mazi Abira Kubera Gen Kayihura
Umukuru wa ISO, Col Kaka Bagyenda na Gen Kale Kayihura

Uganda: Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Mu Mazi Abira Kubera Gen Kayihura

Editorial 04 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yategetse ko hakorwa irindi perereza ku kuba haba harimo guhimbwa ibimenyetso byo gucisha igihanga uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen Kale Kayihura.

Ibi bikaba bije nyuma y’iperereza rihuriweho ryagaragaje ko amagambo yavugiwe kuri telephone Urwego rushinzwe Umutekano Imbere mu Gihugu (ISO) rushaka kwifashisha kugirango Gen Kayihura ashinjwe uruhare mu rupfu rwa AIGP Andrew Kaweesi ari ibihimbano.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru mu minsi ishize kikaba cyaragaragaje ukuntu amajwi atandukanye ya Gen Kayihura n’uwahoze ari umuyobozi w’umutwe wa Flying Squad, Herbert Muhangi, mu bihe bitandukanye, yaba yarakorewe editing. Ayo majwi akaba ari nayo yahawe perezida Museveni ategeka guta muri yombi Kayihura.

Biravugwa ko ijambo bivugwa ko Gen Kayihura yavuze nyuma yo kubwirwa ko Kaweesi agira ati: “Thank You”, ngo ryaba ryarakuwe mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru yakoreye aho Kaweesi yari amaze kwicirwa.

Kuri ubu, ngo perezida Museveni yaba ashaka kumenya mu buryo bwumvikana iki kibazo cyo gushaka gushyirishamo Kayihura n’umuntu waba ushaka kumushyira hasi. Umwe mu bayobozi baganiriye n’iki kinyamakuru akaba yavuze ko perezida ashaka ibisubizo bitarenze iki cyumweru.

Umwe mu bunganizi ba Gen Kale Kayihura witwa Jet Tumwebaze yari aherutse kubwira itangazamakuru ko kuva ibi bibazo byatangira urwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO)  rwakunze guhimba ibimenyetso kandi bihangayikishije Kayihura.

Icyo gihe uyu munyamategeko yagize ati: “Twasabye inzego z’ubutasi kujugunya ibi bimenyetso ariko ibindi biri gucurwa buri munsi. Gen Kale Kayihura yizeye igisirikare mu gukemura iki kibazo, yizeye ko abantu bakoranaga nawe ari abahanga kandi bashobora kubikemura.”

Uyu munyamategeko yakomeje avuga ko ISO idahimba ibimenyetso bishyirishamo Kayihura ahubwo hari n’ibinyamakuru yishyura ngo ikwirakwize ibyo bimenyetso.

Na mbere y’uko Gen Kayihura atabwa muri yombi, inshuti ze zo mu nzego zo hejuru zamubwiye ko zirimo kubazwa n’inzego z’umutekano ku mubano wabo. Ibi ngo bikaba bigaragaza ukuntu Kayihura yagenzweho kuva kera cyane cyane kuva yakongera kugirirwa icyizere cyo gukomeza kuyobora igipolisi iminsi itatu mbere y’uko Kaweesi yicwa mu 2017.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko abayobozi babwiye Chimpreports ko kubera kubura ibimenyetso byizewe bishinja Kayihura kuri ubu umwuka uteri mwiza muri ISO, aho abakozi bayo nabo bakekwa ko baba bagiye gutabwa muri yombi bagafasha mu iperereza rishya.

 

2018-08-04
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yaciriye amarenga Ingabire Victoire ko imyitwarire ye ishobora kumusubiza muri gereza

Perezida Kagame yaciriye amarenga Ingabire Victoire ko imyitwarire ye ishobora kumusubiza muri gereza

Editorial 19 Sep 2018
Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Editorial 30 Nov 2023
Urupfu rwa Mudacumura rwaba rugiye kugarura agahenge mu burasirazuba bwa Kongo

Urupfu rwa Mudacumura rwaba rugiye kugarura agahenge mu burasirazuba bwa Kongo

Editorial 18 Sep 2019
Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Editorial 28 Oct 2019

2 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    August 6, 20181:05 pm -

    REKA IKINYOMA, AMATIKU NO KWICINYA ICARA UKORERA ICITSO CANYU PROPAGANDE YUBUJIJI, IBYO

    MUVUGA TWESE TUZIKO MURI KUVUGIRA ABABATUMYE SIBYO, MUJYE MUTUBWIRA UKURI KUKO TUZI

    UBWENGE BWO GUSHISHOZA!!!NIMBA HARI GUKORWA IPEREREZA NTIBIVUGAKO HARI ABARI MUMAZI

    ABIRA!!! MUSEVENI ARABAZI KUKO MWAKORANYE IBIBI BYINSHI MU KARERE MUMENA HAMWE

    AMARASO MENSHI RERO NTACYO MWAMUBESHYA NTANAHO MWAMUCA MUREKE KWICISHA IBYO

    BYITSO BYANYU MWOHEREZA MUBINDI BIHUGU KUMENA AMARASO HARIMWO ICYITSO KAYIHURA

    CYABABUJIJE AMAHORO NKUKO MUDASIBA KUBYEREKANA MUBYO MWANDIKA!!

    Subiza
  2. nkunda
    August 7, 20184:07 pm -

    Maombi cyangwa mavumbi Impamvu uhakana nuko usoma ikinyamakuru byo murwand agusa kubera kutiga. Iyi nkuru yasohowe bwambere nikinyamakuru cya Uganda kandi kuko utazi icyongereza ntiwagisoma. kuba rero bagiye kureba abahimbira abantu ibinyoma urumva udagazwe muziruka muruhe!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – APR FC yasuye abarwayi barwariye mu bitaro bya CHUK ibategurira amafunguro
Amakuru

Amafoto – APR FC yasuye abarwayi barwariye mu bitaro bya CHUK ibategurira amafunguro

Editorial 23 Jun 2023
Uganda: Haravugwa iyicwarubozo rya bamwe mu bayobozi nyuma y’urupfu rwa AIGP Kaweesi
ITOHOZA

Uganda: Haravugwa iyicwarubozo rya bamwe mu bayobozi nyuma y’urupfu rwa AIGP Kaweesi

Editorial 17 Apr 2017
Kigali: Urubanza rwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi rwasubitswe
ITOHOZA

Kigali: Urubanza rwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi rwasubitswe

Editorial 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru