• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa

Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa

Editorial 12 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Ibyumweru bikeya mbere y’uko perezida Museveni ategeka ihagarikwa rya  bamwe mu bapolisi bakuru, inzego z’ubutasi ngo zari zamuburiye ko ashobora kwicwa.

Mu mpera z’umwaka ushize nibwo perezida Museveni yategetse itsinda ryari riyobowe n’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare (CMI), guhagarika, guhata ibibazo no gufunga abapolisi benshi barimo uwari ukuriye ibikorwa bidasanzwe bya polisi, Nickson Agasirwe na Noel Aguma.

Abandi bapolisi benshi bo mu mutwe uzwi nka Police Flying Squad nabo batawe muri yombi.

Igisirikare nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports, cyakomereje ku guta muri yombi umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abatwara moto ryari rizwiho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi ryitwa Boda Boda 2010 witwa Abdallah Kittata.

Abayobozi bavuganye n’iki kinyamakuru bakibwiye ko perezida Museveni yari yabonye amakuru yamugaragarizaga ko atagize icyo akora ku banyabyaha bari mu gipolisi no muri Boda Boda 2010, bari no kuzamugeraho.

Umwe muri aba bayobozi yagize ati: “Twageze aho abagizi ba nabi muri Boda Boda bashoboraga kwihindura nk’abafana bagatega igico perezida ari mu nzira ajya cyangwa ava Entebbe, bamusaba kwita ku mpungenge zabo.”

Ikintu gitangaje ngo cyagaragaye, n’uko ubwo igisirikare cyateraga icyicaro cya Boda Boda 2010, hari imbunda cyahafatiye.

Uyu muyobozi ati: “Mu gihe tutaramenya neza ko nta kintu kibi bari bagambiriye, abayobozi ba Boda Boda 2010 ntibazava muri gereza. Bagomba kwiregura mu rukiko basobanura ukuntu babonye imbunda n’icyo zari gukoreshwa.”

Nixon Agasirwe kuri ubu uri mu maboko y’ubutabera

Umusesenguzi utifuje ko imyirondoro ye ijya ahagaragara, yavuze ko umuyobozi wa Boda Boda 2010, Kittata ndetse n’umupolisi Nixon Agasirwe ari abantu bize nabi kandi bateye ubwoba.

Ati: “Iyo uhaye abantu batize ububasha bwinshi n’imbunda, ntabwo bitwara bitandukanye na gato na Idi Amin. Ni yo mpamvu bishoye mu bikorwa by’iyicarubozo n’ubwicanyi. Ntushobora kwirengagiza gushoboka ko gukuraho perezida.”

Bivugwa ko ubusanzwe Igipolisi cya Uganda kiba gifite amakuru y’aho perezida aba agomba kujya kuko ari cyo kibungabunga umutekano mu nzira akoresha ajya cyangwa ava ku kazi cyangwa yagiye mu byaro.

Perezida Museveni akaba aherutse kwirukana minisitiri w’umutekano, Henry Tumukunde n’umukuru w’igipolisi, Gen. Kale Kayihura. Iyirukanwa ry’aba ahanini rikaba ngo ryaratewe no kuba bari bafitanye ubwumvikane bukeya bwatumaga inzego z’umutekano zituzuzanya.

2018-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda

Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda

Editorial 25 Sep 2019
Uwahoze ari Maneko  mu gisirikare cy’u Burundi  aragaragaza  ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Uwahoze ari Maneko mu gisirikare cy’u Burundi aragaragaza ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Editorial 09 Jan 2018
Rusesabagina Paul siwe wenyine wo muri FLN uri kuburanishwa: Umushinjacyaha Mukuru

Rusesabagina Paul siwe wenyine wo muri FLN uri kuburanishwa: Umushinjacyaha Mukuru

Editorial 05 Oct 2020
Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Editorial 25 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikinyamakuru The New York Times cyikomye Trump wita abanyamakuru abanzi b’abaturage
HIRYA NO HINO

Ikinyamakuru The New York Times cyikomye Trump wita abanyamakuru abanzi b’abaturage

Editorial 30 Jul 2018
Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique
Amakuru

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Editorial 18 Nov 2024
Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe  inka n’inyana yayo
INKURU NYAMUKURU

Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe inka n’inyana yayo

Editorial 26 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru