• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha

Uganda yarekuye Mutarindwa, imutegeka kujya yitaba ubushinjacyaha

Editorial 31 Mar 2020 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Urwego rushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, CMI, rwarekuye Umunyarwanda Mutarindwa Ronald, watawe muri yombi tariki 21 Werurwe 2020, ubwo yari kunywa icyayi muri Café Javas i Lugogo i Kampala.

Mutarindwa yarekuwe nyuma yuko umwunganizi mu by’amategeko yemeye gutanga abishingizi babiri; nubwo uyu mugabo hataragaragazwa ibyaha ashinjwa, yasabwe kuzajya yitaba ubushinjacyaha.

Umuvandimwe wa Mutarindwa yatangaje ko nk’Umuryango bishimiye kuba yarekuwe.

Ati “Turashimira cyane Leta y’u Rwanda uburyo yafashije ngo umuvandimwe wacu arekurwe, ubu ntabwo bamurekuye burundu bazakomeza bakore iperereza ryabo, ariko bamubwiye ko azitaba tariki 4 Mata uyu mwaka.”

Mutarindwa yakoze mu bigo bitandukanye mu Rwanda harimo Sosiyete y’Itumanaho ya MTN, Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), akaba ari n’Umunyamuryango w’Ikigo gishinzwe guteza imbere Umwuga w’Ibaruramari mu Rwanda (iCPAR), dore ko ari umubaruramari.

Amaze gukora muri ibi bigo, yatangiye kwikorera ariko nyuma aza kwerekeza i Kampala gukomeza gushaka ubuzima, ariko ajyayo mu gihe u Rwanda rwari rutarabwira abaturage barwo guhagarika kujya muri iki gihugu.

Ubwo yatabwaga muri yombi, umuvandimwe we yavuze ko “Kuva icyo gihe yabaga i Kampala, aho yari acumbitse, ku wa 21 Werurwe nibwo yagiye mu mujyi gushaka ibyo agura nyuma y’aho icyorezo cya Coronavirus cyari kimaze kwaduka abantu batangiye kugura ibintu, kubera ko ari umuntu wakundaga kunywa icyayi, yagiye kuri restaurant hashize akanya haza CMI bamubwira ko bashaka kuvugana nawe, batangiye kumukubita barangije bamutwara kuri CMI i Kampala.”

Uyu muvandimwe yavuze ko nk’umuryango batigeze bamenya ibyabaye kuri Mutarindwa, gusa bakomeje kugerageza nimero ye bumva itariho ari nabwo bagize impungenge.

Yavuze ko abavandimwe baba i Kampala, batangiye kumushakisha mu mujyi ngo barebe ko hari abamwishe ariko ntibamuca iryera.

Ku wa 25 Werurwe, CMI ngo yafashe Mutarindwa imushyira mu modoka imujyana aho yari acumbitse, abakozi bayo basaka inzu abamo ariko ntibagira icyo babonamo, nyuma bongera kumusubiza aho afungiye.

Yavuze ko abafunze Mutarindwa baje kumwemerera kuvugana n’abavandimwe be, ababwira uko yafashwe.

Yagize ati “Kugeza ubu ntibaravuga icyo bamushinja kuko nibwo bakimufata, gusa dufite impungenge ku buzima bwe kuko asanzwe arwara diabète n’umuvuduko w’amaraso, urumva ko batangiye kumuhohotera ashobora no gupfa.”

Umuvandimwe wa Mutarindwa yavuze ko bibabaje kuba harabaye inama i Gatuna igahuza abakuru b’ibihugu byombi, Uganda ikemera ko igiye guhagarika ibikorwa bibangamira Abanyarwanda ariko ikaba ikomeje kutabyubahiriza.

Uganda yafashe Mutarindwa mu gihe mu nama ya Gatuna, yari yahawe igihe cyo kurekura Abanyarwanda yafashe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse igakora iperereza ku bikorwa by’imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya u Rwanda ikorera ku butaka bw’icyo gihugu.

Mu kiganiro aheruka kugirana n’itangazamakuru, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ushinzwe EAC, Amb. Nduhungirehe Olivier, yavuze ko kubera COVID-19, Uganda yahawe igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna.

2020-03-31
Editorial

IZINDI NKURU

Kanye West na Kim Kardashian bari kubarizwa muri Uganda

Kanye West na Kim Kardashian bari kubarizwa muri Uganda

Editorial 14 Oct 2018
UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro

UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro

Editorial 08 Jun 2016
Burundi: Abaturage 250 barasaba ingurane y’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta

Burundi: Abaturage 250 barasaba ingurane y’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta

Editorial 17 Jan 2018
Meghan n’Igikomangoma Harry bagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kurushinga (Amafoto)

Meghan n’Igikomangoma Harry bagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kurushinga (Amafoto)

Editorial 24 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa
ITOHOZA

Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa

Editorial 05 Nov 2017
Umuhanzi  Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Editorial 27 Mar 2018
Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo
ITOHOZA

Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Editorial 31 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru