• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro, Umugome Emmanuel ABAYISENGA yasabiwe kwirukanwa mu Bufaransa ntibyahabwa agaciro, none abituye kwica umupadiri wamukingiye ikibaba

Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro, Umugome Emmanuel ABAYISENGA yasabiwe kwirukanwa mu Bufaransa ntibyahabwa agaciro, none abituye kwica umupadiri wamukingiye ikibaba

Editorial 10 Aug 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Emmanuel ABAYISENGA ni Umunyarwanda ukomoka ku mubyeyi wijanditse muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Nubwo ise yari umusiviri, yari yaratojwe mu Nterahamwe, yica Abatutsi batabarika.

Amakuru avuga ko yaje kugwa mu gitero we na bagenzi be bagabye ngo bagiye gukumira ingabo z’Inkotanyi. Burya rero ngo “uwiba ahetse aba yigisha uri mu mugongo”, kuko Abayisenga Emmanuel yakuranye ubwicanyi akomora kuri se, dore ko muw’1994 yari ingimbi y’ imyaka 15 y’amavuko.

Mu mwaka w’2004, Emmanuel Abayisenga yinjiye muri bugenzacyaha bw’uRwanda, ariko imyitwarire idahwitse ntiyatuma atindamo. Nguko uko yatangiye kurorongotana, kugeza ageze mu Bufaransa, ndetse muw’2013 atangira gusaba ibyangombwa bimwemerera gutura muri icyo gihugu. Arinze akora amahano atarabona ibyo bya ngombwa, ariko bitamubuza kwidegembya kimwe n’abandi bagizi ba nabi bibera mu Bufaransa nta nkomyi.

Akigera mu Bufaransa, Emmanuel Abayisenga we yahise anakiranwa yombi, “Abihaye Imana” bo mu muryango w’abamisiyoneri bitwa “Monforttains de Saint-Laurent-Sur-Sèvre, bamugira umwana mu rugo, ushinzwe gukinga no gukingura ibyumba byose, harimo n’ahabikwa amaturo!

“Nyakibi rero burya koko ntirara bushyitsi”. Nyuma y’imyaka mike Emmanuel Abayisenga yatangiye kugaragaza ko atari umwiga mu bugome, maze muri Nyakanga 2020 ashumika Katedarari ya Nantes. Yaje gufungwa igihe cy’amezi 10, afunguwe muri Gicurasi uyu mwaka ubucamanza bumusabira kwirukanwa ku butaka bw’Ubufaransa, bivuze ko yagombye kuba yarasubiye aho yavuye, mu Rwanda.

Iki cyemezo nticyubahirijwe, ahubwo ba “bihaye Imana” be bakomeza kumukingira ikibaba. Bamushubije mu rugo batitaye ku mahano ye, basobanura ko ibyo yakoze yabitewe n’ibibazo by’ihungabana, kandi afite ubushake bwo “kwiyunga n’Imana”.

“Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro”. Nguko uko byagenze mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 09 Kanama 2021, ubwo Emmanuel Abayisenga ubwe yishyikirizaga polisi ya Mortagne-Sur-Sèvre, yiyemerera ko ari we wishe Padiri w’imyaka 60, Olivier MAIRE, wari umucumbikiye .

Iyi nkuru yashenguye imitima ya benshi, barimo na Perezida w’uBufaransa, Emmanuel Macron na Minisitiri w’Intebe, Jean Castex bihanganishije umuryango wa Nyakwigendera Olivier Maire. Abantu benshi bagize icyo batangaza, ntibumva uburyo uyu mugome, Emmanuel Abayisenga, yakomeje gufatwa nk’amata y’abashyitsi kandi ari umugizi wa nabi uzwi n’inzego z’umutekano.

Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga, basabye Leta y’uBufaransa gukurikirana umuntu wese wagize uruhare ngo Emmanuel Abayisenga atava mu Bufaransa, ndetse igasubira muri politiki yayo yo gucumbikira abanyamahanga, cyane cyane nk’aba bafite amateka abahuza n’ibyaha ndengakamere.

Magingo aya Emmanuel Abayisenga arakurikiranwa n’impuguke mu burwayi bwo mu mutwe, ariko n’iperereza ryatangiye gucukumbura icyaba cyamuteye ubwo bwicanyi. Icyo abenshi bibaza, ni ukumenya niba hazakomezwa icyemezo cyo kumwirukana mu Bufaransa, cyangwa niba azaburanishirizwa akanarangiriza igihano muri icyo gihugu.

Igihugu cy’u Bufaransa gicumbikiye Abanyarwanda benshi bakurikiranyweho ibyaha bikomeye, birimo n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri bo twavuga ba ruharwa nka Agatha Kanziga, Padiri Wenceslas Munyeshyaka, Laurent Bukibaruta, Gen Aloys Ntiwiragabo, n’abandi bamamaye mu mugambi wo gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Leta y’u Rwanda imaze imyaka yarasabye ubutabera bw’u Bufaransa kohereza abo bantu mu Rwanda cyangwa se nibura bakaburanishwa n’inzego zo muri icyo gihugu.

Icyi cyifuzo kugeza ubu ntikirahabwa agaciro, ubwo yenda bazategereza ko aba bicanyi bakora ibara no mu Bufaransa, kugirango byumvikane ko amaraso y’Umunyarwanda n’umwirabura muri rusange, afite agaciro kimwe n’ay’Umufaransa.

2021-08-10
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Editorial 05 Nov 2017
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Editorial 24 Sep 2021
Gen. Dallaire yongeye gukomoza ku mahanga yareberega nyamara Abatutsi barimo kwicwa mu Rwanda

Gen. Dallaire yongeye gukomoza ku mahanga yareberega nyamara Abatutsi barimo kwicwa mu Rwanda

Editorial 10 May 2017
Abo kwa Rusesabagina ni umuti w’amenyo. Mu kanya kamwe ati ndi Umubiligi, mu kandi ati ndaregera urukiko ruburanisha abaturage bo mu muryango w’Ibihugu bya Afrika y’Uburasirazuba!

Abo kwa Rusesabagina ni umuti w’amenyo. Mu kanya kamwe ati ndi Umubiligi, mu kandi ati ndaregera urukiko ruburanisha abaturage bo mu muryango w’Ibihugu bya Afrika y’Uburasirazuba!

Editorial 30 Oct 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be
Mu Rwanda

RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be

Editorial 09 Nov 2017
BBC iranze ibaye gatanyamiryango!
Amakuru

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Editorial 29 Dec 2023
APR FC yageze mu Misiri aho igiye gukina na Pyramid FC umukino w’ijonjora rya Kabiri rya CAF
Amakuru

APR FC yageze mu Misiri aho igiye gukina na Pyramid FC umukino w’ijonjora rya Kabiri rya CAF

Editorial 18 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru