• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

Uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

Editorial 16 Oct 2017 Mu Rwanda

Mu gihe hakomeje iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwasobanuye ko ibyaha abo kwa Rwigara bakurikiranyweho bikubiye mu mvugo z’abo, ahanini ku biganiro byo kuri WhatsApp.

Diane Rwigara ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, agahurira n’umuvandimwe we Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda; Adeline we akiharira icyaha akekwaho cy’ivangura no gukurura amacakubiri.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Ukwakira 2017, Umushinjacyaha yavuze ko u Rwanda rwagize amateka ababaje, ku buryo umuntu wagira uruhare mu guhungabanya umutekano Abanyarwanda bagezeho biyushye akuya, agomba kubiryozwa hatitawe ku gitsina cye cyangwa umuryango yaba abarizwamo.

Ibyo Mukangemanyi akurikiranyweho…

Umushinjacyaha yumvikanishije ijwi rya Mukangemanyi ubwo Polisi yajyaga kubavana mu rugo ku gahato tariki ya 04 Nzeri 2017 aho uyu mubyeyi yumvikanye yita abapolisi ‘abicanyi, abadayimoni’, ngo ‘interahanwe zadutwaye iki? ”

Ni ibintu Umushinjacyaha yavuze ko birimo gupfobya Jenoside ashingiye ku byo interahanwe zakoze mu gihugu.

Umushinjacyaha yavuze kandi ko ku guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda bose babihuriraho. Ngo hari abantu bari gushakishwa kuri iki cyaha bari mu Rwanda no hanze barimo Mugenzi Thabita Gwiza uri muri Canada, Mukangarambe Xaverine uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mushayija Edmond uba mu Bubiligi na Tuyishimire Jean Paul uri i Boston muri Amerika.

Hari kandi aho ngo uyu muryango wandikiye Jeune Afrique ko Rwigara Assinapol yishwe na Leta, warangiza ukandikira Prime Insurance ko yishwe n’impanuka y’imodoka.

Hari amajwi ngo Mukangemanyi yoherereje Mushayija amwangisha Abatutsi amubwira ko ari babi. Hari n’ijwi yoherereje Tabitha amubwira ko hari abarokotse Jenoside leta yishe.

Hari n’ijwi yoherereje Mukangarambe amubwira ko Leta ari iy’amabandi ngo yanze gukura ikiriyo cy’umwami. Hari n’ijwi ngo yongeye koherereza Tabitha amubwira ko hari abantu agomba kwanga n’irindi yamwoherereje amubwira ko iyi Leta idashoboye gutegeka icyayo ari ukumara abantu.

Yashinjwe kandi hashingiwe ku ijwi yohereje kwa Tabitha amubwira ko ari icyihebe, ko yikundira Radio Itahuka, amukangurira kwanga Leta ngo kuko icyayo ari ukwica gusa. Ngo hari aho yavuze ko iki gihugu ari icy’abasazi ndetse ko hari Jenoside iri imbere aha.

Ku cyaha cy’amacakubiri ngo yoherereje Mushayija ko Abatutsi abanga, abwira Tabitha ko iyi Leta yishe abarokotse Jenoside ko ari icyo ibahora.

Kuri Diane Rwigara

Guteza imvururu ngo yabikoze ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru muri Nyakanga 2017, aho ngo yavuze ko Abanyarwanda bahagurukira rimwe iyo ari ukwica.

Uwo munsi ngo yanavuze ko uwitwa Jean D’Amour yamubwiye ko aramutse amushyigikiye bazamukubita ifuni. Ngo yavuze ko muri iki gihugu abantu bicwa abandi bakanyerezwa.

Ikindi kandi ngo yavuze ko nta mazi Abanyarwanda bagira cyangwa amashanyarazi, ko hari n’aho yavuze ngo “abarokotse turababaye”, bigahuzwa no gukangurira abaturage kwanga leta.

Hari n’icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbamo ubwo yashakaga imikono 600 ashaka kwiyamamariza kuba perezida. Ngo yahimbye inyandiko akagenda abasinyira, ashyiraho abantu batari mu gihugu n’abantu bapfuye.

Ngo yabeshyaga abaturage ko ari umukozi wa Komisiyo y’Amatora akabaka indangamuntu n’ikarita y’itora. Hari n’aho ngo yafataga SIM Card akazibaruza ku bantu batandukanye akaboneraho imyirondoro yabo.

Ngo hari naho yashukaga abaturage abizeza kubashyira ku rutonde rw’abatishoboye bazahabwa inkunga.

Uwamahoro Anne Rwigara

Nawe ni amajwi yagiye afata akohereza, aho yabwiye Diane ko inama yatanga ari ukuva mu gihugu kuko nta cyizere cy’ubukungu buri imbere, ko ‘system’ arimo ari iya ‘mafia’, ahubwo ko yajya kuba ahandi.

Ku cyaha cyo guteza imvururu, ngo yanditse muri WhatsApp ihuriyemo abantu bo mu muryango ko hari umuntu Leta yishe saa yine za mu gitondo kuko yavuganaga n’abayirwanya.

Umushinjacyaha yavuze ko kuba Adeline yaravuze ngo bitege akazaba bigaragaza umugambi we, kimwe no kuvuga ngo bitege Jenoside iri imbere aha bivuga ko hari umugambi mubisha akekwaho. Ibi byose ni amajwi yafashwe muri telefone zabo mu gihe cy’isaka.

Amajwi bagiye bohererezanya kuri WhatsApp mu bihe bitandukanye yumvikanishijwe mu rukiko.

-8370.jpg

Ubushinjacyaha bwashyize hanze uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

2017-10-16
Editorial

IZINDI NKURU

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Editorial 18 Dec 2021
Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.

Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.

Editorial 17 Jun 2021
Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Editorial 02 May 2018
Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Editorial 23 Sep 2024
Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Editorial 18 Dec 2021
Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.

Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.

Editorial 17 Jun 2021
Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Editorial 02 May 2018
Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Editorial 23 Sep 2024
Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Editorial 18 Dec 2021
Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.

Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.

Editorial 17 Jun 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru