• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Editorial 01 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva Paul Rusesabagina yagera mu Rwanda,  we ubwe n’abamushyigikiye ntibahwemye  gutaratamba, bahimba utuyeri tugamije gushyira igitutu kuri Leta y’u Rwanda, ngo uwo mugome arekurwe ataburanishijwe ku byaha 13 akurikiranyweho, yakoze abinyujije mu mutwe we w’iterabwoba wa FLN, Byose ntacyo byatanze, kuko ubutabera bwakoze akazi kabwo, mu bwisanzure, hatitawe ku matakirangoyi adafite epfo na ruguru.

Ubushinjacyaha bwasabiye Paul Rusesabagina igihano cy’igifungo cya burundu, ari nacyo kiruta ibindi mu mategeko y’u Rwanda. Mu gihe rero hasigaye imisi 19 gusa ngo umwanzuro w’urukiko ujye ahagaragara, abashyigikiye Rusesabagina baragaragaza ubwoba bukomeye, bisa nk’aho bazi ko ashobora guhanwa by’intangarugero, kubera ibimenyetso simusiga byagaragajwe mu iburanishwa.

Nk’uko bigaragara mu nyandiko uwitwa Tom Zoellner yasohoye mu kinyamakuru Washington Post, ubu noneho barashinja ubutabera bw’uRwanda kuba igikoresho cy’ubutegetsi. Nyamara barirengagiza  ko abahanga mu by’amategeko, imiryango n’amashyirahamwe adafite aho abogamiye, iyi yose yakurikiranye uru rubanza rwabereye mu ruhame no mu ikoranabuhanga mu itumanaho, kandi nta n’umwe wigeze agaragaza inenge iyo ariyo yosemu miburanishirize. Ikindi, Rusesabagina yaburanye mu rubanza ahuriyemo n’abandi bantu 20, ukibaza impamvu abo kwa Rusesabagina aribo bonyine banenga ubwigenge bw’abacamanza rwababuranishije.

Tom Zoellner n’abandi bashakisha uburyo bwose Rusesabagina yafungurwa, aranahuzagurika. Mu kanya kamwe ati “ubutabera ntibwigenga”, mu kandi kanya ati ”akwiye gufungurwa ku bw’ ubugiraneza n’ubumuntu(humanitarian grounds) , kuko yigeze kurwara kanseri ndetse akaba afite ikibazo cy’umuvuduko w’amaraso”.  Iyo urebye iyi nyandiko rero, wibaza abamusabira gufungurwa icyo baheraho.  Arekurwe kuko yahawe ubutabera butanoze, cyangwa ubutabera nibuce inkoni izamba kuko ubuzima bwa  Rusesabagina butameze neza?

Tom Zoellner aramutse asaba ko inshuti ye Rusesabagina agirirwa impuhwe, yagombye kubanza kugirira impuhwe inzirakarenganze zishwe n’abatumwe na Rusesabagina, abagizwe impfubyi n’abapfakazi, abo bamugaje n’abo basize iheruheru bamaze kubangiriza imitungo. Mu nyandiko ye,  Tom Zoellner ntaho agaragaza ko yababajwe n’ibikorwa bya FLN ya Rusesabagina.Ni nk’aho iterabwoba rikorewe abirabura, by’umwihariko Abanyarwanda, nta buremere riba rifite.

Uko Rushyashya ibibona rero, abo kwa Rusesabagina batuza, bagategereza umwanzuro w’urukiko, Nibatanyurwa, bafite uburenganzirabusesuye bwo kujurira, kugeza igihe amategeko azacira urubanza bwa nyuma. Naho kwibwira ko gusebanya no gushyira iterabwoba ku Rwanda hari icyo bizafasha, ni ukwibeshya kuko ingero z’uko u Rwanda rutakigendera ku gitutu cy’uwo ari we wese zivugira.

2021-09-01
Editorial

IZINDI NKURU

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Editorial 31 Jan 2022
I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Editorial 02 May 2024
Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Editorial 18 Dec 2024
Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Editorial 25 Aug 2025
Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Editorial 31 Jan 2022
I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Editorial 02 May 2024
Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Editorial 18 Dec 2024
Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Editorial 25 Aug 2025
Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Editorial 31 Jan 2022
I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Editorial 02 May 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Burkina- Faso nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyahagabwe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Burkina- Faso nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyahagabwe

Editorial 03 Mar 2018
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Editorial 14 Mar 2020
Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba
Amakuru

Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba

Editorial 24 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru