• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Editorial 14 Feb 2018 UBUKUNGU

Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, asanga kugira ngo u Rwanda rugere ku iterambere rwifuza mu cyerekezo 2050, rukwiye gushora imari mu kubaka ubushobozi bw’abaturage barwo binyuze mu burezi bufite ireme no gukomeza imiyoborere myiza rufite.

Yabitangaje mu kiganiro yatanze ku rugendo rw’iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere, ari kumwe na Sir Paul Collier wigisha muri Kaminuza ya Oxford, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Claver Gatete na Clare Akamanzi, uyobora Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB).

Blair yavuze ko mu myaka yose amaze kuza mu Rwanda abona impinduka yaba mu rwego rw’ingufu, uburezi, ubuzima, serivisi n’iterambere muri rusange, kandi bishimangira imiyoborere myiza rufite, kuko ari yo ituma ibihugu bigera ku iterambere cyangwa ntibirigereho.

Yagize ati “Imiyoborere myiza ni abayobozi bashoboye bafite icyerekezo, inzego zishoboye kandi ziteguye kwigira ku bandi, zigaharanira uburezi bufite ireme, guhatana ku rwego mpuzamahanga no kugira intego yo gutera imbere. Ingamba z’iterambere zirazwi ariko icy’ingenzi ni ukuzishyira mu bikorwa, ari byo ubuyobozi bwiza bukora.”

Yakomeje avuga ko ibyo u Rwanda rugezeho ari umusingi w’iterambere uzatuma rugera no ku cyerekezo 2050. Gusa yashimangiye ko gukomeza imyumvire myiza iranga ubuyobozi bwiza, guteza imbere uburezi n’ubucuruzi ari inkingi ikomeye mu iterambere ry’ahazaza.

Yagize ati “Niba mushaka kugera ku rundi rwego rw’iterambere, ni ngombwa kubaka ubushobozi bw’abaturage binyuze mu burezi bufite ireme kuko ari intwaro ikomeye yo gutera imbere kw’ibihugu.”

Blair yasobanuye ko kubaka ubushobozi bw’abaturage bikwiye kwibanda ku gushora imari mu ikoranabuhanga, gutanga ubumenyi bugendanye n’ibyo igihugu gishaka kugeraho kandi hagashyirwa imbaraga mu bikenewe ku isoko ry’umurimo yaba iryo mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.

Sir Paul Collier wigisha ubukungu muri Kaminuza ya Oxford mu Bwongereza, akaba n’Umuyobozi w’ikigo mpuzamahanga cyiga ku bukungu (IGC), yakomeje avuga ko kugira ngo u Rwanda rukomeze gutera imbere rugere ku ntego rwihaye hakwiye gushyirwa imbaraga mu kuzamura ishoramari no guhanga imirimo.

Yavuze ko hakwiye ingufu nyinshi mu kongera ibyoherezwa mu mahanga, guteza imbere ubukerarugendo cyane cyane ubushingiye ku nama no guteza imbere inganda zongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi.

Yagize ati “Hakwiye ishoramari rifatika mu bwubatsi, ubwikorezi no mu kubaka inzu zihendutse. Ni ngombwa kwibanda ku igenamigambi ry’imijyi kuko iterambere ryayo rizakurura abashoramari benshi yaba abo hanze n’ab’imbere mu gihugu.”

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Akamanzi Clare, yavuze ko hari ibimaze kugerwaho mu ishoramari, guhanga imirimo no guteza imbere inganda ariko ikirimo kwibandaho ari uko inganda ziyongera cyane zikagira uruhare mu kongera ibyoherezwa mu mahanga.

Yatanze urugero rw’uruganda C&H Garments rukora imyenda, avuga ko igihugu gikeneye nyinshi nka rwo ngo kibashe kohereza hanze imyenda myinshi.

Aho u Rwanda rugana

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Gatete Claver, yibukije ko ubwo u Rwanda rwatekerezaga icyerekezo 2020, benshi batumvaga uburyo ruzakigeraho kuko hari ibibazo by’ubukene bukabije, umutekano muke n’izamuka ry’ibiciro riteye ubwoba, nta bikorera bahari, nta nzego, nta bumenyi n’ibindi.

Avuga ko ubu hari icyizere cyo kugera ku cyerekezo 2050 kuko hari aho guhera, yaba ku bukungu buzamuka hafi 8% ku mwaka, igabanuka ry’ubukene, uburyo imibereho myiza itera imbere, umutekano n’imiyoborere ihamye.

Gatete yavuze ko mu 2035, icyerekezo gisobanura ko Umunyarwanda azaba yinjiza amadolari y’amanyamerika arenga $4000 ku mwaka, bikazajya kugera ku cyerekezo 2050, yinjiza arenze ibihumbi $12 476 by’amadolari.

Yagize ati “Icyo dushaka ni imibereho yo ku rwego rwo hejuru, ibikorwa remezo biteye imbere bizatuma dutanga serivisi dukeneye, ku buryo buri wese abona ko yahinduye imibereho, yaba mu burezi, ubuzima n’ibindi. Guhanga imirimo myiza, kureba uko twavoma mu muco wacu kandi tukagira uruhare ku rwego mpuzamahanga.”

Mu 2050, ubuhinzi ubungubu bugira uruhare rwa 33% mu bukungu buzagera ku 10%, inganda ziri kuri 17% zizamuke zigere kuri 30%, serivisi zizakomeza kuzamuka ubu ziri kuri 48% nibura zigere kuri 60%.

Gatete yavuze ko ibi bizagerwaho hubakwa ubushobozi bw’abaturage bwo nkingi mwikorezi ya byose, ari inshingano y’ibanze ku gihugu, ubufatanye n’abikorera, imiyoborere myiza no kubaka inzego no kuzamura umusanzu w’ubwizigame n’ishoramari mu musaruro mbumbe.
Source : IGIHE


2018-02-14
Editorial

IZINDI NKURU

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Editorial 27 Feb 2018
2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

Editorial 13 Jul 2019
Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Editorial 29 Sep 2018
Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Editorial 15 Apr 2020
Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Editorial 27 Feb 2018
2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

Editorial 13 Jul 2019
Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Editorial 29 Sep 2018
Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Editorial 15 Apr 2020
Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Editorial 27 Feb 2018
2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

Editorial 13 Jul 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru