• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Editorial 24 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibaruwa Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Uganda yandikiye mugenzi we w’u Rwanda, yo kwigiza inyuma ubutumire bw’inama ya kabiri y’ibiganiro bigamije kuzahura umubano w’ibihugu byombi, yateje ikibazo hibazwa niba Uganda irimo gukora dipolomasi ibinyujije ku mbuga za internet zimenyerewe mu gukwirakwiza ibihuha.

Ibi bikurikiye ibaruwa yashyizwe hanze n’ikinyamakuru Chimpreports, kimwe mu bikoreshwa n’urwego rw’ubutasi bwa Uganda, mbere yuko igera ku bayobozi b’u Rwanda.

Kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 20 Ukwakira, Chimpreports imenyerewe mu gukwirakwiza icengezamatwara rirwanya u Rwanda, yanditse ko ‘Uganda yatumiye Guverinoma y’u Rwanda mu biganiro i Kampala’.

Uru rubuga rwa internet rwanatangaje itariki ruvuga ko Uganda yagennye ko ibiganiro bizaba kuwa 13 Ugushyingo 2019.

Umunsi wakurikiyeho ariko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Olivier Nduhungirehe, yabiteye utwatsi.

Yanditse kuri Twitter ati “Biratangaje kumenyera ibi mu binyamakuru byo muri Uganda. Ntabwo u Rwanda rwigeze ruganirizwa ku itariki iyo ari yo yose, kandi yaba Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda cyangwa Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, nta wakiriye ubwo butumire”.

Gusa mu guhinyuza byagaragaye ko iyi baruwa ihari. Nk’uko The New Times iyifitiye kopi, bigaragara ko yasinywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, ubwe kuwa 18 Ukwakira 2019.

Ibi bisobanuye ko abayobozi ba Uganda bayihishuriye Chimpreports mbere yo kuyohereza i Kigali ari yo mpamvu abayobozi nka Minisitiri Nduhungirehe batangaye ubwo Chimpreports yabyandikaga.

Ibi kandi bikaba byaranatumye abantu bibaza niba Uganda ubungubu yarahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru rigamije icengezamatwara.

Ikindi kimenyetso cyo kutagira ukuri ku ruhande rwa Kampala gishingiye ku itariki Ambasade ya Uganda mu Rwanda yagereje ibaruwa ya Kutesa ku bayobozi b’u Rwanda.

Ni kuwa Mbere w’iki cyumweru tariki 21 Ukwakira nyuma y’umunsi umwe Chimpreports yanditse inkuru.

Umwe mu bayobozi utifuje kugaragara muri iyi nkuru yagize ati “Ni ikintu kitari cyiza mu buryo Kampala yahisemo gukina uyu mukino”.

Ku wa 16 Nzeri nibwo i Kigali habereye inama ya mbere ya Komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na Uganda, yashyiriweho gucoca ibibazo bikomeje guteza umwuka mubi hagati y’ibi bihugu by’ibituranyi. Hemejwe ko inama itaha izaba nyuma y’iminsi 30 uhereye igiye iya mbere yabereye, yo ikabera i Kampala.

Igihe inama ya kabiri yagombaga kubera nacyo nticyubahirijwe na Uganda kuko yagombaga kuyakira nibura tariki 15 Ukwakira 2019.

Ubu nibwo Kampala irimo kohereza ubutumire nyuma yo kurenza amatariki no kubanza kubuha itangazamakuru ngo ributangaze mbere yo kugera ku bo bugenewe. Iki kikaba ari ikintu kinyuranye n’amasezerano ya dipolomasi.

Ku rundi ruhande, nta kirakorwa ku ruhande rwa Kampala kigendanye no kurekura abanyarwanda amagana bafungiweyo cyangwa se kubageza mu butabera.

Ni mu gihe kandi abenshi bakorerwa iyicarubozo ndetse bagafungirwa mu nzu zitazwi zigenzurwa n’urwego rw’ubutasi rwa Uganda.

Mu cyumweru gishize nibwo Eron Kiiza na Tony Odur, bunganira abanyarwanda barenga 100 bari muri gereza za Uganda, basabye urwego rw’ubutasi muri iki gihugu (CMI), kurekura abakiriya babo.

Kiiza yagize ati “Imiryango yabo yarababaye cyane. Abakiriya bacu bafungiwe aho badashobora kuvugana n’abandi bantu ndetse n’imiryango yabo ntabwo yemerewe kubabona. Bake bagize amahirwe yo kurekurwa berekana ibimenyetso by’iyicarubozo bakorewe”.

Bamwe bafungiwe muri kasho imyaka irenga ibiri bataragezwa mu butabera. Nta n’umwe wigeze atabwa muri yombi mu buryo bukurikije amategeko nko kuba hari inyandiko zibafata.

Kampala kandi ntacyo irakora ngo yitandukanye n’umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa widegembya muri iki gihugu.

Guverinoma ya Uganda kandi ntirerekana ibimenyetso by’uko yitandukanyije n’umutwe wa FDLR, umutwe ugizwe ahanini n’abahoze mu ngabo za Habyarimana n’Interahamwe basize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi.

U Rwanda rubinyujije muri Ambasade yarwo i Kampala ntirwahwemye gusaba ko ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda bihagarara birimo nko gushaka abajya muri RNC muri Uganda, ariko uyu munsi ntabwo birahagarara.

Ubwo hafatwaga batanu mu bagabye igitero cy’iterabwoba mu Kinigi muri uku kwezi, bose bavuze ko ari abo muri RUD-Urunana, umwe mu mitwe igamije guhungabanya u Rwanda. Bose uko ari batanu bavuze ko bawugiriyemo muri Uganda.

Abayobozi bakomeye kandi muri Uganda bakorana mu bucuruzi n’abantu nka Tribert Rujugiro, umuterankunga ukomeye wa RNC.

Ibi bikorwa byose bikaba binyuranye n’ibiri mu masezerano impande zombi zashyizeho umukono kuwa 21 Kanama uyu mwaka i Luanda muri Angola.

2019-10-24
Editorial

IZINDI NKURU

Breaking news: Dr Musafiri Papias Malimba na Jean Philbert Nsengimana ntibakibarizwa muri Guverinoma

Breaking news: Dr Musafiri Papias Malimba na Jean Philbert Nsengimana ntibakibarizwa muri Guverinoma

Editorial 06 Dec 2017
KABUGA FELESIYANI ISI YAGEZAHO IMUBANA NTOYA, FLASH DISK YAFATANWE UMUKWE WE NGIRABATWARE YABA ARIYO MVANO YO GUFATWA KWE?

KABUGA FELESIYANI ISI YAGEZAHO IMUBANA NTOYA, FLASH DISK YAFATANWE UMUKWE WE NGIRABATWARE YABA ARIYO MVANO YO GUFATWA KWE?

Editorial 17 May 2020
Umusirikare w’u Burundi yiciwe muri Centrafrika

Umusirikare w’u Burundi yiciwe muri Centrafrika

Editorial 11 Jun 2018
‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali

‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali

Editorial 25 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe
Amakuru

Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe

Editorial 06 Nov 2017
Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije
Mu Mahanga

Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije

Editorial 14 Jun 2016
Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro
Mu Mahanga

Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro

Editorial 07 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru