• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umubikira w’i Kabgayi na mugenzi we w’i Janja biciwe muri Yemen

Umubikira w’i Kabgayi na mugenzi we w’i Janja biciwe muri Yemen

Editorial 06 Mar 2016 ITOHOZA

Musenyeri Smaragde Mbonyintege uyobora Diyosezi ya Kabgayi, aravuga ko Kiliziya Gatukila mu Rwanda yababajwe cyane n’ababikira bayo biciwe muri Yemen kuri uyu wa Gatanu.

“Umwe ni uwo mu Ruhengeli muri Janja undi ni uwa hano i Kabgayi ku Kivumu” nk’uko Msgr Mbonyintege abitangaza. Bari bamaze imyaka igera ku 10 muri iki gihugu cyo ku mugabane wa Aziya.

Uw’i Kabgayi yitwa Mukashema Marguerite, ariko uw’i Janja we ntiturabasha kumenya amazina ye. Biciwe mu kigo babagamo cyashinzwe n’uwihayimana uzwi muri Kiliziya Gatulika nka Maman Therese.

Msgr Mbonyintege ntashidikanya ko ababagabyeho igitero ari abayisilamu bo mu mutwe wa Islamic State. Muri rusange hishwe abantu 16 barimo ababikira bane barimo abanyarwanda 2.

“Hapfuye n’abakozi bakoraga mu rugo rwabo n’abana b’imfubyi, bishemo abantu 10 bicamo n’umukorerabushake wavuye i Burayi na we wahakoraga, bica n’abasirikari babiri babarindaga,” nk’uko Umuyobozi wa Diyosezi ya Kabgayi abisobanura.

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, yamaganye ubu bwicanyi anihanganisha imiryango ya ba nyakwigendera, nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru cya Al Jazeera.

Amakuru dukesha Izuba Rirashe, avuga ko Musenyeri Mbonyintege yatangaje ko aba banyarwandakazi bakagombye kuba baragarutse mu Rwanda ariko banga gusiga imbabare babanaga na zo.

Yagize ati “Bari babizi ko bari ahantu habi. Hari uwaherukaga kuvugana na bene wabo arababwira ati ‘aha turi ni habi ariko ntabwo dushobora gusiga abana n’abarwayi ngo tugende, ntabwo bishoboka, baje barabica.”

Bitewe n’uko aba babikira bari abamisiyoneri ntabwo imirambo yabo izazanwa mu Rwanda, ahubwo bazashyingurwa iyo mu mahanga.

-2368.jpg

Ababikira b’aba- Calcutta

Msgr Mbonyintege avuga ko aba babikira bafashwe na kiliziya gatolika nk’abahowe Imana 100%. Ati “Ubwo rero tuzagera igihe dukora imihango yo kubasabira no kubibwira abakilisitu kugira ngo babimenye, bamenye ko babyaye aba martyrs.”

Yunzemo ati “Ni ikibazo kibabaje, ariko ku ruhande rumwe tubafata nk’intwari; kwiyemeza gukora ahantu hameze gutyo, ubundi bashoboraga kuvayo bakigendera ariko kubera ubutumwa bagumyeyo.”

Abagabye igitero baje bavuga ko baje gusura nyina, bageze mu nyubako imbere bafata abari mu nyubako bidatinze babarasa amasasu mu mitwe, nk’uko bitangazwa n’abarusimbutse.

2016-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa  FDLR

Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa FDLR

Editorial 27 Jan 2017
Muri RNC Ibintu biri kugenda bisubira irudubi, abari inkoramutima za Kayumba beguye

Muri RNC Ibintu biri kugenda bisubira irudubi, abari inkoramutima za Kayumba beguye

Editorial 25 Oct 2017
Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Editorial 04 Dec 2018
Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero

Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero

Editorial 13 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 05 Jan 2023
Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze mu Buhinde
POLITIKI

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze mu Buhinde

Editorial 09 Jan 2017
Abavuga rikumvikana bo muri Gasabo bahawe ubumenyi ku bukangurambaga bw’isuku n’umutekano
Mu Mahanga

Abavuga rikumvikana bo muri Gasabo bahawe ubumenyi ku bukangurambaga bw’isuku n’umutekano

Editorial 01 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru