• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Editorial 06 Sep 2017 POLITIKI

Umunyamategeko ukomoka mu Bubiligi, Philippe Lardinois, agiye gusohora igitabo yise ‘Paul Kagame, un de Gaulle africain’ aho avugamo ubutwari bwaranze Perezida w’u Rwanda agaragaza ko ari intwari ya Afurika nkuko Charles de Gaulle yubahwa muri Politiki y’u Bufaransa.

Philippe Lardinois yunganira abantu mategeko kuva mu 1993 muri Barreau de Bruxelles mu Bubiligi. Ni umwarimu kandi muri Université Libre de Bruxelles aho amaze imyaka 21 yigisha. Afite impamyabumenyi y’ikirenga muri ‘philosophie’ yakuye muri Kaminuza ya Gatolika ya Louvain.

Ku itariki ya 14 Ukwakira 2017, uyu mugabo azamurika ku mugaragaro igitabo cy’amapaji 144 yise ‘Paul Kagame, un de Gaulle africain’. Muri iki gitabo, umwanditsi agaragaza ko Perezida Kagame ari de Gaulle wa Afurika, afatiye ku mibereho n’ibikorwa bya ‘General Charles de Gaulle’ uzwi cyane mu mateka y’u Bufaransa n’u Burayi, ari nawe washinze Repubulika ya gatanu y’u Bufaransa, ahangana cyane n’aba Nazi bashakaga kuyobora u Bufaransa.

Charles de Gaulle yavukiye mu Mujyi wa Lille mu 1890 akurikira i Paris aho se yari umwarimu. Nyuma yahisemo kujya mu gisirikare ndetse yarwanye mu ntambara ya mbere y’Isi.

Uyu mugabo yanze amasezerano u Bufaransa bwari bwagiranye n’u Budage bwashakaga kwigarurira iki gihugu. Yaje guhungira mu Bwongereza agezeyo ahita atangaza Guverinoma y’u Bufaransa yakoreraga mu buhungiro niko kuba Umuyobozi w’’u Bufaransa bwibohoye’

Mu 1944 yaje gutsinda urugamba abohora Umujyi wa Paris aho yatahutse agahabwa icyubahiro kidasanzwe. Yayoboye u Bufaransa kugeza bwanditse Itegeko Nshinga ryari rishingiyeho Repubulika ya Kane. Ni umugabo waranzwe no kutavugirwamo, agaharanira guhesha agaciro igihugu cye imbere y’ibindi.
-7849.jpg

Muri iki gitabo, Philippe Lardinois yibaza impamvu ibyahesheje de Gaulle umwanya ukomeye mu mateka bitagera no muri Afurika by’umwihariko mu Rwanda. Yibaza kandi impamvu ibikorwa, icyerekezo cya politiki n’ibindi bifitanye isano na de Gaulle bishimwa ariko ibyakozwe na Kagame ntibihabwe agaciro? Ati “Ni ukubera iki umwe ahabwa isura idasanzwe undi agahabwa ihindanye?”

Uyu mwanditsi akomeza kwibaza impamvu amateka agaragaza ibitekerezo by’indashyikirwa bya de Gaulle ndetse n’abayobozi babashije kwandika izina rikomeye, hanyuma akibaza impamvu Afurika yo itagira abayo bo kurata.

Philippe Lardinois avuga ko bidakwiye kugereranya Kagame na de Gaulle ariko ko icy’ingenzi ari ukureba ibyiza Kagame yakoze bikagaragaza ubudahangarwa bwe mu ruhando rwa Afurika ku buryo aba de Gaulle wa Afurika.

Ati “Ntabwo ari uguhuza Kagame na de Gaulle mu gukusanya ibintu bahuriyeho ngo bakunde bagereranywe. Ikigamijwe ni ukureba ku ruhe rwego na buryo ki Paul Kagame ashobora gusiga ibikorwa nk’ibya de Gaulle muri Afurika.”

Abanyapolitiki b’u Bufaransa bubaha ibikorwa bya de Gaulle mu gihe yamaze ku Isi. No mu matora aherutse, abenshi bigereranyaga nawe nk’aho Marine Le Pen, wari uhanganye na Emmanuel Macron yavuze ko ashaka gukura u Bufaransa mu icuraburindi akabuhindura igihugu kiri mu mucyo nk’uko de Gaulle yabigenje.

Emmanuel Macron nawe mu gihe cyo kwiyamamaza yakunze kwifashisha imbwirwaruhame za de Gaulle zishimangira ukunga igihugu.

Umunyamateka ukomeye mu Bufaransa, Jean-Paul Bled yavuze ko “de Gaulle azahora iteka ari we wubashywe kurusha abandi, ukunzwe kurusha abandi baperezida bose bayoboye u Bufaransa.”

Bled avuga ko politiki nyinshi za Macron zifitanye isano n’ibyo de Gaulle yakoze cyangwa yakundaga kuvuga. Ni mu gihe François Fillon nawe wiyamamaje mu matora akishingikiriza ibikorwa bya de Gaulle wagaragazaga ubudahangarwa bukomeye, maze igihe yakorwagaho iperereza ku byaha bya ruswa no gukoresha nabi umutungo, aza kuvuga ati “Ninde ushobora kwiyumvisha de de Gaulle ari gukorwaho iperereza?”

-7848.jpg

Charles de Gaulle yabaye Perezida w’u Bufaransa kuva mu 1959 kugera mu 1969

2017-09-06
Editorial

IZINDI NKURU

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

Editorial 10 Jan 2019
Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Editorial 08 May 2025
Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Editorial 08 Apr 2025
Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Editorial 10 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.
Amakuru

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Editorial 29 Aug 2024
AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya
Amakuru

AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya

Editorial 29 May 2025
Sud – Kivu intambara iraca ibintu : Inyeshyamba 12 zishwe, batatu ba FARDC batwarwa n’umugezi
HIRYA NO HINO

Sud – Kivu intambara iraca ibintu : Inyeshyamba 12 zishwe, batatu ba FARDC batwarwa n’umugezi

Editorial 03 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru