• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda

Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda

Editorial 07 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Raporo yashyizwe hanze na Minisiteri y’imari mu gihugu cya Uganda igaragaza ko amafaranga asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda yanyerejwe nyuma yaho ikigo cy’ubucuruzi cyanditse kuri Charlotte Kainerugaba na Ishta Muganga cyahawe amafaranga kugirango kigure imashini zifashishwa n’abarwayi mu guhumeka, ariko bikarangira bishyuwe imashini ntiziboneke. Aba bakobwa bombi ba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wicyo gihugu cya Uganda ariwe Sam Kuteesa, umwe ni umugore w’umuhungu wa Perezida Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Usibye abana babo, Perezida Museveni na Sam Kuteesa nabo bavuzwe cyane muri ruswa yaciye ibintu aho bari bahawe ibihumbi 500 na Chi Ping Patrick Ho kugirango abo bayobozi bazafashe sosiyeti yo mu bushinwa CEFC ChinaEnergy Company Limited kubona isoko muri icyo gihugu.

Tugarutse kuri Natasha n’umugore wa Muhoozi Kainerugaba, ntabwo ari abavandimwe n’abakobwa ba Kuteesa gusa, ahubwo basangiye na sosiyeti yitwa Silverbacks Pharmacy Ltd, icuruza imiti n’ibikoresho bikenerwa kwa muganga, bakaba barayishinze mu mwaka wa 2004.

Tariki ya 6 Gicurasi 2020, nibwo Silverbacks Pharmacy limited , yabonye isoko ryo kuzana imashini zifasha abarwayi guhumeka mu bitaro bya Mulago na Entebbe kubera icyorezo cya Covid19 baza kwishyurwa amafaranga yose ariko kugeza n’uyu munsi ntabikoresho biragemurwa nkuko byakozwe n’itsinda ry’abagenzuzi. Usibye no kuba izo mashini zitaragezwa mu bitaro, iryo tsinda kandi ryagaragaje impungenge kubera ibiciro biri hejuru cyane. Mu bihe byashize iyo sosiyete yari yagemuye imashini 13 kuri icyo giciro ariko ubu ikaba yagombaga kuzana imashini ebyiri gusa. Ibi biri kuba mu gihe abarwayi bakeneye imashini mu bitaro bya Mulago bamerewe nabi cyane.  Ibi byarakaje cyane abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, aho umunyapolitiki Cyiza Besigye aho yavuzeko abakobwa ba Sam Kutesa bitwaje icyorezo cya Covid19 bakishyurwa amafaranga y’umurengera nta n’ibikoresho bazanye.

Besigye yagize ati “ Abizerwa muri NRM/M7 bungukiye muri covid 19, Abagande bahura n’ikibazo cy’ubuzima n’ubukungu, abanyeshuri baraheze mu rugo kuva muri Werurwe….abarimu benshi badahembwa kuva Guma mu Rugo yatangira, ishoramari rito ryarahagaze…”

Gen Kainerugaba akibona aya magambo yibasiye Kiiza Besigye amusaba gufasha umugore we hasi, Besigye yamushubije ko ibyo yagaragaje Atari ibye, ahubwo ari ukuri kuri muri raporo yatangajwe na Giverinoma ya Uganda.

2020-12-07
Editorial

IZINDI NKURU

Ikinyoma :  Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.

Ikinyoma : Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.

Editorial 31 Jul 2018
Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

Administrator 20 Oct 2025
Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru “Ubutabera bukwiriye buzahabwa Rusesabagina ndetse nabo yahekuye”

Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru “Ubutabera bukwiriye buzahabwa Rusesabagina ndetse nabo yahekuye”

Editorial 21 Dec 2020
Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Editorial 08 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inzu ya Depite Nkusi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka
Mu Mahanga

Inzu ya Depite Nkusi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka

Editorial 06 Jun 2016
Mafia yo Kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza
POLITIKI

Mafia yo Kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza

Editorial 05 Oct 2018
Ibihugu 40 nibyo bimaze kwemeza ko bizitabira Shampiyona Nyafurika ya Taekwondo izabera mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena
Amakuru

Ibihugu 40 nibyo bimaze kwemeza ko bizitabira Shampiyona Nyafurika ya Taekwondo izabera mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena

Editorial 08 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru