• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umugore yafatanywe ibiro 30 by’urumogi mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha

Umugore yafatanywe ibiro 30 by’urumogi mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha

Editorial 28 Jun 2016 Mu Mahanga

Umugore ucyekwa gukwirakwiza ibiyobyabwenge mu gihugu yafatiwe mu karere ka Rubavu ku itariki 26 Kamena ahagana saa kumi n’ebyiri za nimugoroba.

Nyiranzitonda Jacqueline, ufite imyaka 36 y’amavuko ni we ukurikiranyweho iki cyaha, akaba yarafatanywe ibiro 30 by’urumogi, ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi.

Mu nzu ye hafatiwemo kandi matela eshatu bikekwa ko nazo zaba ari injurano.

Nyiranzitonda aracyeka kuba umwe mu bagize udutsiko tw’abakwirakwiza ibiyobyabwenge n’abiba ibintu bitandukanye, Polisi y’u Rwanda muri aka karere ikaba ikomeje gukora iperereza ngo hamenyekane uruhare rwe muri ibyo byaha.

Ifatwa rye ribaye nyuma y’umunsi umwe Polisi y’u Rwanda itangiye icyumweru cy’ubukangurambaga bwo kurwanya ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge, urubyiruko rukaba rugize umubare munini w’ababyishoramo, ibi bikaba bisobanuye ko rugerwaho n’ingaruka zabyo kurusha abandi.

Yafashwe kandi nyuma y’umunsi umwe mu karere ka Nyamasheke habereye igikorwa cyo kwangiza ibiro 90 by’urumogi rwafatiwe mu bice bitandukanye by’aka karere mu bihe binyuranye mu mezi abiri ashize.

Intara y’Uburengerazuba ifatwa nk’imwe mu nzira inyuzwamo ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda.

Polisi y’u Rwanda igaragaza ko urumogi rufatirwa mu ntara y’uburengerazuba urwinshi muri rwo rufatirwa ku muhanda Mukamira-Ngororero-Muhanga na Rubavu-Musanze-Kigali; naho ibindi biyobyabwenge nka Blue Sky bikaba byinjizwa mu gihugu mu buryo bwa magendu bivanywe muri Uganda; bikaba binyuzwa ku mipaka itemewe ihuza iki gihugu n’u Rwanda; cyane cyane mu karere ka Burera, ndetse hakaba hari ibiyobyabwenge bijya bifatirwa muri aka karere bijyanywe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yavuze ko ifatwa ry’uru rumogi ndetse n’ibindi biyobyabwenge ryatewe n’ingamba zafashwe zirimo ibikorwa byo gufata ababyishoramo, ubukangurambaga bwo kubyirinda bukorwa mu mashuri no mu muryango nyarwanda, ibi bikiyongeraho uruhare rw’abagize Komite zo kwicungira umutekano (Community Policing) no guhanahana amakuru ku gihe.
ACP Twahirwa yakomeje agira ati:”Byumvikane neza ko iyo hagize ufatwa akwirakwiza cyangwa anywa ibiyobyabwenge haba hari umuntu wateshutse ku nshingano ze.”

Yagize kandi ati:”Iyo hagize umwana wishora mu biyobyabwenge, ujya kuba ku muhanda, cyangwa ureka ishuri; ababyeyi, abaturanyi, abayobozi b’inzego z’ibanze, ndetse n’umuryango nyarwanda muri rusange bajye bumva ko habayeho kutuzuza inshingano mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Dushyize hamwe twagera kuri byinshi byiza birimo kurengera umwana, kubumbatira umutekano, uburezi bufite ireme, n’iterambere rirambye .”

-3073.jpg

Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa

RNP

2016-06-28
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda mu bihugu 10 biza imbere mu miyoborere  myiza  muri Afurika  -Mo Ibrahim Index

U Rwanda mu bihugu 10 biza imbere mu miyoborere myiza muri Afurika -Mo Ibrahim Index

Editorial 04 Oct 2016
Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Editorial 16 Jun 2016
Maj Gen Rutatina yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Maj Gen Rutatina yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Editorial 14 Oct 2016
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Editorial 29 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryahakanye ibyitangira rya shampiyona byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF
Amakuru

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryahakanye ibyitangira rya shampiyona byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF

Editorial 22 Mar 2021
APR FC na Rayon Sports zigiye gucungira kuri shampiyona, nyuma yaho byanze ku rwego rwa Afurika
Amakuru

APR FC na Rayon Sports zigiye gucungira kuri shampiyona, nyuma yaho byanze ku rwego rwa Afurika

Editorial 02 Oct 2023
Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame
POLITIKI

Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Editorial 01 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru