• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Editorial 01 Jun 2017 Mu Rwanda

Umuhanzi w’Umunyatanzaniya Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda mu mpera z’ukwezi gutaha kwa Nyakanga.

Uyu muhanzi w’icyamamare (The Number One Star) haba mu bihugu by’Afurika y’Iburasirazuba na Afurika muri rusange, biteganijwe ko ku wa 2 Nyakanga azakoresha igitaramo ariko biravugwa kokizabera hanze ya Kigali.

Uyu muhanzi mu bisanzwe wiswe n’ababyeyi be Abdul Naseeb Juma aheruka gutaramira Abanyarwanda mu mpera z’umwaka wa 2015 (New Year’s East African Party concert), iki gitaramo cyari cyateguwe na East African Promoters (EAP).

Mu kiganiro Diamond yagiranye n’umunyamakuru wo muri Tanzaniya Milard Ayo, Diamond yemeje aya makuru ko agiye kongera gutaramira abaturage bo mu Karere na Afurika muri rusange. Biteganijwe ko azatamira I Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ku wa 1 Nyakanga nyuma agakomereza I Kigali ku wa 2 Nyakanga uyu mwaka.

Sosiyete nshya mu gutegura ibikorwa bitandukanye ya Primetime Promotions biravugwa ko ariyo iri gusoza ibiganiro n’uyu muhanzi ku bijyanye n’iki gitaramo.

Ndayisaba Lee, umwe mu bari gutegura iki gikorwa avuga ko ibiganiro bari kugirana na Diamond birimo kugenda neza.

-6761.jpg

-6762.jpg

Diamond Platinumz ni umuhanzi w’icyamamare mu Karere kandi arakunzwe cyane mu Rwanda.

Ndayisaba uri muri Tanzaniya mu kiganiro na New Times, yagize ati “ Nzagaruka mu Rwanda ku wa gatanu w’iki cyumweru kugirango dusoze ibijyanye n’iki gitaramo byose. Kuri ubu sinatangaza byinshi kuko hari bimwe bitararangira neza”.

Diamond Platinumz ni umuhanzi w’icyamamare mu Karere kandi arakunzwe cyane mu Rwanda. Ubwo yataramiraga I Kigali, igitaramo cye cyitabiriwe n’ibihumbi by’abantu ku buryo yavuye ku rubyiniro hari benshi bakimushaka.

Uyu muhanzi umaze gutwara ibihembo bitandukanye mpuzamahanga aherutse gutangiza urubuga WasafiDotCom aho azajya agurishiriza imiziki nyarwanda aho arimo gufatanya na Televiziyo ya Clouds TV Rwanda WasafiDot.

Abahanzi nyarwanda nka DJ Pius batangiye gucuruza imiziki yabo kuri urwo rubuga rwa Diamond.

2017-06-01
Editorial

IZINDI NKURU

M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

Editorial 22 Feb 2017
Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Editorial 20 May 2022

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes niyo makipe yageze muri 1/2 cy’imikino yo gukina ikiciro ya mbere mu bagabo umwaka w’imikino wa 2021-2022

Editorial 07 Oct 2021
‘ Nzakomeza kwambara imyenda iriho ifoto ya Perezida Kagame ubuzima bwanjye bwose ‘ – Rucagu

‘ Nzakomeza kwambara imyenda iriho ifoto ya Perezida Kagame ubuzima bwanjye bwose ‘ – Rucagu

Editorial 19 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”
Amakuru

Itegeko rihana ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo riteganya ko mu biyigize harimo “Guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”

Editorial 27 Aug 2025
Imyigaragambyo yari yateguwe muri Tanzania ntiyabaye abantu bariruhutsa
Mu Rwanda

Imyigaragambyo yari yateguwe muri Tanzania ntiyabaye abantu bariruhutsa

Editorial 01 Sep 2016
New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo
POLITIKI

New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

Editorial 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru