• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Editorial 03 Apr 2023 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Kuri uyu wa mbere, tariki 03 Mata 2023, Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta wigeze no kuba Perezida wa Kenya, yasohoye itangazo ryishimira kuba umutwe wa M23, urwanya ubutegetsi bwa Kongo, ukomeje gushyira mu bikorwa amasezerano agamije kugarura amahoro, nk’uko byemejwe mu nama za Luanda, Nairobi, Bujumbura na Adis Abebba.Muri iryo tangazo, Uhuru Kenyatta aremeza ko M23 muri iyi minsi yarekuye utundi duce twinshi yari yarigaruriye ,nka Kitshanga, Kilolirwe na Mushaki muri Teritwari ya Masisi, ndetse na Bunagana yo muri Twitwari ya Rutshuru, idushyikiriza ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba zagiye kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Kongo.

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasanga ubu bushake bwa M23 bwagombye gutuma ijya mu mitwe igirana imishyikirano na Leta ya Kongo, nta rundi rwitwazo, ndetse akifuza ko uwo mutwe wazitabira icyiciro cya 4 cy’imishyikirano giteganyijwe mu minsi mike iri imbere.Kugeza ubu M23 ntiyari yarigeze yemererwa kwitabira ibyiciro bya mbere bitatu by’iyi mishyikirano ibera i Nairobi, dore ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwakomeje gutsimbarara, buvuga ko “butazigera bushyikirana n’umutwe w’iterabwoba”.

Magingo aya ibyo biganiro byafatwaga nk’ikinamico, dore ko kugeza ubu byitabiriwe n’imitwe yitwaje intwaro, bivugwa ko ari ikorera mu kwaha kwa leta.M23 irashimwa kuba yubahiriza ibyo yasabwe mu kurangiza intambara ica ibintu muri Kivu y’Amajyaruguru, mu gihe Leta yo yanze gushyira mu bikorwa ibyo isabwa, birimo guhagarika imirwano no kureka gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, irimo n’uw’abajenosideri wa FDLR.

Aho kuyoboka inzira y’ibiganiro nk’uko yabigiriwemo inama ubugira kenshi, Leta ya Tshisekedi yahisemo gukomeza intambara ibifashijwemo n’abacancuro ba Wagner, abajenosideri ba FDLR-Nyatura, n’inyeshyamba za PARECO na Wazalendo.

Hari amakuru avuga kandi ko Leta ya Kongo yakomeje kurundanya abasirikari n’ibitwaro mu burasirazuba bw’igihugu, nubwo bitayibujije gukubitwa inshuro mu duce tugenzurwa na M23 bagabyemo ibitero, ndetse bituma M23 yagura ibirindiro byayo.

Amakuru agera kuri Rushyashya arahamya ko aka kanyafu kaba karatumye ubutegetsi bwa Tshisekedi bucisha make, bukanemera kuganira na M23. Aya makuru yanashimangiwe na Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, mu mpera z’icyumweru gishyize, ubwo Uganda yoherezaga muri Kongo abasirikari bayo bagize itsinda ry’ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba.

Mu itangazo rijyanye n’iki gikorwa, Perezida Museveni yahishuye ko imishyikirano hagati ya Leta ya Kongo n’Intare za Sarambwe (nk’uko 23 yiyita) irimbanyije mu ibanga. Yaba leta ya Kongo, yaba na M23, ntawe uragira icyo avuga kuri aya makuru yatanzwe na Perezida Museveni, cyangwa ku busabye bwa Uhuru Kenyatta.

2023-04-03
Editorial

IZINDI NKURU

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Editorial 09 Jul 2021
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Editorial 26 Mar 2016
NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara  mu Rwanda kuri uyu wambere”

NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara mu Rwanda kuri uyu wambere”

Editorial 23 Jan 2017
Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Editorial 28 Jun 2019
Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Editorial 09 Jul 2021
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Editorial 26 Mar 2016
NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara  mu Rwanda kuri uyu wambere”

NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara mu Rwanda kuri uyu wambere”

Editorial 23 Jan 2017
Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Editorial 28 Jun 2019
Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Editorial 09 Jul 2021
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Editorial 26 Mar 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru