• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Editorial 01 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’urugendo yagiriye muri Kongo mu kwezi gushize, Umujyanama w’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ushinzwe kurwanya Jenoside, Madamu Alice Mwairimu Nderitu yashyize ahagaragara icyegeranyo cyibanze ku bwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri kongo, akaba asanga buganisha kuri Jenoside isa nk’iyakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Uburyo Muri DRC, Abatutsi bakomeje gutotezwa biteye Impungenge

Madamu  Mwairimu Nderitu avuga ko imvugo zibiba urwango n’ubundi bugizi bwa nabi bikorerwa Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane Abatutsi, byatumye havuka imitwe igamije kwirwanaho, maze umutekano urushaho guhungabana muri Kivu zombi, iy’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru. Yatunze agatoki abahembera amacakubiri, barimo abategetsi ba Kongo, abo muri sosiyete sivile, n’Abanyekongo baba mu mahanga, maze abasaba guhagarika iyo myitwarire iganisha igihugu cyabo mu mateka mabi cyane nk’ayabaye mu Rwanda.

Madamu Mwairimu Nderitu ukomoka mu gihugu cya Kenya, yemeje ko imwe mu mpamvu zakuruye ubu bwicanyi, ari  igihiriri cy’impunzi z’ Abanyarwanda zahungiye muri icyo gihugu, ziganjemo abari bamaze kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, maze aho kwamburwa intwaro bakingirwa ikibaba kugeza n’uyu munsi. Madamu Mwairimu avuga ko abo aribo baje gushinga FDLR ifite uruhare rukomeye mu bwicanyi buri muri Kongo.

Umujyanama w’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ushinzwe kurwaya Jenoside asanga ikibazo cy’umutekano muke muri Kongo gikwiriye gukemurwa haherewe ku muzi wacyo, akaba yunze mu ry’abandi bakurikiranira hafi ibyo muri Kongo, bakomeje kuvuga ko ibibazo by’icyo gihugu bishingiye ku miyoborere mibi, no kuba Leta ikorana n’imitwe yitwaje intwaro. 

Madamu Alice Mwairimu Nderitu aributsa Leta ya Kongo ko mbere na mbere ariyo ifite inshingano zo gukemura ibibazo by’icyo gihugu, ariko agasaba n’amahanga gukomeza kuyiba hafi kugirango intambara n’urugomo rushingiye ku moko bihagarare.

Mu muhango wo kurahiza abagize Guverinoma bashya wabaye kuri uyu wa gatatu, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yongeye kwamagana abagereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, aho kubishakira umuti urambye, uhereye mu mizi. Yibukije ko intambara n’ubwicanyi birimo kubera muri icyo gihugu bidashobora kurangizwa n’urusaku rw’imbunda, ko ahubwo hakenewe ubushishozi mu gushakaka umuti wa politiki.

2022-12-01
Editorial

IZINDI NKURU

Police FC iyoboye shampiyona, nyuma y’intsinzi i Musanze

Police FC iyoboye shampiyona, nyuma y’intsinzi i Musanze

Editorial 30 Oct 2017
Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma  y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Sep 2022
FERWAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko amakipe azahura mu gice cy’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022

FERWAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko amakipe azahura mu gice cy’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022

Editorial 08 Feb 2022
Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Editorial 05 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ruyoboye Afurika mu gufata imodoka zibwe
Mu Rwanda

U Rwanda ruyoboye Afurika mu gufata imodoka zibwe

Editorial 13 Jun 2017
Uko isomwa ry’urubanza rwa  Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi  ikizava mu isomerwa
Amakuru

Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Editorial 01 Sep 2021
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika
Amakuru

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Editorial 31 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru