• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umukinnyi wa film z’urukozasoni waryamanye na Trump yavuze ko hari abashatse kumutera ubwoba

Umukinnyi wa film z’urukozasoni waryamanye na Trump yavuze ko hari abashatse kumutera ubwoba

Editorial 26 Mar 2018 Mu Mahanga

Stephanie Clifford ukoresha amazina ya Stormy Daniels muri filimi z’urukozasoni wemeza ko yaryamanye na Perezida Donald Trump, yatangaje ko hari umuntu wamuteye ubwoba amubwira ko kuvuga ibyabaye bishobora kumugiraho ingaruka.

Muri Mutarama uyu mwaka nibwo ikinyamakuru Wall Street Journal cyatangaje inkuru ivuga ko mu 2006 Trump yaryamanye na Stormy Daniels. Ibi byabaye nyuma y’umwaka umwe gusa ashyingiranwe n’umugore we Melania Trump.

Stormy Daniels yabwiye CBS News ko mu 2011 hari umugabo bahuriye i Las Vegas akamusaba guha amahoro Trump, ndetse akabwira umukobwa we ko byaba biteye isoni hagize ikiba kuri nyina.

Ati “ Nari aho baparika imodoka, nerekeje aho bakorera siporo hamwe n’umukobwa wanjye. Umugabo yanyuzeho arangije arambwira ngo ‘ha amahoro Trump. Ibagirwa iby’inkuru’.”

Trump utaragira icyo avuga ku byatangajwe na Stormy Daniels, ahakana yivuye inyuma kuryamana nawe. Ni mu gihe nyamara hari amakuru avuga ko mu 2016 mbere y’uko amatora ya Perezida aba uyu mugore yasinye amasezerano yo kutazamena ibanga, ndetse akishyurwa ibihumbi 130 by’amadolari ngo aceceke.

Daniels avuga ko yaryamanye na Trump nyuma yo kumutumira muri hotel ye, ndetse akemeza ko atavuga ko yahohotewe kuko nubwo yumvaga nta rundi rukundo amufitiye, atigeze ahakana kubera ko bari baganiriye ku bijyanye no guca mu kiganiro cye cya televiziyo, bityo akabikora nk’inzira ituma bagera ku masezerano y’ubucuruzi.

Yemeza ko kandi yemeye kwakira ibihumbi 130 by’amadolari biturutse kuri Michael Cohen wari umunyamategeko wa Trump, kubera ko yari atewe impungenge n’umutekano w’umuryango we.

Muri Gashyantare, Cohen yemeje ko koko yishyuye Stormy Daniels, ariko avuga ko amafaranga yamuhaye yayakuye mu mufuka we, ndetse yaba Trump cyangwa sosiyete ye nta n’umwe wari ubizi.

Clifford uzwi nka Stormy Daniels ni umwe mu bagore batatu batangiye urugendo rugana ubutabera bashinja Trump kuryamana nabo cyangwa kubahohotera. Yemeza ko ikirego cye gitandukanye n’iby’abandi ariko kuko yatewe ubwoba ndetse hagakoreshwa uburyo butandukanye hagamijwe kumucecekesha.

2018-03-26
Editorial

IZINDI NKURU

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Editorial 02 May 2016
Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Editorial 28 Sep 2024
Imikino y’umunsi wa mbere mu gikombe cya Afurika yasojwe Mali itsinze Tunisie mu mukino umusifuzi yasoje habura iminota 4 ngo urangire

Imikino y’umunsi wa mbere mu gikombe cya Afurika yasojwe Mali itsinze Tunisie mu mukino umusifuzi yasoje habura iminota 4 ngo urangire

Editorial 13 Jan 2022
RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

RDC: Imirwano ikomeye mu Kiyaga cya Kivu yaguyemo batatu

Editorial 24 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.
Amakuru

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Editorial 11 May 2021
Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR
INKURU NYAMUKURU

Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR

Editorial 11 Mar 2020
Ambasaderi Rugwabiza  yatanze  ikiganiro muri LONI mu mihango yo #kwibuka23
ITOHOZA

Ambasaderi Rugwabiza yatanze ikiganiro muri LONI mu mihango yo #kwibuka23

Editorial 08 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru