• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

  • APR BBC izahura na REG ku mukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball 2025, ni nyuma yo gusezerera Patriots BBC   |   30 Jun 2025

  • AMAFOTO: Serumogo Omar yongereye amasezerano muri Rayon Sports, Rushema Chris na Tambwe Gloire basinya amasazerano mashya   |   28 Jun 2025

  • Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka   |   28 Jun 2025

  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umunyamakuru Gasasira Gaspard yitabye Imana azize urupfu rutaramenyekana

Umunyamakuru Gasasira Gaspard yitabye Imana azize urupfu rutaramenyekana

Editorial 07 Sep 2016 Mu Mahanga

Umunyamakuru Gasasira Gaspard yitabye Imana muri iki gitondo cyo kuri uyu wa 7 Nzeri 2016, urupfu rwe rukaba rutarasobanuka.

Amakuru twabashije kumenya avuga ko Gasasira Gaspard yapfuye ubwo yiteguraga kujya kukazi ngo yabanje kwicara kuntebe yo kurubaraza iwe ayisinziriramo ari nayo yaguyemo kuko bagiye kumwegura basanga byarangiye.

Umukozi wo mu rugo avuga ko mu masaha ya saa kumi n’imwe z’igitondo, ari bwo Gasasira yabyutse amusaba koza imodoka, ubwo yozaga imodoka Gasasira ngo yari yicaye ku rubaraza rw’inzu agaragara ko afite integer nke, umukozi aje kumureba aho yari yicaye asanga atagihumeka.

Umurambowe wahise ujyanwa mu bitaro byitiriwe umwami Faisal ( King Faisal Hospital ) ngo hasuzumwe icyaba cyamwishe. Nubwo bikekwa ko yaba yishwe n’indwara y’umutima ( Heart disease )

Gasasira Gaspard, yabaye umunyamakuru kuva mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba ari umwe mubanyamakuru bakera bake bari basigaye kuri iy’Isi kuko abenshi batangiranye nawe umwuga w’Itangazamakuru bishwe muri Jenoside.

Gasasira Gaspard azwi nk’umunyamakuru w’intwari wahanganye bikomeye n’ingoma y’igitugu ya Perezida Habyarimana, ubwo yari umunyamakuru muri Kinyamateka ya Kiriziya gatolika yakunze kugaragara mu nkuru zikomeye, ubwo hari hatangiye igeragezwa rya Jenoside mu Bugesera, uwari Burugumesitiri Rwambuka atangiye gutwikira Abatutsi , Gasasira ntiyariye iminwa niwe wabaye uwambere kujya gufotora inzu z’Abatutsi ziri gushya zigurumana umuriro.

Sibyo gusa kuko yakunze kwandika muri Kinyamateka inkuru zamagana ubwicanyi bw’Abagogwe muri Kibirira na Bigowe aha ni mu cyahoze ari Gisenyi na Ruhengeri.

-3981.jpg

Gasasira Gaspard, nyakwigendera

Gasasira yabaye umwe mu banyamakuru bakunze kujya mu birindiro bya RPF-Inkotanyi ubwo zari zarigaruriye igice kinini cya Byumba na Ruhengeri agatangaza amakuru acukumbuye arebana n’urugamba rwa RPF.

Gasasira Gaspard yari muntu ki ?

Gasasira Gaspard yavukiye mu Kagari ka Jenda, Umudugudu wa Mataba, Umurenge wa Mugina, Akarere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, niho yakuriye ahagana muri 1973, ababyeyi be baje guhunga bamuhunganye bajya Tanzania ahitwa Biharamuro, baje kugaruka mu Rwanda 1978, ariga aza no gukora akazi gatandukanye aribwo 1990 nyuma y’igitero k’inkotanyi n’ifungwa ry’ibyitso Gasasira yinjiye mu Itangazamakuru ryandika muri Kinyamateka.

Nyuma y’ibohorwa ry’Igihugu, Gasasira yabaye S/Prefe mu kitwaga Butare ubu ni Intara y’Amajyepfo, avayo ajya gukora muri ORINFOR/RBA, mu Mvaho nshya, avayo ajya gukora muri Minisiteri y’Ubutabera ashinzwe ikinyamakuru Inkiko Gacaca, ariho yavuye ajya muri Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG).

Akaba yari ashinzwe ibijyanye no gushyira inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu murage w’isi (patrimoine de l’UNESCO).

-3982.jpg

Imana imuhe iruhuko ridashira.

Umwanditsi wacu

2016-09-07
Editorial

IZINDI NKURU

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Editorial 01 Jul 2016
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Editorial 30 Oct 2021
Perezida Museveni yavuze ko agiye kwirukana abaganga bahagaritse akazi basaba kongererwa umushahara. 

Perezida Museveni yavuze ko agiye kwirukana abaganga bahagaritse akazi basaba kongererwa umushahara. 

Editorial 17 Nov 2017
A reflection on the 11th Resolution of the Cabinet Retreat: Long term saving for all Rwandans

A reflection on the 11th Resolution of the Cabinet Retreat: Long term saving for all Rwandans

Editorial 05 Apr 2016
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Editorial 01 Jul 2016
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Editorial 30 Oct 2021
Perezida Museveni yavuze ko agiye kwirukana abaganga bahagaritse akazi basaba kongererwa umushahara. 

Perezida Museveni yavuze ko agiye kwirukana abaganga bahagaritse akazi basaba kongererwa umushahara. 

Editorial 17 Nov 2017
A reflection on the 11th Resolution of the Cabinet Retreat: Long term saving for all Rwandans

A reflection on the 11th Resolution of the Cabinet Retreat: Long term saving for all Rwandans

Editorial 05 Apr 2016
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Editorial 01 Jul 2016
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Editorial 30 Oct 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru