• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunyamideli Mupende Alexia yishwe, harakekwa umukozi wo mu rugo

Umunyamideli Mupende Alexia yishwe, harakekwa umukozi wo mu rugo

Editorial 09 Jan 2019 ITOHOZA

Umunyamideli wabigize umwuga Alexia Uwera Mupende, yiciwe mu rugo rw’iwabo i Kanombe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.

Amakuru agera kuri Igihe dukesha iyi nkuru  ni uko uyu mukobwa yiteguraga ubukwe muri Gashyantare uyu mwaka. Bivugwa ko yishwe n’umukozi wo mu rugo amukase ijosi ahagana saa moya n’igice z’ijoro.

Urebeye kuri WhatsApp ye, bigaragara ko yaherukaga kuyikoresha saa moya n’iminota itandatu z’umugoroba.

Umuntu umwe wo mu muryango we yavuze ko bamenye amakuru y’urupfu rwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.

Bivugwa ko uyu mukobwa wavutse mu 1984 yari mu gitanda cye ari naho umukozi yamusanze akamwica. Yari avuye mu kazi ke k’imideli mu bijyanye na Kigali Fashion Week akigera mu rugo i Nyarugunga.

Mupende yatangiye kumenyekana mu by’imideli mu mwaka wa 2012 ubwo yatsindaga irushanwa rya Rwanda Premier Model Competition.

Mbere yaho mu 2006 yaje mu bakobwa batandatu ba mbere mu marushanwa ya Face of Africa ari nabyo byamwinjije ku ruhando rw’abanyamideli mu myaka itandatu yakurikiyeho.

Yagiye yitabira ibikorwa by’imideli bikomeye ku Isi nka Dubai Runway Season II. Yakoranye n’abahanzi b’imideli bakomeye barimo Modupe Omonze, Shaleen Cheah, Helen Couture, Si Fashion Galerie na Khalid Al Ayoub.

Yari umukobwa ubaho mu buzima bwihariye

Uyu mukobwa witabye Imana afite imyaka 35 y’amavuko, yarangije amasomo ye ya Kaminuza muri Mount Kenya University mu ishami ry’Imari n’Ikoranabuhanga.

Abantu bamuzi bazi ko ari umukobwa wakundaga umusatsi wa dread ndetse no mu kuranga urupfu rwe, abatamuzi wumvaga bavuga bati ‘umwe wa dread’.

Nkuko bigaragara ku rukuta rwe rwa Twitter, yari amaze iminsi yamamaza ibikorwa by’ibigo bitandukanye birimo na serivisi za RwandAir.

Mu biganiro yakunze guha itangazamakuru, inshuro nyinshi yumvikanye avuga ko akunda kuba umuntu w’umwimerere uzira kwisiga ibirungo. Yigeze gutangaza ko ari umuntu ukunda filimi z’urukundo kurusha iz’imirwano n’izindi bifitanye isano.

Yigeze kuvuga kandi ko mu buzima bwe ikintu atinya kurusha ibindi, ari icyo adafiteho ububasha cyangwa se icyo atazi. Ibi bikiyongeraho inyamaswa zirimo ibikururanda nk’inzoka.

Umwuga wo kumurika imideli ni kimwe mu byari indoto ze mu buzima bwe ku buryo ngo iyo atabasha kuzikabya, yari kwifuza nko kuba umunyamakuru ukora inkuru zijyanye n’ubukerarugendo.

Mu byamamare byo ku Isi, yakundaga umuhanzi cyane Neyo.

Abamuzi neza kandi bahamya ko ari umuntu wakundaga Imana akanayubaha. Yigeze gutangaza bibaye ngombwa ko abaza Imana ikibazo kimwe, cyaba kivuga ku muhamagaro we muri iyi Si.

Ati “Kuri iyi Si nazanywe n’iki? Ubuzima bwanjye ibufiteho iyihe ntego.”

Naho abajijwe icyo yakora mu gihe yaba agize amahirwe yo gutsindira nka miliyoni y’amadolari, yagize ati “Miliyoni y’amadolari, hari byinshi. Icya mbere nabanza ngatanga icya cumi kuko ndatekereza ko gutsinda byaba ari ku buntu bw’Imana. Ni yo mugenga wa byose.”

Yakomeje agira ati “Nayashora mu kintu cyangirira akamaro n’abanjye mu gihe kizaza. Nagira ayo nkoresha mu gufasha abatishoboye, mu bikorwa by’ubugiraneza. Rimwe na rimwe iyo uhawe umugisha, ni byiza gufasha no guha umugisha abandi, abantu bamwe babyita kwiteganyiriza, mu bitekerezo byanjye nakora ikintu cyatuma Isi irushaho kuba nziza.”

Alexia Uwera Mupende yavukiye muri Kenya, ahiga amashuri abanza nyuma aza kuyasozera muri Uganda mbere yo kuhava aza mu Rwanda. Yari uwa kane mu muryango w’abana batanu.

Urupfu rwe rwababaje benshi

View image on TwitterView image on TwitterView image on Twitter
Yari afite ubukwe
View image on Twitter
View image on Twitter
View image on Twitter

2019-01-09
Editorial

IZINDI NKURU

Ikinyoma cya The New Vision  “Nyamwasa: Impamvu nashwanye na Kagame.’’

Ikinyoma cya The New Vision  “Nyamwasa: Impamvu nashwanye na Kagame.’’

Editorial 06 May 2019
Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Editorial 14 Mar 2023
Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Editorial 21 Apr 2019
Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Editorial 16 Apr 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    January 12, 20197:48 pm -

    Kagome niwe wamwishye

    Subiza

Leave a Reply to Sunday Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer
Amakuru

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Editorial 14 Nov 2024
Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013
Amakuru

Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Editorial 18 Jan 2022
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage bo mu karere ka Nyamagabe kurwanya  ubwambuzi bushukana
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage bo mu karere ka Nyamagabe kurwanya ubwambuzi bushukana

Editorial 13 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru