• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Editorial 16 Sep 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Umunyarwanda witwa Benimana uheruka kurekurwa n’inzego z’umutekano za Uganda nyuma y’umwaka afunze azira akarengane, yatanze ubuhamya bw’uko yagiye gushakisha akazi muri Uganda ariko akaza gufungwa ndetse agakoreshwa imirimo y’uburetwa ashinjwa kutagira ibyangombwa, abo bari kumwe bikabaviramo urupfu.

Benimama w’imyaka 19 y’amavuko akomoka mu Karere ka Musanze Umurenge wa Kinigi, avuga ko ku wa 14 Nzeri 2018 aribwo yavuye iwabo yerekeza muri Uganda gushaka akazi ageze ku mupaka bamuha urupapuro rumwemerera gukomeza.

Nyuma yaje guhura n’abasirikare bo muri icyo gihugu bamusaba ibyangombwa, abereka rwa rupapuro bahita baruca, abandi bari babafatanye 30, abagera kuri 20 batanga amafaranga barabarekura, babasigarana ari 10 babajyana kubafunga.

Yasobanuye ko iyo bamaraga kubafata bababeshyaga ko nibemera ibyo bashinjwa bazahita babasubiza mu Rwanda nyamara ari amayeri yo kugira ngo babone uko urukiko rubakatira.

Nyuma babajyanye mu rukiko bashinjwa kwinjira muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bakatirwa gufungwa amezi 18 ariko ushoboye kwishyura miliyoni 1.5 y’amashilingi bakamurekura.

Bamaze gukatirwa bajyanywe muri Gereza ya Kisoro ariko hashize ukwezi baza kuhabakura bajyanwa aho bita Kiburara batangira gukoreshwa imirimo isa n’ubucakara ari naho Benimana ku wa 14 Nzeri 2019 yarangirije igifungo cy’umwaka yakatiwe ahita yoherezwa mu Rwanda.

Ati “Tuhageze batangira kuduhingisha, abo twahasanze bakanadukubita batubwira ko ‘akazi twaje gushaka ko guhinga twakabonye’ ngo dutangire. Hari ahantu hari amashyamba arimo amahwa y’imishubi gusa bakatujyanamo ngo tubirandure n’intoki, bamwe bagapfiramo.”

Benimana yavuze ko uwagiraga Imana ntapfiremo byanamugoraga kubaho ubuzima bwaho kubera kutabumenyera ariko abahamaze igihe hari ubwo babahinduriraga bagahabwa akazi ko kuragira inka ariko kadahemberwa.

Yasobanuye ko birirwaga bahinga umubyizi w’umunsi umwe Leta ya Uganda ikawubarira amashilingi 100 igihe umuntu agiye gutaha mu Rwanda akaba aribwo ayahabwa akayakoresha nk’itike imucyura.

Ati “Bankubitaga aho babonye, abandi twari kumwe babavanaga aho bakabajyana i Mbarara bameze nabi ntabwo namenya niba barakize cyangwa barapfaga ariko nabonye abantu nk’umunani babakura aho bameze nabi.”

Benimana avuga ko muri Gereza ya Kisoro yabanje gufungirwamo, yayisizemo abanyarwanda barenga 30, Gereza ya Kabare yimuriwemo ayisangamo abandi banyarwanda 40 naho iya Kiburaro yagiyemo bwa nyuma yayisizemo abasaga 20.

Benimana avuga ko abanyarwanda baba bafungiye muri Gereza za Uganda babaho nabi ku buryo hari n’abapfa bishwe n’ibikoresho byogeshwa amasafurika bagaburirwa n’abandi bagororwa.

Ati “Uwapfiriyeyo bashatse ibyo bogesha amasafuriya barabivungura bamushyirira mu biryo arabirya arapfa. Amaze gupfa umurambo we barawupakira ntitwamenye aho bawujyanye.”

Benimana yasobanuye ko uwo munyarwanda yishwe n’abagororwa b’abanya-Uganda bamuhora ko agerageza gufasha abanyarwanda babaga bagejejwe muri iyo Gereza bwa mbere.

Ati “Iyo ugiye gutaha bakujyana ku bitaro bakaguha imiti ku buryo utaha nta kibazo ariko inkovu nko ku kibuno ziba ziriho.”

U Rwanda rwakomeje kugaragaza ko hari abaturage barwo bakorerwa iyicarubozo aho bafungiye muri Uganda kandi bigakorwa n’inzego z’umutekano.

2019-09-16
Editorial

IZINDI NKURU

APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)

APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)

Editorial 13 Jun 2025
Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Editorial 13 Aug 2018
Umugabo afungiwe gukwirakwiza amafaranga y’amiganano

Umugabo afungiwe gukwirakwiza amafaranga y’amiganano

Editorial 29 Oct 2016
Uko Robot yiswe Sophia yatumiwe kuzitabira ikiganiro kirimo Perezida Kagame

Uko Robot yiswe Sophia yatumiwe kuzitabira ikiganiro kirimo Perezida Kagame

Editorial 15 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside
ITOHOZA

IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

Editorial 17 Sep 2018
Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake
ITOHOZA

Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake

Editorial 05 May 2018
People are still escaping Nkurunziza regeme in abig number
ITOHOZA

People are still escaping Nkurunziza regeme in abig number

Editorial 14 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru