• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Editorial 24 Sep 2017 ITOHOZA

Umuryango wa Assinapol Rwigara urimo Diane Shima Rwigara, murumuna we Anne n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara ; bongeye gutabwa muri yombi na Polisi y’Igihugu ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu kuri ubu bakaba bafungiwe kuri Station ya Polisi ya Remera aho bategereje gushyikirizwa ubushinjacyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theos Badege, yemeje ko itabwa muri yombi ryabo rifitanye isano n’ibyaha bari basanzwe bakurikiranyweho ariko hiyongeraho ikindi cyo gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu.

Yagize ati “Ubu barafunze. Ibyaha ni bya bindi ariko bagaragaweho ibimenyetso by’ibikorwa barimo byo gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu ariko igikomeye cyane nyuma yo gukomeza gukurikiranwa badafunze, ni uko banze kujya bakorana neza n’ubugenzacyaha ku bwende bwabo.

Ibyo byasabaga kubazana, mwumvise ko mu minsi ishize [Diane] uko abajijwe avuga ibyo yabajijwe byose. Ibyo byose rero bari banatangiye no gutambamira iperereza niyo mpamvu ubugenzacyaha bwafashe icyemezo cyo kubakurikirana bafunze.”

Me Janvier Rwagatare, umunyamategeko wunganira abo mu muryango wa Rwigara ku byaha bakurikiranyweho, yari amaze igihe gito yikuye muri uru rubanza, amakuru avuga ko mu ibazwa ryabo ryakurikiyeho babaga ari bonyine, Me Janvier Rwagatare mbere y’uko yikuye muri iyi dosiye yatangaje ko ibyo Polisi yakoze ubwo yatwaraga Diane Rwigara, Adeline Rwigara na murumuna we Anne Rwigara, kungufu, byari byubahirije amategeko kuko hari habanje gukorwa ibiteganywa n’amategeko. Iki gisubizo cyababaje bikomeye Adeline Rwigara n’abana be arinacyo cyakuruye amakimbirane hagati yabo na Me Jamvier Rwagatare uku kutumvikana niko kwavuyemo kwikura muri Dosiye k’umwunganizi wabo urubanza nyirizina rutaraba.

ACP Badege avuga ko aba batatu batawe muri yombi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu aho ubu bafungiye kuri Station ya Police ya Remera.

-8086.jpg

ACP Theos Badege

Diane Rwigara akaba yari asanzwe akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano mu gihe yashakaga kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.

-8085.jpg

Diane Rwigara

NEC yatangaje ko Diane Rwigara afatanyije n’umukorerabushake wayo mu Karere ka Rulindo, biganye imikono y’abantu bagasinyira abagera kuri 26 imyirondoro yabo ikuwe ku makarita y’itora uwo mukorerabushake yari afite.

Ikindi kandi ni uko ku ilisiti y’abari bashyigikiye kandidatire y’uyu mukobwa w’imyaka 35, hanagaragayeho abantu bapfuye aribo Rudahara Augustin; Maniraguha Innocent na Byiringiro Desire.

-8084.jpg

Diane Shima Rwigara, murumuna we Anne n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara

Abandi bo mu muryango we bo bakurikiranyweho ibijyanye no kunyerereza imisoro binyuze mu ikompanyi yanditse ku muryango wabo.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro cyatangaje ko uruganda rutunganya itabi rw’uyu muryango rumaze imyaka irenga itanu nta n’urumiya rw’imisoro rwishyura. Amakuru avuga ko habarurwa asaga miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda iki kigo cyari gikwiye kuba cyarishyuye kuva mu 2012.

Tariki ya 7 Nyakanga 2017 ubwo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangazaga urutonde rw’abakandida bemerewe guhatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika, hatangajwe impamvu abakandida barimo Diane Shima Rwigara, Sekikubo Barafinda Fred na Mwenedata Gilbert batemerewe.

Kuri Diane Rwigara, Prof Kalisa Mbanda uyobora Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yagize ati “Gukoresha amazina n’indi myirondoro y’abayoboke b’Umutwe wa Politiki yashyize ku rutonde rw’abamusinyiye abantu 34 bavanywe ku ilisiti y’Abayoboke b’Umutwe wa Politiki PS Imberakuri.”

Mukabunani Christine yavuze ko bakorewe ubujura ariyo mpamvu batangiye igenzura. Ati “Badutwariye inyandiko y’umwimerere iriho abarwanashyaka bacu. Ni ziriya lisiti dusinyaho iyo dushinga ishyaka, barayitwaye ariko turacyakurikirana.”

Mukabunani yakomeje avuga ko iyo nyandiko yibwe iriho amazina y’umuntu, umukono, indangamuntu n’akarere aho avuga ko yibwe hashakwa ‘iriya mikono babatuma’. Gusa ngo kugeza ubu ntibaramenya uko byagenze kugira ngo igere mu maboko ya Diane Shima Rwigara.

Ati “Twebwe baba baradusinyiye, ukaza ugafata iyo nyandiko yose ukayitwara ukavuga uti dore abantu bansinyiye kugira ngo niyamamaze.” Yongeye ho ko ibiranga ko inyandiko ari iya PS Imberakuri ‘bashobora kuba barabikuyeho ariko ikigaragara ni uko urutonde rwacu barutwaye kandi ba nyiri ugusinya batabizi, mbese nta muntu wacu bagezeho ngo asinye ahubwo bateruye inyandiko iriho imikono ibindi bagenda bahindagura”.

PS-Imberakuri izarega Diane Rwigara

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Mukabunani, yatangaje ko ziriya nyandiko ahantu hatatu ziri ari muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu bazijyanye icyo gihe igishinzwe imitwe ya politiki, iyajyanywe muri Minisiteri y’Ubutabera kuko ari bo bakoraga igazeti na kopi ishyaka ryasigaranye.

Akomeza avuga ko iperereza rikomeje ariko yaba uwatanze urutonde rw’abarwanashyaka ba PS-Imberakuri n’uwarukoresheje bombi bazaregwa.

Yagize ati “Twiteguye ko nituramuka tumenye neza amakuru, ibimenyetso byose tubifite tuzamutwara mu rukiko [Diane Shima Rwigara] ariko tuzabanza duhure n’abarwanashyaka bacu cyane cyane ko ari bo birimo kureba, tuzahura batange igitekerezo ariko icy’ingenzi ni uko tuzarega.”

-8087.jpg

Mukabunani Christine uyobora PS Imberakuri yavuze ko ishyaka rye ryakorewe ubujura

2017-09-24
Editorial

IZINDI NKURU

 Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

 Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

Editorial 29 Nov 2017
Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir

Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir

Editorial 14 Oct 2017
Kigali: Umwarimu ukekwaho gusambanya umunyeshuri yigishaga ari gushakishwa uruhindu

Kigali: Umwarimu ukekwaho gusambanya umunyeshuri yigishaga ari gushakishwa uruhindu

Editorial 09 Jul 2017
‘Umwami Kigeli  akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

Editorial 22 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zirabe maso, Ramaphosa ari mu bugambanyi n’ibyihebe
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zirabe maso, Ramaphosa ari mu bugambanyi n’ibyihebe

Editorial 12 Feb 2025
Abanyeshuri 7000 babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko  rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Abanyeshuri 7000 babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Editorial 23 Jan 2016
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu

Editorial 29 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru