• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ?    |   29 May 2025

  • INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR   |   29 May 2025

  • Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza   |   29 May 2025

  • AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya   |   29 May 2025

  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 6.7% mu gihembwe cya kabiri cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 6.7% mu gihembwe cya kabiri cya 2018

Editorial 19 Sep 2018 UBUKUNGU

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, kuri uyu wa Kabiri cyatangaje ko mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) wazamutse ku rugero rwa 6.7%, aho wari ufite agaciro ka miliyari 2 000 Frw zivuye kuri miliyari 1.869 Frw mu gihembwe nk’iki cya 2017.

Uku kwiyongera kwatewe ahanini n’umusaruro w’ubuhinzi wazamutse ku ku rugero rwa 6%, umusaruro w’inganda uzamuka ku 10%, naho umusaruro w’urwego rwa serivisi uzamuka ku rugero rwa 5%.

Umuyobozi wungirije wa NISR, Ivan Murenzi, yavuze ko guhera muri Mata kugeza muri Kamena uyu mwaka, izamuka ry’umusaruro w’ubuhinzi ryatewe ahanini n’ubwiyongere bw’umusaruro w’ibihingwa nganduraruo n’uw’ibihingwa ngengabukungu.

Ibihingwa ngandurarugo byazamutseho 6% mu gihembwe cya mbere cy’ihinga, naho uw’ibihingwa ngengabukungu uzamukaho 6% bitewe ahanini n’ubuhinzi bw’icyayi n’ikawa.

Izamuka ry’umusaruro w’inganda ryatewe n’ubwiyongere bw’umusaruro w’icyiciro cy’inganda zitunganya ibintu binyuranye wiyongereyeho ku rugero rwa 12%, ndetse n’uw’ibikorwa by’ubwubatsi wiyongereyeho 11%.

Umusaruro w’inganda zitunganya ibiribwa wazamutse ku rugero rwa 19%, bitewe ahanini n’uw’inganda zitunganya ibinyampeke wazamutse ku rugero rwa 32%, mu gihe uw’izitunganya icyayi, ikawa n’isukari wazamutse ku rugero rwa 6%.

Umusaruro w’inganda zikora imyenda n’ibikomoka ku mpu wazamutse ku rugero rwa 13%, uw’izitunganya ibikoresho by’ubwubatsi nk’amabati n’ibindi bikoze mu byuma uzamuka ku rugero rwa 32%.

Izamuka ry’umusaruro wa serivisi ryatewe n’izamuka ry’umusaruro ukomoka ku bucuruzi buranguza n’ubudandaza wiyongereyeho ku rugero rwa 11%, bitewe no gucuruza ibikomoka ku buhinzi n’ibitunganyirizwa mu nganda.

Umusaruro wa serivisi z’ubwikorezi wazamutseho 13% bitewe n’izamuka ry’umusaruro w’ubwikorezi bwo mu kirere wazamutse ku rugero rwa 17%. Umusaruro w’ibikorwa by’itumanaho wazamutse ku rugero rwa 18%, uwa serivisi by’ibigo by’imari n’ubwishingizi uzamukaho 7%, naho serivisi zitangwa n’ubuyobozi rusange uzamukaho 4%.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko kuba umusaruro mbumbe wazamutse kuri iki kigero bitanga icyizere.

Ati “Ku bwacu ni izamua ryiza muri izi nzego eshatu, ubuhinzi, inganda na serivisi. Ubwubatsi burimo gutera imbere bitewe n’ingamba twafashe zo guteza imbere ibikorerwa hano mu bwubatsi. N’ibindi birimo gutera imbere neza ku buryo butanga icyizere”.

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yateganyije ko ubukungu muri uyu mwaka, buzazamukaho 7.2%. Minisitiri Ndagijimana avuga ko iyi ntego igihari kandi hari icyizere ugendeye ko mu gihembwe cya mbere umusaruro mbumbe wari wazamutse ku rugero rwa 10.6%, ubu ukaba wazamutse kuri 6.7%.

Ati “Turacyafite amezi atandatu ntabwo twahindura intego”.

2018-09-19
Editorial

IZINDI NKURU

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Editorial 05 Feb 2020
BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Editorial 27 Nov 2017
Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Editorial 01 Aug 2018
Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Editorial 26 Nov 2017
BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Editorial 05 Feb 2020
BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Editorial 27 Nov 2017
Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Editorial 01 Aug 2018
Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Editorial 26 Nov 2017
BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Editorial 05 Feb 2020
BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Editorial 27 Nov 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru