• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga

Editorial 03 Jan 2016 Mu Mahanga

​Abakozi b’amasosiyeti yingenga acunga umutekano bagomba gukora akazi kabo kinyamwuga kugira ngo banoze neza serivisi baha ababagana. Ibi ni ibyavuzwe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana, ubwo yatangizaga inama y’umunsi umwe yari igenewe abashinzwe kugenzura abakozi n’uko akazi ko gucunga umutekano gakorwa mu masosiyeti yigenga akora ako kazi. Iyi nama yabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru tariki ya 2 Mutarama 2016.

Iyi nama yagiranye nabo, yari igamije kuganira nabo no kurebera hamwe uko akazi basanzwe bakora karushaho gukorwa neza ku bufatanye bw’impande zombi.
IGP Gasana yashimangiye ko ubufatanye bwabo na Polisi y’u Rwanda ari ngombwa cyane mu gukumira no kurwanya ibyaha bitandukanye bibangamira umutekano. Iyi mikoranire ikaba ariyo shingiro ry’umutekano usesuye, kuko aribyo nkingi yo kwiteza imbere mu buryo bunyuranye.

Yakomeje avuga ko ibiza, iterabwoba, ibyaha ndetse n’ingengabitekerezo mbi bibangamira amahoro, n’umutekano usesuye by’isi yose; bityo ubufatanye bukaba ari ingenzi mu kubikumira no kubishakira umuti urambye.

Yagize ati:” ubufatanye mu guhererekanya amakuru ni ikintu cya ngombwa mu kubuza no kurinda icyo aricyo cyose cyahungabanya umutekano no kurinda abaturarwanda n’ibyabo.”

-1611.jpg
Uku guhora turi maso, twiteguye ndetse n’ubunyamwuga mu kazi, ni ngombwa cyane ndetse bikanajyana no kugira ibikoresho bihagije by’akazi, no kuba abakozi bahora bajijutse baniyungura ubumenyi.

Kashemeza Robert, umuyobozi wa sosiyeti yigenga yo gucunga umutekano ya Topsec, akaba anakuriye Ihuriro ry’amasosiyeti yigenga acunga umutekano mu Rwanda, yashimiye Polisi y’u Rwanda kuba ihora ibafasha mu kazi kabo ka buri munsi ko gucunga umutekano.

Yakomeje avuga ko uku kubahuriza hamwe mu mahugurwa ari ngombwa kuko bungurana ibitekerezo, bakungukiramo inama nyinshi, ibi bigatuma batanga serivisi nziza, bakora akazi kabo kinyamwuga ndetse bakanubaha n’ababagana
Kashemeza yongeyeho ko gutangira amakuru ku gihe ari ikintu cy’ingenzi mu kurwanya icyo aricyo cyose cyahungabanya umutekano. Yavuze ko abagize sosiyeti zigenga zo gucunga umutekano bagomba guhora biteguye kubirwanya no kubikumira.
Sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano zigenzurwa na Polisi y’u Rwanda,kugeza ubu, izemewe gukora zujuje ibisabwa zikaba ari 19 zikorera hirya no hino mu gihugu.

RNP

2016-01-03
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Editorial 19 May 2019
Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Editorial 12 Dec 2016
Amatora ya Perezida 2017 atangiye kwiteguranwa akabaraga n’abafite ubumuga

Amatora ya Perezida 2017 atangiye kwiteguranwa akabaraga n’abafite ubumuga

Editorial 21 Sep 2016
Abayobozi ba FDLR bishwe nyuma yuko bashishikarijwe gushyira intwaro hasi bagataha mu Rwanda, bavunira ibiti mu matwi ahubwo bagaragaza ingengabitekerezo yabo

Abayobozi ba FDLR bishwe nyuma yuko bashishikarijwe gushyira intwaro hasi bagataha mu Rwanda, bavunira ibiti mu matwi ahubwo bagaragaza ingengabitekerezo yabo

Editorial 12 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko
Mu Mahanga

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Editorial 16 Jan 2019
Eric Nshimiyimana yabonye intsinzi ya mbere kuva agizwe umutoza mukuru wa Bugesera FC
Amakuru

Eric Nshimiyimana yabonye intsinzi ya mbere kuva agizwe umutoza mukuru wa Bugesera FC

Editorial 18 Feb 2023
Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45
IMIKINO

Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45

Editorial 01 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru