• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Editorial 14 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, UBUZIMA

Kuva mu mpera z’ukwezi kwa Nzeri 2024, mu Rwanda hatahuwe indwara ya ” Marburg” ndetse inatwara ubuzima bw’abantu, cyane cyane abo mu nzego z’ubuvuzi.

Kubera ko iyo ndwara yandura cyane, byasabye ko Leta y’u Rwanda, ibinyujije muri Ministeri y’Ubuzima, yihutira cyane gutahura uruhererekane rw’abahuye n’uwanduye ngo bitabweho kandi batanduje abandi, gufata ingamba zirimo ubukangurambaga mu baturage, bujyanye no kumenyekanisha uko Marburg yandura, ibimenyetso byayo, n’uko yirindwa.

Kuri ibi hiyongereyeho no kwihutira gushaka inkingo, ndetse nk’uko byemezwa na Dr Craig Spencer umuganga, umushakashatsi ku ndwara ziterwa na virusi, akaba n’umwarimu muri kaminuza ya BROWN muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu minsi 8 gusa kuva umuntu wa mbere arwaye Murburg, abantu bari batangiye gukingirwa, uhereye ku batanga serivisi z’ubuvuzi.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cya ” Brown University, School of Public Health” Dr Spencer yavuze ko ibi aribyo byafashije uRwanda gitsinda bwangu Marburg, rwongera kugaragaza ko ari igihugu gihangayikishwa n’ubuzima bw’abaturage bacyo, kuko cyihuta mu gushaka ibisubizo.

Dr Spencer kandi asanga kuba abaturage bafitiye ubuyobozi icyizere bifasha cyane mu kurwanya indwara nk’izi z’ibyorezo, kuko bashyira mu bikorwa amabwiriza ya Leta ajyanye no kwirinda, nyamara akunze kugorana mu bindi bihugu. Ibyo ngo ni nabyo byafashije uRwanda mu guhangana na Covid-19.

Mu kiganiro cye, Dr Craig Spencer yashimye uburyo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi uRwanda rwashoye imbaraga nyinshi mu kubaka no gusana ibikorwaremezo by’ubuzima, no kubakira ubushobozi abakozi bo mu rwego rw’ubuzima, ari nabyo bituma rubasha guhangana n’indwara z’ibyorezo, no guteza imbere imibereho y’abaturarwanda muri rusange.

Mu gusoza, iyi mpuguke ndetse iri no mu itsinda ry’abaganga bagira inama guverinoma y’Amerika mu kurwanya indwara z’ibyorezo, isanga uko uRwanda rwitwaye mu guhangana na Marburg ari urugero rwiza ruzafasha ibindi bihugu mu gihe byaba bihuye n’icyorezo nk’iki.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, ubwo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryatangazaga ku mugaragaro ko nta ndwara ya Marburg ikirangwa mu Rwanda, naryo ryishimiye uburyo uRwanda rukorera mu mucyo, haba mu kugaragaza imiterere nyakuri y’ikibazo, haba no mu mikoranire n’abafatanyabikorwa mu rwego rw’ubuzima.

2024-11-14
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Editorial 25 Jun 2025
Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United

Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United

Editorial 04 Aug 2022
Icyoba ni cyose ku mupaka wa Uganda na Congo

Icyoba ni cyose ku mupaka wa Uganda na Congo

Editorial 16 Dec 2017
Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye ibera muri Ghana

Editorial 11 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urwa Semukanya Intahanabatatu, Rukara mwene Bishingwe wa Sekidandi umutware w’imitwe y’ingabo Abakemba
Mu Mahanga

Urwa Semukanya Intahanabatatu, Rukara mwene Bishingwe wa Sekidandi umutware w’imitwe y’ingabo Abakemba

Editorial 11 Aug 2016
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)

Editorial 28 Feb 2016
Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe
POLITIKI

Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe

Editorial 04 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru