• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Dr. David Himbara na Kayumba Nyamwasa ba kanwa kabi

Dr. David Himbara na Kayumba Nyamwasa ba kanwa kabi

Ubwanditsi 11 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umushakashatsi Tom Ndahiro aribaza ati : “Ni nde waroze bamwe mu Banyarwanda bari barize bagatiza umurindi umugambi wa Jenoside”?

Igihe cyose utekereje aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze kuva Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe n’Inkotanyi ikibazo cy’uruhare rw’Abanyarwanda bize gikwiye kugarukwaho.

Ati :“ Nyuma yo gusoma inyandiko nagaragazagamo igwingira ry’uwitwa Dr. Innocent Biruka, hari uwambajije ati “Ni nde waroze bamwe mu Banyarwanda bize, aho kuba igisubizo cy’umuryango Nyarwanda bagahinduka ikibazo?”

Yatangiye ampa ingero ahereye mu mwaka wa 1957 agira ati “Abanyarwanda bitwa ko bari barize icyo gihe kurusha abandi nibo bahimbye banatangaza icyiswe ‘Manifeste de Bahutu.”

Iyi nyandiko ikaba ari yo yabaye inkingi y’ingengabitekerezo y’irondabwoko n’ivangura mu Rwanda. Abasinye iyo nyandiko ni na bo soko y’ibitekerezo byabaye ishingiro rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu bihe bitandukanye bigasozwa n’iyakozwe mu 1994.

Abahanga muri Jenoside

Abo mu myaka ya mbere y’ubwigenge, ni bo bahaye urugero ba Dr. Sindikubwabo Théodore, Dr. Ferdinand Nahimana, Dr. Léon Mugesera, Dr. Mathieu Ngirumpatse, Prof. Bernard Mutwewingabo n’umugore we, Dr. Ignace Murwanashaka, Musenyeri Focas Nikwigize, Musenyeri Augustin Misago, Padiri Anastase Seromba, Dr. Gerard Ntakirutimana, Dr. Innocent Butare, Dr. Eugène Rwamucyo, Prof. Maniragaba Baributsa, Charles Ndereyehe n’abandi benshi bakomeje umugambi n’ibitekerezo bya Jenoside.

Benshi muri bo inyandiko n’imvugo byabo bisebya amashuri bize kurusha kuyahesha agaciro. Ari nabyo nita kugwingira mu mitekerereze n’imyumvire. Umuntu wiyubaha, agakubitiraho kuba yarize, yirinda kubeshya no gukabya, cyane cyane mu nyandiko. N’ubwo waba wanga umuntu cyangwa ubutegetsi ute, ugomba kwirinda gushyira izina ku nyandiko uzi ko itazaguhesha ikuzo n’icyubahiro mu mateka.

Uretse n’abateguye Jenoside hari ingero zindi za vuba usoma wakwibaza ko aba bantu bamaze igihe mu mashuri ukumva barataye igihe. Muri abo Banyarwanda, cyane iyo amaze kwambara umwambaro wanditseho “abatavuga rumwe na Leta y’u Rwanda” bita OPOZISIYO, kuvuga ibintu bifite ireme birarangira.

Ugira utya ugasanga Dr. David Himbara cyangwa Kayumba Nyamwasa bamara icyumweru barabaye kanwa kabi kabika abakiriho. Iyo ubonye umuntu amara ibyumweru avuga ngo kanaka yarapfuye arozwe, kanaka arafunzwe kandi ari aho yishyira akizana, ni uko igwingira ry’imitekerereze n’imyumvire biba bigeze kure. Nta politiki yo kwica abakiriho, ngo ni uko wanga ubutegetsi.

Nasomye inyandiko ya Dr. Théogène Rudasingwa yo ku wa 31 Nyakanga 2019 bintera kwibaza niba ari uwo nzi wakoreye Leta y’u Rwanda nyuma ya Jenoside. Birenze igwingira ntekereza. Birimo gushanyarara nyuma yo kugwingira.

Hari aho Rudasingwa avuga ko abayobozi ba Leta za ba Perezida Gregoire Kayibanda, Juvénal Habyarimana na Théodore Sindikubwabo bari intungane mu myifatire kurusha Leta iyoborwa na Perezida Paul Kagame. Ibi ni bya bindi mu Kinyarwanda babaza ngo, utagera ntagereranya?

Igisobanuro cyonyine cyumvikana ni uko Rudasingwa yaba yarataye ubwenge (coma) igihe kinini akaba atacyibuka aho u Rwanda rwari ruri mbere y’ubutegetsi buriho ubu, ntanamenye n’aho igihugu kigeze.

Rudasingwa Théogène yarezwe na nyina wapfakajwe na PARMEHUTU. Ibyo ari byo byose umubyeyi we wamureze ari wenyine, mu buzima bukomeye, yamusobanuriye impamvu nta se agira.

Nzi neza ko nyina yamusobanuriye impamvu bari mu mahanga aho kuba mu Rwanda. Ibyo bikaba ari nabyo byatumye asanga Inkotanyi zimaze kujya ku rugamba n’ubwo yazirwanyaga mbere kubera amaco y’inda. Ni iyo nda nini ikimuyobora ahabi.

Ibyo bitekerezo bishimagiza abakoze u Rwanda mu nda, si iby’ubu. Biri no mu nyandiko ndende y’impapuro 60 yiswe ‘Rwanda Briefing’. Yashyizwe ahagaragara muri Kanama 2010. Abayanditse ni abagabo bane bigeze gukomera cyane mu Rwanda. Abo ni Gerard Gahima na murumuna we Théogène Rudasingwa. Abandi ni Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya.

Iby’iyo nyandiko nagize icyo mbivugaho mu nyandiko yasohotse ku itariki ya 13 Nzeri 2010. Ni inyandiko isa n’iyanditswe na ba “Dogiteri” Ferdinand Nahimana cyangwa Léon Mugesera cyangwa Ingabire Victoire Umuhoza. Yuzuyemo guhakana no gupfobya Jenoside no gushimagiza abakoze icyo cyaha. Iyo ‘Rwanda Briefing’ ikubiyemo ibitekerezo ba nyirayo basubiramo na n’ubu.

Muri abo bane bayanditse, uretse Rudasingwa, bize amategeko. Umuntu wize amategeko akanubaha uwo mwuga, yirinda kuvuga ibintu bizamukurikirana ubuzima bwe bwose. Ntabwo waba utaragwingiye mu mitekerereze n’imyumvire ngo utinyuke kuvuga ko uburenganzira bwa muntu mu Rwanda bwubahirizwaga cyane mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Prof. Charles Kambanda ni umwe mu Banyarwanda bitwa ko bize ahagije. Kambanda yigisha amategeko muri imwe muri za Kaminuza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iyo usomye ibyo yandika cyangwa ukumva ibyo avuga, wakwibuka ko ari umwarimu wigisha amategeko ugasanga abo yigisha baragowe cyangwa se batajya basoma ibyo yandika ku Rwanda.

Ntabwo waba uzi amategeko ukavuga ko “mu rwego rw’amategeko” nta cyemeza ko mu Rwanda nta Jenoside yigeze ikorerwa Abatutsi. Ari ibyemezo by’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Amahoro ku Isi, ari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR/TPIR), bemeje ku buryo budasubirwaho ko icyo cyaha cyakozwe banavuga abagikorewe abo ari bo.

Dr. Léon Mugesera cyangwa Ferdinand Nahimana bavuze nk’ibyo Prof. Kambanda avuga, umuntu yabyumva kubera ko bo nta kinegu n’icyangiro batinya ku bijyanye na Jenoside bahamijwe n’inkiko. Kuba yareruye nka bo ni uko bahuje mu mitekerereze yagwingiye mu mitwe y’abaminuje mu mashuri.

Uyu Kambanda kimwe na Himbara na Kayumba babaye imbitsi z’abakiriho. Uri umwarimu wa kaminuza cyangwa undi wese wiha agaciro, wirinda icyo ari cyo cyose cyatuma izina ryawe ryandura.

Hari abajenosideri bize amashuri menshi bashakaga abantu batagira icyo batakaza bakabakoresha amakosa. Ni ibintu bizwi ko hari ibinyamakuru byenyegeje urwango rwa jenoside, abagaragara atari ba nyirabyo. Abandika bakaba ari abadozi b’inkweto nka Hassan Ngeze wayoboraga Kangura, cyangwa abaplanto nka Bernard Hategekimana alias Mukingo wayoboraga icyitwa Kamarampaka.

Himbara ni nka Mukingo

Ubu Himbara na Kambanda babaye ba Hassan Ngeze na Bernard Mukingo kubera kumva ko ari bwo buryo bwabafasha kubaho no kwitwa ko barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Bamwe ababakoresha nka Ayabatwa Rujugiro ukoresha Himbara ni we Joseph Nzirorera wa Bernard Mukingo cyangwa Koloneli Anatole Nsengiyumva wa Hassan Ngeze.

Abatangaga amafaranga yo kwandika bakanatanga n’umurongo ugenderwaho, babaga banafite ubwenge bw’ubugome bubibutsa ko ibirimo bikorwa bishobora kuzabakurikirana.

Iyo Dr. Théodore Sindikubwabo na Jean Kambanda baza kuba bataragwingiye, ntibari kwemera kuba Perezida na Minisitiri w’Intebe ba Guverinoma y’abicanyi yari yaratekerejwe n’abarimo Koloneri Théoneste Bagosora n’abo mu KAZU. Bageze mu mahanga babatera ishoti basigara bimyiza imoso kugeza ubwo Sindikubwabo bamwiyiciye aho kubarushya bamuhungana.

N’aba ba Kayumba Nyamwasa, Patrick Karegeya, Théogène Rudasingwa na mukuru we Gerard Gahima, iyo baza kuba bataragwingiye mu mitekerereze n’imyumvire bari kwirinda kwandika inyandiko nka ‘Rwanda Briefing’ izabakurikirana mu mateka yabo bose.

Ni iryo gwingira ryanatumye Kayumba na Rudasingwa bibeshya ko nibabeshyera Perezida Kagame urupfu rwa Juvénal Habyarimana bizabaha amanota. Aho kuyabaha, byarabasuzuguje bidasubirwaho.

Ni n’iryo gwingira ryabateye kwibeshya ko bashobora kurwanya Leta y’u Rwanda bakayikuraho. Ntabwo waba warabaye Inkotanyi, uzi amateka y’iz’Amarere, ngo wumve ko wahungabanya u Rwanda uko wishakiye.

Igwingira rizana byinshi harimo kubuza urifite kwibuka ibidakwiye kwibagirana. Ibyo gusingiza abakoze Jenoside byavuye mu barokotse Jenoside ya mbere 1959-64, ubu bigeze mu barokotse iyo mu 1994 nakomojeho ubushize. Ni aho mvuga bamwe muri bo bafite imitekerereze icuramye.

2019-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twagiramungu yavuze rupfu rwe, yikoma Ikinyamakuru Rushyahya

Twagiramungu yavuze rupfu rwe, yikoma Ikinyamakuru Rushyahya

Ubwanditsi 02 Oct 2017
Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Ubwanditsi 03 Oct 2018
Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Ubwanditsi 25 Aug 2025
Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Ubwanditsi 19 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mutesi Jolly ni we watorewe kuba  Nyampinga w’u Rwanda 2016
Mu Mahanga

Mutesi Jolly ni we watorewe kuba Nyampinga w’u Rwanda 2016

Ubwanditsi 28 Feb 2016
Abayobozi basaga 700 barimo Perezida Kagame bitabiriye amasengesho yo gusengera igihugu
POLITIKI

Abayobozi basaga 700 barimo Perezida Kagame bitabiriye amasengesho yo gusengera igihugu

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018
IMIKINO

Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018

Ubwanditsi 12 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru