• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»#Umwiherero15: Ntimuva aha mutansubije – Perezida Kagame abwira abayobozi

#Umwiherero15: Ntimuva aha mutansubije – Perezida Kagame abwira abayobozi

Editorial 26 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze ibisobanuro by’impamvu mu bice bitandukanye by’igihugu hari ahakigaragara umwanda n’abana bagwingiye kimwe n’abataye amashuri; ababwira ko ari ibintu bimaze imyaka 15 biganirwaho ariko byaburiwe umuti.

Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Gashyantare 2018 ubwo yatangizaga Umwiherero wa 15 w’abayobozi, umwanya yagaragaje nk’igihe cyo kwisuzuma ngo ibyo bakora bijyane n‘ibyo igihugu cyifuza n’ibyo abaturage babategerejeho.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko hari abayobozi bakuru b’igihugu barangwa no kudakorana, kujya impaka z’icyatuma ibibazo runaka bidakemuka kandi nta mpamvu yihariye yatuma ibyo bidakorwa. Yababajije impamvu nta mikoranire ibaranga, niba se ari uko hari abakorana n’abo batishimira.

Yanavuze kandi ku kibazo cy’abayobozi bamara igihe kinini mu biro aho kugira ngo bajye mu baturage barebe ibibazo bihari, n’abandi bajyayo ariko umutima wabo ukaba usa n’uwasigaye mu biro.

Ati “Hari abajyayo ariko ngira ngo amaso yabo bayasiga mu biro ntibabone ibikwiye kuboneka ngo babikosore, kujyayo mvuga si ukuba uri hariya ahubwo ugomba kuba uriyo no mu bitekerezo, ugomba kuba uriyo ufite icyagutwayeyo, ufite icyo wumva, ushobora gukora icyiza ukagitandukanya n’ikibi, ntabwo ari ukujyayo gusa.”

Yakomeje agira ati “Uzi ikibazo turwana nacyo cy’imirire mibi y’abana bacu bato, imyaka itatu ya mbere iyo bayitakaje […] hari ibitagaruka. Iyo wabitakaje icyo gihe n’iyo wagira gute hari ibitagaruka. Ibyo tubivuze igihe kinini, kuki mu mirire twajya mu ba nyuma? Ni ukubera iki?”

Yanabajije impamvu mu bice bitandukanye by’igihugu hari ahakirangwa umwanda, ahandi ukagasanga abana ku mihanda batagiye mu ishuri mu gihe leta yashyizeho uburyo buri mwana wese agomba kwiga.

Ati “Ubu muzavuga ngo habuze amafaranga, habuze ibyo kurya? Habuze kubyumva kugira ngo mumenye ko iki ari ikibazo? Habuze iki? Habuze kubiganira se ntabwo bivugwa buri munsi? Habuze iki?”

“Abana usanga ku muhanda, ku nzira, umwanda… iki tukivuze inshuro zingahe? Meya b’uturere mwicaye he? Ibyo mvuga murabibona ntimubibona? Namwe mujyayo ariko ntimubona? Murabibona ntimubibona? Birahari kubera iki? Muraza kunyihanganira narambiwe amagambo, ndashaka ko tuganira, mumbwire ikibazo ni iki?”

Perezida Kagame yahise ava aho yavugiraga ijambo, ajya mu bayobozi abaza ab’uturere impamvu ibi bibazo bidakemuka; ashimangira ko bigomba kubonerwa umuti byanze bikunze. Ati “ Ntabwo mujya kureba abo muyobora ntimuzi uko babayeho? […] Twebwe turava hano ariko mwe ntabwo muhava mutansubije.”

Abayobozi b’uturere bahawe ijambo, hafi ya bose bitsa ku kwemera ko hari uburangare bwabayeho bwo kutajya mu baturage bagaherera mu gukoresha inama gusa bazi ko aribyo bitanga umusaruro.

Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro, Dr. Nyirahabimana Jeanne, yavuze ko bagiye kuva mu biro bakegera abaturage, Perezida Kagame ahita amubaza ati “Ese ubundi muri ibyo biro mukoramo iki?”.

Perezida Kagame yakomeje avuga ko bitumvikana ukuntu mu Rwanda abantu bakirwara amavunja mu gihe rushimirwa kuba mu bya mbere mu zindi nzego nk’umutekano.

Ati “U Rwanda basigaye bavuga mu bintu byinshi ko ari urwa mbere, ubu murashaka ko bavuga ku kurwara amavunja? Murashaka kurwara amavunja?”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Kayiranga Eugène Muzuka, yavuze ko abayobozi b’inzego z’ibanze baherutse gukora umwiherero bemeza ko iki kibazo cy’umwanda kibaza cyakemutse muri Gicurasi.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yabajijwe impamvu mu nzego z’ibanze harimo imikorere mibi asubiza ko ikibazo gikomeye ari imyumvire mu bayobozi no mu baturage ariko mu gihe abayobozi bahindutse babasha gufasha abaturage ibibazo bigakemuka.

Kaboneka yakomeje avuga ko hari aho agera akereka umuyobozi umwanda akamubwira ko atari yawubonye, hari n’abarwaye bwaki kandi bafite ibyo kurya.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Geraldine Mukeshamana, yavuze ko icy’ibanze ari uko abantu bafata ibintu mu maboko yabo, bakagira n’uruhare mu kubikemura.

Perezida Kagame yabajije Minisitiri Musoni James impamvu hakunze kugaragara ibibazo mu rwego ayobora, amusubiza ko ubu ari igihe cyo kuva mu magambo. Umukuru w’Igihugu yamubajije igihe bisaba kugira ngo abantu bave mu magambo kuko kuyaheramo bigira ingaruka ku buzima bamwe bagapfa abandi bakagwingira.

Musoni ati “Ikigaragara ni uko nk’uko mwabisobanuye bihagije, icyo umuntu abona ni uko iby’ibanze byose birahari ndetse na kera twahoraga dufite ikibazo cy’ubushobozi ariko n’uyu munsi hari ubuhari rwose abantu bagize imikorere myiza nta mpamvu y’uko tutakemura ibyo bibazo.”

Uyu Mwiherero wa 15 witabiriwe n’abayobozi barenga 300 bahagarariye inzego zitandukanye za Leta, ibigo biyishamikiyeho ndetse n’ibigo byigenga n’iby’ubucuruzi.

Madamu Jeannette Kagame yari agaragiwe na Minisitiri wa Siporo n’Umuco, Uwacu Julienne (ibumoso) n’uw’Ubutaka n’Amashyamba, Tumushime Francine (iburyo)

Umwiherero witabirwa n’abayobozi bakuru mu nzego zose z’igihugu

Madamu Jeannette Kagame yari yicaranye na Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne (ibumoso) na Minisitiri w’Ubutaka n’Amashyamba, Tumushime Francine (iburyo)

Perezida Kagame yasabye abayobozi gufata iya mbere mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda ziba zaremejwe

Umukuru w’Igihugu yongeye gusaba ko umuntu wese utuzuza inshingano ze yajya abiryozwa

Perezida Kagame yavuze ko Umwiherero ari igihe cyo kwisuzuma ngo ibikorwa bijyane n‘ibyo igihugu cyifuza n’ibyo abaturage bategereje ku bayobozi

Uhereye ibumoso: Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Musoni James; Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille; uwa Sena, Makuza Bernard na Minisitiri wa Siporo n’Umuco, Uwacu Julienne

Perezida Kagame yavuze ko hari abayobozi bakuru b’igihugu badakorana

Perezida Kagame yabajije impamvu nta muyobozi urazira amakosa bahora basabira imbabazi mu Nteko

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Munyakazi Isaac na Dr. Mukabaramba Alivera, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage

Perezida wa Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta (PAC), Nkusi Juvénal mu bayobozi bitabiriye Umwiherero

Perezida Paul Kagame aganira na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard mu muhango wo gutangiza umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu i Gabiro

Umwiherero witabiriwe n’abayobozi basaga 300 bahagarariye inzego zitandukanye za Leta, ibigo biyishamikiyeho ndetse n’ibigo byigenga n’iby’ubucuruzi

Perezida Kagame yanenze abayobozi badakorana, ababaza niba bakeneye kwihitiramo ababungiriza

Uhereye ibumoso: Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege; Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo ushinzwe Gutwara Abantu n’Ibintu, Uwihanganye Jean de Dieu na Minisitiri w’Uburezi, Dr Eugène Mutimura mu mwiherero

Amafoto: Village Urugwiro

2018-02-26
Editorial

IZINDI NKURU

Imbonerakure za CNDD zikomeje gucengera mu Nkambi y’impunzi ya Nakivale muri Uganda

Imbonerakure za CNDD zikomeje gucengera mu Nkambi y’impunzi ya Nakivale muri Uganda

Editorial 08 May 2018
Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Editorial 02 Jun 2023
Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Editorial 28 Apr 2020
Kigali: Abagabo babiri bafunzwe bakurikiranyweho guteza imvururu n’uburiganya mu itorero

Kigali: Abagabo babiri bafunzwe bakurikiranyweho guteza imvururu n’uburiganya mu itorero

Editorial 19 Nov 2017
Imbonerakure za CNDD zikomeje gucengera mu Nkambi y’impunzi ya Nakivale muri Uganda

Imbonerakure za CNDD zikomeje gucengera mu Nkambi y’impunzi ya Nakivale muri Uganda

Editorial 08 May 2018
Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Editorial 02 Jun 2023
Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Editorial 28 Apr 2020
Kigali: Abagabo babiri bafunzwe bakurikiranyweho guteza imvururu n’uburiganya mu itorero

Kigali: Abagabo babiri bafunzwe bakurikiranyweho guteza imvururu n’uburiganya mu itorero

Editorial 19 Nov 2017
Imbonerakure za CNDD zikomeje gucengera mu Nkambi y’impunzi ya Nakivale muri Uganda

Imbonerakure za CNDD zikomeje gucengera mu Nkambi y’impunzi ya Nakivale muri Uganda

Editorial 08 May 2018
Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Editorial 02 Jun 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru