• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

Editorial 25 Dec 2017 POLITIKI

Perezida wa Leta zunze ubumwe za America, Donald Jr Trump yashimiye cyane Umuryango w’Abibumbye (UN) kubw’ibihano bikakaye washyiriweho igihugu cya Koreya ya Ruguru kizira kwanga kuva ku izima mu mugambi wo gucura intwaro kirimbuzi.

Igihugu cya Koreya ya Ruguru kiyobowe na Kim Jong Un, cyashyiriweho ibihano na Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’Umuryango w’ibihugu by’i Burayi kuri ubu n’Umuryango w’Abibumbye (UN) nawo ukaba wamaze kwemeza ko iki gihugu kigomba gufatirwa ibihano ku bw’umugambi karundura wo gucura ibitwaro bya kirimbuzi cyanze kureka.

Abinyujije ku rubuga rwa Twitter asanzwe anyuzaho ubutumwa, Perezida Trump yavuze ko ashimira cyane akanama gashinzwe umutekano muri UN katoye iri tegeko rishyiriraho ibihano Koreya ya Ruguru ndetse avuga ko Isi idakeneye urupfu ahubwo ikeneye amahoro.

Tump yagize ati “Akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano kamaze gutora ku majwi 15 kuri 0 ku kongera ibihano kuri Koreya ya Ruguru. Isi ikeneye amahoro ntabwo ikeneye impfu.”

Ambasaderi wa Amerika muri UN, Nikki Haley yavuze ko ubutumwa bugaragaza ibihano byashyiriweho Koreya ya Ruguru bwohorejwe i Pyongyang muri Koreya ndetse bukaba buvuga ko igihe cyose byaba ngombwa ibi bihano byakongerwa mu gihe iki gihugu gikomeje kubangamira isi ya none.

BBC ivuga ko mu bihano iki gihugu cya Koreya ya Ruguru cyashyiriweho harimo kuba ibihugu byose byo muri iyi miryango byakoranaga nacyo bigomba guhagarika ubuhahirane na Koreya ya Ruguru mu gihe kingana n’imyaka ibiri bikaba byamaze kuva muri Koreya ndetse na Koreya ikaba yamaze gukura imishinga yayo muri ibi bihugu.

Koreya ya Ruguru kandi igiye gukumirwa ku bijyanye no kujyana ibicuruzwa birimo ama mashini akoreshwa imirimo itandukanye mu bihugu biri muri iyi miryango ya UN, EU ndetse na Leta zunze ubumwe za America.

Ibi bihano UN yafatiye Koreya ya Ruguru bije nyuma y’igisasu kirimbuzi, iki gihugu cyagerageje ku itariki 28 Ugushyingo 2017, aho Amerika yahise ivuga ko iki gisasu cyari gikarishye cyane ndetse kiri ku rwego rwo hejuru ibintu Trump yagereranije no kuba Perezida Kim Jong Un ashaka kumutesha umutwe.

2017-12-25
Editorial

IZINDI NKURU

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Editorial 05 May 2025
Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Editorial 18 Apr 2018
Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Editorial 02 Jun 2018
Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be

Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be

Editorial 29 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro
Mu Mahanga

UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro

Editorial 08 Jun 2016
Umunyarwanda Martin Ngoga yashyizwe mu kanama k’imyitwarire ka FIFA
Mu Rwanda

Umunyarwanda Martin Ngoga yashyizwe mu kanama k’imyitwarire ka FIFA

Editorial 11 May 2017
Amategeko mashya,abatoza bashya abakinnyi bibikomerezwa nibimwe mu bizaranga Premier League
IMIKINO

Amategeko mashya,abatoza bashya abakinnyi bibikomerezwa nibimwe mu bizaranga Premier League

Editorial 09 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru