• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Urubuga ‘Irembo’ rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Urubuga ‘Irembo’ rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Editorial 11 Oct 2018 IKORANABUHANGA

Urubuga rwa interineti rwa Irembo rufasha abantu kubona serivisi za leta mu buryo bworoshye bakoresheje ikoranabuhanga, rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018.

Uru rubuga rwahawe iki gihembo ku wa gatandatu w’icyumweru gishize na Kalisimbi Events isanzwe itegura ibihembo byo gushimira indashyikirwa mu gutanga serivisi ‘Service Excellence Awards’.

Mu kiganiro umuvugizi w’uru rubuga Ntabwoba Jules yahaye Itangazamakuru , yavuze ko bishimishije kandi bigaragara ko abanyarwanda n’abanyamahanga batangiye kugirira icyizere uru rubuga.

Ati “Twishimiye iki gihembo twahawe cyo kuba twaratanze serivisi zinoze kurusha abandi mu 2018. Bitugaragarije icyizere abanyarwanda n’abanyamahanga bamaze kugirira urubuga rwa Irembo n’ikoranabuhanga twabagejejeho, bikaba bitwereka ko bamaze kubona akamaro karyo.”

Yavuze ko atekereza ko impamvu yatumye begukana iki gihembo ari uko bamaze gushyira serivisi zirenga 86 ku rubuga zose zifasha koroshya imitangire ya serivisi ku buzima bw’abaturage ndetse n’abagenderera u Rwanda.

Ntabwoba yemeza ko agiye kuvuga ibyo bamaze gukora atabirondora kuko guhera ubwo batangiraga mu 2015 kugeza uyu munsi, hari impinduka nyinshi nziza bamaze kuzana mu muryango nyarwanda.

Ati “Wavuga nko kuba ubu ushaka icyemezo cy’amavuko bidasaba kujya ku murenge ahubwo ubona ubutumwa bugufi muri telefoni yawe cyangwa ukakira icyangombwa cyawe ukoresheje E-mail aho waba uri hose”.

Ibi bikorwa no ku zindi serivisi zirimo nko ku cyemezo cyo gushyingirwa, icy’umwirondoro wuzuye byose ubibona utavuye aho uri kandi vuba.

Ubu urubuga rwa Irembo rwashyizeho serivisi shya y’ubwisungane mu kwivuza, aho umuntu ashobora kwishyura amaze kureba amakuru yose ajyanye n’icyiciro cye cy’ubududehe arimo.

Ibi bikorerwa kuri telefoni ukoresheje code *909# cyangwa unyuze kuri www//irembo.gov.rw bikaba bitari bisanzwe bimenyerewe.

Kwishyura serivisi iyo ariyo yose bisigaye byoroshye kuko umuntu ashobora gukoresha MTN Mobile Money, Airtel-Tigo Money, Mobicash, BK, BK Yacu, Visa Card na Master Card.

Iyo umaze kwishyura uhita wemererwa kuba wajya kwivuza uwo mwanya ukoresheje Indangamuntu yawe.

Ibi byose bikaba byaraje korohereza buri muturage yaba uwo mu cyaro cyangwa mu mujyi.

Urubuga Irembo rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Hahembwe ibigo bitandukanye

2018-10-11
Editorial

IZINDI NKURU

[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda

[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda

Editorial 26 Aug 2018
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Editorial 16 Jan 2019
Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Editorial 06 Sep 2019
Konti zigera kuri miliyoni 50 kuri Facebook zagabweho igitero

Konti zigera kuri miliyoni 50 kuri Facebook zagabweho igitero

Editorial 29 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWACY yatangaje amatariki azaberaho isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu rizwi nka “Tour du Rwanda”
Amakuru

FERWACY yatangaje amatariki azaberaho isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu rizwi nka “Tour du Rwanda”

Editorial 05 Oct 2022
Museveni akomeje kwica amategeko mpuzamahanga, cyane cyane ku birebana n’ingendo zikorwa n’Abanyarwanda bajya Uganda
INKURU NYAMUKURU

Museveni akomeje kwica amategeko mpuzamahanga, cyane cyane ku birebana n’ingendo zikorwa n’Abanyarwanda bajya Uganda

Editorial 22 Jul 2019
Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.
Amakuru

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Editorial 12 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru