• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uruganda rw’abo kwa Rwigara rwinjijwe mu rubanza RRA iregamo abanyamigabane kuruhombya

Uruganda rw’abo kwa Rwigara rwinjijwe mu rubanza RRA iregamo abanyamigabane kuruhombya

Editorial 26 Sep 2018 Mu Rwanda

Urukiko rukuru rw’ubucuruzi rwa Nyarugenge rwategetse ko uruganda rukora itabi, Premier Tobacco Company (PTC) rw’abo mu muryango wa Assinapol Rwigara rugaragara mu rubanza Ikigo gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) kiregamo abanyamigabane barwo kuruhombya.

RRA irega abanyamigabane b’uruganda PTC kugira uruhare mu micungire mibi yarwo, byatumye rutishyura imisoro igera muri miliyari hafi esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda.

Mu banyamigabane ba PTC baregwa ku isonga harimo Adeline Mukangemanyi ari we mugore wa Rwigara, umukobwa we Anne Uwamahoro ari na we uhagarariye ibikorwa by’ubucuruzi by’umuryango, Surrass Company Ltd n’abandi.

Mu iburanisha riherutse, Me Rwayitare Janvier wunganira abaregwa yari yasabye ko PTC igobokeshwa mu rubanza kubera inyungu ifitemo (kugobokesha ni uguhamagaza abandi bafite inyungu mu rubanza kugira ngo ruburanishwe bahari).

Yavugaga ko bitumvikana uburyo abanyamigabane baregwa ku giti cyabo bakabazwa iby’umusoro utarishyuwe, mu gihe uruganda babereye abanyamigabane nta cyo rubazwa. Yabifashe nko gucira urubanza urwo ruganda kandi rudahari.

Abunganira RRA bavuze ko atari ngombwa ko PTC iba iri mu rubanza kuko abaregwa ari abanyamigabane ku giti cyabo bashinjwa imicungire mibi, bagatuma uruganda rutishyura imisoro.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro kivuga ko umuryango wa Rwigara urimo ibirarane by’imisoro y’amafaranga agera kuri miliyari esheshatu byo guhera mu mwaka wa 2012.

Mu gusoma umwanzuro kuri uyu wa Kabiri, umucamanza yavuze ko uruganda PTC rufite inyungu mu rubanza kuko ari rwo rwaciwe imisoro, abarezwe bakaba abanyamigabane bwarwo.

Yanzuye ko PTC yemerewe kugaragara mu rubanza ruzakomeza tariki 11 Ukwakira 2018 saa mbili za mu gitondo. Me Twahirwa Jean Baptiste wunganira Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro ni we mu baburanyi wari uhari.

Muri miliyari zigera kuri esheshatu y’imisoro ikigo cy’imisoro n’amahoro cyishyuza uruganda PTC, hamaze kubonekamo miliyari 1.7 yavuye mu mashini z’uruganda zatejwe cyamunara muri Kanama uyu mwaka ndetse n’itabi ryagurishijwe miliyoni 500 Frw muri Werurwe uyu mwaka.

2018-09-26
Editorial

IZINDI NKURU

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Editorial 29 Nov 2019
Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Editorial 01 Nov 2016
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Editorial 01 Dec 2021
Kenya: Raila Odinga afite impungenge ko amajwi azanyerezwa mu matora y’Umukuru w’igihugu

Kenya: Raila Odinga afite impungenge ko amajwi azanyerezwa mu matora y’Umukuru w’igihugu

Editorial 07 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira
HIRYA NO HINO

Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira

Editorial 13 May 2019
Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside
Mu Rwanda

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Editorial 09 Aug 2017
Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe
POLITIKI

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Editorial 17 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru