• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nimudakoresha ubwonko bwanyu buzapfa ubusa -Perezida Kagame
Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa mu Kigo cy'Igihugu cy'Iterambere (RDB), Hategeka Emmanuel, mu gutangiza ku mugaragaro ubufatanye bwa Arsenal na Visit Rwanda

Nimudakoresha ubwonko bwanyu buzapfa ubusa -Perezida Kagame

Ubwanditsi 20 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yasabye urubyiruko gukoresha ubwenge bwarwo n’ubumenyi rwakuye mu ishuri mu gushakira ibisubizo ibibazo bihari, aho gutinya kubukoresha ngo badahomba.

Yabitangaje kuri iki Cyumweru ubwo yaganiraga n’urubyiruko rw’abanyamwuga mu ngeri zitanduknaye mu kiganiro cyiswe ‘Meet the President’.

Perezida Kagame yavuze ko Guverinoma ikora ibishoboka byose kugira ngo urubyiruko rujye kwiga, ruhahe ubumenyi buzarufasha kwibeshaho no guteza imbere igihugu.

Ati “Si ukujya kwiga gusa ahubwo bibe guhaha ubumenyi butuma mumenya, musesengura mumenye uburyo bwo kubaho muri iyi si ni uko murenga ibibazo birimo.”

“Nimubona ubumenyi muzabukoreshe neza uko mushoboye, mukore ibibaha inyungu ariko byungukira n’abandi. Niba ufite ubuzima bwiza, uburezi, ubumenyi uzabona akazi cyangwa se ugahange kagufashe gafashe n’abandi.”

Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rukwiye kwifashisha ubumenyi bwahawe rugahanga udushya, ariko mbere na mbere rukagira intego.

Yavuze ko buri munsi rukwiye kujya rutekereza ku cyo rwakora kugira ngo rwivane mu bibazo rufite.

Ati “Nujya ubyuka mu gitondo, jya wiha akanya utekereze uti ni iki ngiye gukora uyu munsi hejuru y’ibyo nsanzwe nkora? Ni iki gishoboka. Nukora ibyo uzaba wiha amahirwe yo kugira icyo ukora gifite igisobanuro. Ihe uwo mwanya buri munsi, uti ni iki nakora ngo nkemure ikibazo mfite cyangwa abandi bafite?”

Yakomeje ati “Nudakoresha ubwonko bwawe buzapfa. Nutabukoresha uzabubura. Mukomeze gutekereza buri gihe, nudahirwa uyu munsi, ejo nta kibazo wenda uzahirwa cyangwa uhirwe ku nshuro ya cumi.”

Perezida Kagame yavuze ko ko hari abatinya kugira icyo bakora ngo badahomba, ababwira ko ntaho ingorane no guhomba mu buzima babihungira uretse guhangana nabyo.

Ati “Gutsindwa birizana wabishaka utabishaka ariko iyo wagerageje bikanga, bivuze ko utagomba kurekera. Na none gira icyo wigira muri uko gutsindwa, wongere ugerageza. Aho uzajya hose uzahura n’ibigushyira hasi ariko nutsindwa, jya umenya ko hari n’amahirwe.”

Mu bitekerezo byatanzwe, uwitwa Liza Karangwa, Umunyeshuri uri kwimenyereza umwuga mu Mujyi wa Kigali, yasabye ko ibigo, abikorera, inganda bajya baha amahirwe yo kwimenyereza ku biga muri kaminuza.

Gaju Nadège uhagarariye Ikigo cy’Abongereza gikora porogaramu za telefoni mu Burasirazuba n’Amajyepfo ya Afurika yavuze ko hari amahirwe yo kwiyungura ubumenyi urubyiruko rukwiye kubyaza umusaruro.

Yagize ati ‘‘Nabonye akazi kubera amahugurwa nagiye nitabira. Ayo guverinoma yashyizeho yose nayagiyemo mu rwego rwo kwiyongerera ubumenyi.”

“Ubwo nasabaga ikigo cyanjye gutanga amahugurwa mu Rwanda nabuze abantu bayitabira. Wavuze (Perezida Kagame) ku bijyanye n’uburezi, nagusabaga ko washishikariza urubyiruko kwiyigisha ubwarwo.”

Iki kiganiro cyari cyitabiriwe n’urubyiruko rutandukanye rugera ku 2500 rurimo abikorera, abanyeshuri, abahanzi n’abandi.

2018-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

Ubwanditsi 16 Jan 2023
Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Ingabo za Rusesabagina zishiriye ku icumu, Maj Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe

Ingabo za Rusesabagina zishiriye ku icumu, Maj Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe

Ubwanditsi 12 Jan 2020
Inyeshyamba zafatiwe muri Congo zirimo Abarundi n’Abanyarwanda

Inyeshyamba zafatiwe muri Congo zirimo Abarundi n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 21 Nov 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude
    September 2, 201811:59 am -

    Mubyukuri Amashuri Arahari Ubumenyi Turabufite Ariko Nsetswa Niyo Muvuga Kwihangira Imirimo Kd Abenshi Igituma Batayihangira Ahubwo Ubushomeri Bukiyongera Nukubera Kubura Amikoro(igishoro) Kd Nababyeyi Bakaba Barasigariye Aho Kubera Kutwishyurira Amashuri, Ahubwo Nsabe Reta Ko Yajya Itanga Imirimo Cyangwa Ikemera Kuguriza Abanyeshuri Barangije Nabo Babone Uko Bihangira Imirimo, Bagakora Bishyura

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irishimira ko umutekano wagenze neza mu gihe cy’irahira rya Perezida wa Repubulika
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irishimira ko umutekano wagenze neza mu gihe cy’irahira rya Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana
Mu Rwanda

Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Ubwanditsi 17 Jul 2017
Umukinnyi Wa Filimi Z’ubusambanyi Uherutse Gutangaza Ko Yaryamanye Na Perezida Trump Yatawe Muri Yombi
Mu Mahanga

Umukinnyi Wa Filimi Z’ubusambanyi Uherutse Gutangaza Ko Yaryamanye Na Perezida Trump Yatawe Muri Yombi

Ubwanditsi 12 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru