• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nimudakoresha ubwonko bwanyu buzapfa ubusa -Perezida Kagame
Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa mu Kigo cy'Igihugu cy'Iterambere (RDB), Hategeka Emmanuel, mu gutangiza ku mugaragaro ubufatanye bwa Arsenal na Visit Rwanda

Nimudakoresha ubwonko bwanyu buzapfa ubusa -Perezida Kagame

Ubwanditsi 20 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yasabye urubyiruko gukoresha ubwenge bwarwo n’ubumenyi rwakuye mu ishuri mu gushakira ibisubizo ibibazo bihari, aho gutinya kubukoresha ngo badahomba.

Yabitangaje kuri iki Cyumweru ubwo yaganiraga n’urubyiruko rw’abanyamwuga mu ngeri zitanduknaye mu kiganiro cyiswe ‘Meet the President’.

Perezida Kagame yavuze ko Guverinoma ikora ibishoboka byose kugira ngo urubyiruko rujye kwiga, ruhahe ubumenyi buzarufasha kwibeshaho no guteza imbere igihugu.

Ati “Si ukujya kwiga gusa ahubwo bibe guhaha ubumenyi butuma mumenya, musesengura mumenye uburyo bwo kubaho muri iyi si ni uko murenga ibibazo birimo.”

“Nimubona ubumenyi muzabukoreshe neza uko mushoboye, mukore ibibaha inyungu ariko byungukira n’abandi. Niba ufite ubuzima bwiza, uburezi, ubumenyi uzabona akazi cyangwa se ugahange kagufashe gafashe n’abandi.”

Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rukwiye kwifashisha ubumenyi bwahawe rugahanga udushya, ariko mbere na mbere rukagira intego.

Yavuze ko buri munsi rukwiye kujya rutekereza ku cyo rwakora kugira ngo rwivane mu bibazo rufite.

Ati “Nujya ubyuka mu gitondo, jya wiha akanya utekereze uti ni iki ngiye gukora uyu munsi hejuru y’ibyo nsanzwe nkora? Ni iki gishoboka. Nukora ibyo uzaba wiha amahirwe yo kugira icyo ukora gifite igisobanuro. Ihe uwo mwanya buri munsi, uti ni iki nakora ngo nkemure ikibazo mfite cyangwa abandi bafite?”

Yakomeje ati “Nudakoresha ubwonko bwawe buzapfa. Nutabukoresha uzabubura. Mukomeze gutekereza buri gihe, nudahirwa uyu munsi, ejo nta kibazo wenda uzahirwa cyangwa uhirwe ku nshuro ya cumi.”

Perezida Kagame yavuze ko ko hari abatinya kugira icyo bakora ngo badahomba, ababwira ko ntaho ingorane no guhomba mu buzima babihungira uretse guhangana nabyo.

Ati “Gutsindwa birizana wabishaka utabishaka ariko iyo wagerageje bikanga, bivuze ko utagomba kurekera. Na none gira icyo wigira muri uko gutsindwa, wongere ugerageza. Aho uzajya hose uzahura n’ibigushyira hasi ariko nutsindwa, jya umenya ko hari n’amahirwe.”

Mu bitekerezo byatanzwe, uwitwa Liza Karangwa, Umunyeshuri uri kwimenyereza umwuga mu Mujyi wa Kigali, yasabye ko ibigo, abikorera, inganda bajya baha amahirwe yo kwimenyereza ku biga muri kaminuza.

Gaju Nadège uhagarariye Ikigo cy’Abongereza gikora porogaramu za telefoni mu Burasirazuba n’Amajyepfo ya Afurika yavuze ko hari amahirwe yo kwiyungura ubumenyi urubyiruko rukwiye kubyaza umusaruro.

Yagize ati ‘‘Nabonye akazi kubera amahugurwa nagiye nitabira. Ayo guverinoma yashyizeho yose nayagiyemo mu rwego rwo kwiyongerera ubumenyi.”

“Ubwo nasabaga ikigo cyanjye gutanga amahugurwa mu Rwanda nabuze abantu bayitabira. Wavuze (Perezida Kagame) ku bijyanye n’uburezi, nagusabaga ko washishikariza urubyiruko kwiyigisha ubwarwo.”

Iki kiganiro cyari cyitabiriwe n’urubyiruko rutandukanye rugera ku 2500 rurimo abikorera, abanyeshuri, abahanzi n’abandi.

2018-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Ubwanditsi 21 Feb 2023
Tumenye neza umujenosoderi Innocent Sagahutu, wahamijwe ibyaha n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha, akaba agihigira kumena amaraso mu Rwanda

Tumenye neza umujenosoderi Innocent Sagahutu, wahamijwe ibyaha n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha, akaba agihigira kumena amaraso mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Jul 2024
Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ubwanditsi 04 Aug 2022
Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Ubwanditsi 26 Jul 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude
    September 2, 201811:59 am -

    Mubyukuri Amashuri Arahari Ubumenyi Turabufite Ariko Nsetswa Niyo Muvuga Kwihangira Imirimo Kd Abenshi Igituma Batayihangira Ahubwo Ubushomeri Bukiyongera Nukubera Kubura Amikoro(igishoro) Kd Nababyeyi Bakaba Barasigariye Aho Kubera Kutwishyurira Amashuri, Ahubwo Nsabe Reta Ko Yajya Itanga Imirimo Cyangwa Ikemera Kuguriza Abanyeshuri Barangije Nabo Babone Uko Bihangira Imirimo, Bagakora Bishyura

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaminisitiri batarahiye n’umuvunyi bamaze kurahira
Mu Rwanda

Abaminisitiri batarahiye n’umuvunyi bamaze kurahira

Ubwanditsi 11 Sep 2017
Museveni yazamuye mu ntera abayobozi ba CMI, Abel Kandiho na C.K Asiimwe,  bashinjwa gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Museveni yazamuye mu ntera abayobozi ba CMI, Abel Kandiho na C.K Asiimwe,  bashinjwa gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2020
Murekezi Anastase asimbuye Cyanzayire kuba Umuvunyi Mukuru
Mu Rwanda

Murekezi Anastase asimbuye Cyanzayire kuba Umuvunyi Mukuru

Ubwanditsi 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru