• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Ubwanditsi 13 May 2017 ITOHOZA

Abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke mu murenge wa Bushekeri, baravuga ko Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura, Gahungu Jonas, Hagiye gushira icyumweru batazi aho aherereye, ndetse ngo Polisi y’u Rwanda ikaba yarataye muri yombi mugennzi we bakoranaga witwa Sylvie (bakunze kwita mama Shayini).

Aba bombi bivugwa ko bakurikiranyweho kugira ibyangombwa by’ibihimbano. Gusa ubuyobozi bw’akarere buhakana aya makuru buvuga ko atari byo aba bombi bahari ntakibazo bafite.

Mu gitondo cyo kuwa Kabiri, tariki ya 9 Gicurasi 2017, nibwo humvikanye amakuru avuga ko, Gahungu Jonas, wari umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura, giherereye mu murenge wa Bushekeri, ho mu karere ka Nyamasheke, mu ntara y’Uburengerazuba, yatorotse inzego zishinzwe umutekano, ku bw’ibyaha akekwaho, ndetse ngo na Sylvie (bakunze kwita mama Shayini) bakoranaga n’uyu Gahungu Jonas yayoboraga icyo kigo nderabuzima akaba yari yatawe muri yombi.

Ubwo umunyamakuru w’IJWIRYACU yaganiraga n’abaturage bo muri aka karere badutangarije ko ayo makuru ari yo, ndetse banemeza ko imodoka ya polisi ari yo yaje igatwara Sylvie (bakunze kwita mama Shayini) wakoranaga na Gahungu Jonas, ariko uyu Jonas we akaba yaratorotse. Abaturage bavuga ko aba bombi icyumweru kigiye gushira batabaciye iryera ngo kuko nta numwe muri bo uheruka mu kazi aho ku kigo nderabuzima cya Gisakura.

Amakuru aravuga ko uyu Gahungu Jonas na Mukamana Silvie wari umuforomo kuri iki kigo nderabuzima cya Gisakura, bombi bari bafite dipolome bakuye muri RDC, ariko ngo baakaba baratanze ibyango mbwa byemeza ko izo dipolome zemewe (Equivalences) by’ibihimbano.

Umwe yagize ati : “Bombi ntibari mu kazi…. uwo mudamu we arafunze, afungiye kuri sitasiyo ya ntendezi. Sylvie (tumwita mama Shayini)…. Ntituzi aho we yagiye (Gahungu Jonas), ntanubwo aheruka ku kazi. Gusa ngo yari muri konji, ariko yaragiye ntabwo ari uko afite konji. Twumva bavuga ngo barazira ibwangombwa bafite by’ibihimbano.”

Undi yagize ati : “Imodoka ya Polisi yaraje ifata uwo mukozi bakorangaga na Gahungu Jonas iramutwara. Kugaza ubu ntibari kuboneka. Ntabahari rwose. Yari no muri njyanama y’akarere (Gahungu Jonas).”

Mugenzi wabo nawe wigeze kuba muri njyanama y’aka karere ka Nyamasheke, ndetse akaba akurikirana ibikorwa bibera muri aka karere yagize ati : “Nubwo ntari mu karere ka Nyamasheke, nkurikirana ibyaho cyane……Bamushatse bamubuze, bivugwa ko yari afite ibyangombwa by’ibihimbano yagendeyeho ahabwakazi. Ariko ni ibintu bibabaje kumva ngo umuntu amaze imyaka myinshi mu rwego rw’ubuvuzi rukomeye akorera abaturage afite ibyangombwa by’ibihimbano.”

Akomeza avuga ko uyu Gahungu Jonas yari muri njyanama y’akarere kandi ngo njyanama ijya gushyirwaho Mayor ni we wagiye ahitamo abantu be yishakiye.

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’Umurenge wa Bushekeri ikigo nderabuzima cya Gisakura giherereyemo, IJWIRYACU dukesha iyi nkuru kivuga ko cyagerageje kuvugana n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge ku munsi wo kuwa kabiri tariki 9 Gicurasi ubwo cyari kimaze kumenya ayo makuru, telephone ye ngendanwa yitabwa n’Ushinzwe ubuhinzi mu murenge, Cleophas Habaguhirwa, aba ari we uyitaba avuga ko ari gukora mu mwanya we kuko ari muri konji, yavuga ko nabo ari bwo bacyumva iby’ayo makuru, ngo kuko ntabyo bari bazi, ariko ngo yari agiye kuyakurikirana.

Yagize ati : “Ntabwo ari Exectif uyifite ni goronome kuko exectif ari muri konji…….Natwe ayo makuru turi kuyumva. Ni byishya. Ubu tuvugana niho ngiye kugira ngo menye niba ari byo. Nimbimenya ndababwira.”

Kuva uwo munsi kugeza ubu ntacyo aradutangariza, ndetse naa telefone ntayitaba.

Mayor KAMALI AIME FABIEN, yoherereje itangazamakuru ubutumwa bugufi avuga ko ayo makuru atariyo nahato kuko ngo Sylvie Atari afunze ndetse ngo na Gahungu Jonas bari kumwe ku mugoroba wari watambutse, ngo ntiyigeze atoroka.

2017-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusomyi: SISI reka gusaza wanduranije cyane

Umusomyi: SISI reka gusaza wanduranije cyane

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Ubwanditsi 12 Jan 2017
Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubwanditsi 26 Dec 2022
Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa  Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Ubwanditsi 20 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma
Amakuru

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO
Amakuru

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Ubwanditsi 07 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru