• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urujijo ku maherezo ya Gen. Laurent Nkunda
General Laurent Nkunda na Colonel Jules Mutebutsi [RIP]

Urujijo ku maherezo ya Gen. Laurent Nkunda

Editorial 10 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Imyaka imaze kurenga icyenda Gen. Laurent Nkunda, wayoboraga umutwe urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CNDP) atawe muri yombi ubwo yagerageza kwinjira mu Rwanda anyuze mu Karere ka Rubavu. Kugeza ubu urujijo ni rwose ku maherezo y’uyu mugabo.

Nkunda yafashwe amaze iminsi agaragaza imbaraga zidasanzwe mu rugamba inyeshyamba ze zarwanagamo n’ingabo za Congo, ariko aza gukubitwa incuro n’umutwe uhuriweho n’u Rwanda na Congo wari ugamije kwambura intwaro no kumenesha abarwanyi ba FDLR muri Kivu y’Amajyaruguru.

Uyu mugabo w’imyaka 51 wavukiye i Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru, afite amateka akomeye kuko yarwanye intambara yo guhirika Mobutu ndetse akagira n’uruhare mu ntambara ya kabiri ya Congo yarwaniyemo ibihugu birindwi.

Ivuka rya CNDP ya Gen. Nkunda

Gen. Nkunda yaje kwigomeka ku butegetsi we na Brigade ya 81 na 83 yayoboraga yiyunga ku yindi mitwe y’abarwanyi bajya mu mashyamba yo mu gace ka Masisi, aho yaje gushinga umutwe yise Congrés National Pour la Defense du Peuple (CNDP).

Mu 2006 nibwo CNDP yashingiwe muri Kivu y’Amajyaruguru ari umutwe witwara gisirikare urwanya ubutegetsi bwa Joseph Kabila. Abawugize bari bayobowe na Gen Nkunda bavugaga ko baharanira uburenganzira bw’abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda mu Burasirazuba bw’iki gihugu, bibasirwaga n’abandi baturage batabibonagamo nka bagenzi babo ku buryo babahigaga bukware bakicwa nk’inyamaswa.

Ubusanzwe bimwe mu bice bya Congo cyane mu Burasirazuba, hatuye abaturage bavuga Ikinyarwanda badategwa ku buryo uhageze ushobora gukeka ko ari mu Rwanda. Ibi ntibyapfuye kwizana gusa kuko mu myaka ya mbere y’abakoloni, iki gice cyari mu rw’imisozi igihumbi, ariko inkubiri yo gushyiraho imipaka isiga ruhambuwe n’abari bahatuye bisanga i Congo.

Aba baturage ntibigeze bishimirwa n’abanye-Congo b’umwimerere batangira kugirirwa nabi.

Inyeshyamba za Gen. Nkunda ntizahwemye gukozanyaho n’Ingabo za Congo (FARDC), gusa mu ntangiriro za 2007 leta yashatse kugabanya igitutu cy’iyi ndwanyi ishyiraho uburyo bwo kuvanga ingabo, bituma ahabwa kuyobora Brigade eshanu aho kuba ebyiri.

Aka gahenge ntikarambye kuko muri Nzeri 2007, ingabo za leta zagabye ibitero mu gace ka Masisi zikoresheje kajugujugu yo mu bwoko bwa Mi-24 zica abambari ba Nkunda 80, bituma habaho ibiganiro bitatanze umusaruro kuko imirwano yubuye bikaviramo ibihumbi by’abaturage guhunga.

Nkunda yatawe muri yombi CNDP ihindura umuvuno

Mu ijoro ryo ku wa 22 Mutarama ku isaha ya saa tanu n’igice, nibwo Gen Nkunda yafashwe ubwo yashakaga guhungira mu Rwanda. Ingabo z’u Rwanda n’iza FARDC, batangaje ko abarwanyi be basabwe gushyira intwaro hasi.

Uyu mugabo yatawe muri yombi bidatinze Gen Bosco Ntaganda atangaza ko yamusimbuye ku buyobozi bwa CNDP ndetse anemera ivangwa ry’ingabo ze n’iza leta. Ni mbere y’uko ku wa 23 Werurwe 2009, yashyize umukono ku masezerano y’amahoro na leta ya Congo, bemeranya ko uyu mutwe uhinduka ishyaka rya politiki mu rwego rwo gusaba kurekura imfungwa zayo.

Aya masezerano yaje kutubahirizwa bibyara amahari yavutsemo umutwe w’inyeshyamba za M23 [bisobanuye itariki amasezerano yashyiweho umukono] zabayeho kuva mu 2012.

Icyifuzo cya Congo kuri Nkunda cyatewe utwatsi

Nyuma yo gutabwa muri yombi kwa Gen Laurent Nkunda, Leta ya Congo yifuje kohererezwa uwo mu jenerali ariko u Rwanda rubyima amatwi bitewe n’uko nta masezerano yo guhererekanya abanyabyaha yari hagati y’ibihugu byombi.

Ibi byiyongera ku kuba mu mategeko ya Congo, igihano cy’urupfu cyari cyemewe kandi u Rwanda rwaragikuyeho kera, ibi bigatera impungenge ko uyu mugabo yari kugezwayo akaba yagirirwa nabi kugeza ndetse akaba yakwicwa.

Imyemerere ya Gen Laurent Nkunda

Gen Laurent Nkunda yavugaga ko yakiriye agakiza kandi ajya yambara agapesi kanditseho ngo “Rebels for Christ” kandi ngo ari Pasiteri mu idini ry’Abadiventi b’umunsi wa karindwi.

Mu 2005, Laurent Nkunda yarezwe ibyaha bibangamiye uburenganzira bw’ikiremwamuntu n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa La Haye ICC, Muri 2002 yarezwe kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’abantu 160 i Kisangani mu guhosha imvururu zari zihari, aho bakanavugamo ko yishemo intumwa ebyiri za Loni zakoragayo iperereza.

Ibi byose ariko, Gen. Nkunda yarabihakanye, avuga ko umuryango mpuzamuhanga ntacyo witayeho ku mutekano w’abantu bo mu bwoko bw’Abatutsi bicwaga, nk’uko ntacyo bakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Amaherezo ya Gen. Nkunda ni ayahe?

Tariki ya 26 Werurwe 2010, Urukiko rw’Ikirenga rw’u Rwanda rwanzuye ko Gen Nkunda ataburanishwa n’inkiko za Gisivile zisanzwe, kuko inzego za gisirikare arizo zamufashe. Kugeza ubu ntabwo araburanishwa.

Iyo urebye imiterere y’ikibazo cya Gen. Nkunda, usanga amaherezo ye ari uko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hazajyaho ubuyobozi bushya busimbura ubwa Kabila cyangwa ubwa nyuma yaho [kuko Nkunda aracyari muto mu myaka], bukaba bwamwifashisha muri icyo gihe, ahanini bitewe n’uko yakunze kurangwa na disipulini iri ku rwego rwo hejuru.

Nubwo mu 2002 ICC yigeze gusaba gufata Gen Nkunda bikaza kwangwa n’Ingabo za Loni zibungabunga amahoro muri RDC (Monusco), ibyo kumushakisha bisa n’aho byataye agaciro kuko bizwi ko uwo uru rukiko rwiziritseho ruhatana kugeza rumubonye ariko we ntirwakomeje kumushaka.

ICC yashinjaga Gen Nkunda ibyaha by’intambara, ihohotera rishingiye ku gitsina no kwinjiza abana mu gisirikare mu myaka itanu yamaze arwanira mu Burasirazuba bwa Congo.

Kuba uru rukiko rutakimushakisha ni ikimenyetso cy’uko bishoboka ko nta maraso y’inzirakarengane amuri ku ntoki, ku buryo bimuha amahirwe menshi yo kuba yazagira uburyo runaka yisanga mu miyoborere ya Congo yo mu gihe kizaza.

 

Uyu mugabo w’imyaka 51 wavukiye i Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru, afite amateka akomeye kuko yarwanye intambara yo guhirika Mobutu

 

2018-07-10
Editorial

IZINDI NKURU

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Editorial 22 Oct 2018
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024
Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Editorial 15 Oct 2020
Somalia : Ingabo za Uganda [ UPDF] zasubiranyemo 4 bahasiga ubuzima

Somalia : Ingabo za Uganda [ UPDF] zasubiranyemo 4 bahasiga ubuzima

Editorial 13 May 2019
Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Editorial 22 Oct 2018
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024
Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Editorial 15 Oct 2020
Somalia : Ingabo za Uganda [ UPDF] zasubiranyemo 4 bahasiga ubuzima

Somalia : Ingabo za Uganda [ UPDF] zasubiranyemo 4 bahasiga ubuzima

Editorial 13 May 2019
Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Editorial 22 Oct 2018
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru