• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo

Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo

Editorial 09 Oct 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Mbere tariki 9 Ukwakira 2017, Diane Rwigara, nyina Adeline Rwigara na murumuna we Anne Rwigara bongeye kugezwa imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ngo baburanishwe ku byaha bakurikiranyweho ariko hamwe n’ubunganira mu mategeko, Me Pierre Celestin Buhuru, basabye ko urubanza rwongera gusubikwa kuko ubunganira adasobanukiwe ibikubiye muri dosiye y’abaregwa. Habaye impaka ndende ku bijyanye na dosiye irimo ibyaha baregwa, impande ebyiri zisigana ku kuba Me Buhuru yahabwa ibikubiye muri dosiye byose.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Mbere, ubushinjacyaha bwasobanuye ko ibyaha aba bose uko ari batatu bashinjwa, bikubiye mu butumwa bw’amajwi bwoherejwe biciye ku rubuga nkoranyambaga rwa Whatsapp, hakabamo inyandiko Anne Rwigara yohereje ku kinyamakuru Jeune Afrique, hakabamo n’inyandiko z’imikono Diane Rwigara yagejeje muri Komisiyo y’amatora ashaka kwiyamamaza. Ibi byose, nibyo birimo ibyaha bahuriyeho n’ibyo bamwe muri bo bagiye bihariye.

-8280.jpg
Ibi byose ariko, Me Pierre Celestin Buhuru yavuze ko atabisobanukiwe kuko Ubushinjacyaha butigeze bumuha ibimenyetso bishingirwaho mu kubashinja, ari nabyo yahereyeho asaba ko urubanza rwasubikwa mu gihe cy’iminsi itanu, akabanza agahabwa ibyo bimenyetso byose ndetse kopi ya dosiye ikubiyemo ibyo baregwa, hanyuma akabisesengura akamenya neza ibyo abakiliya be baregwa.

Ubushinjacyaha bwavuze ko butamuha ibyo bimenyetso byose kuko ibikubiyemo bikiri ibanga mu gihe kuburanisha mu mizi bitaratangira ahubwo ko yahabwa bimwe muri byo bitabangamira iperereza rigikomeje kandi ko yagera mu bushinjacyaha akerekwa ibyo bimenyetso ariko ntahabwe kopi ya dosiye, maze Me Pierre Celestin Buhuru nawe avuga ko yumva ibimenyetso byose bavuga nta kintu gikwiye kugirwa ibanga kirimo. Yasabye ndetse ko byose yabihabwa muri mudasobwa akabijyana aho abo yunganira bafungiwe, akabiganiraho nabo, hanyuma akazaburana azi neza ibyo baregwa.

Adeline Rwigara nawe yahawe ijambo n’umucamanza, mu mvugo ye igarukamo ijambo ry’Imana n’ijambo “Haleluya”, nawe asaba ko we n’abana be bahabwa dosiye ikubiyemo ibirego baregwa kuko ntabyo bazi. Ubishinjacyaha bwahise bumunyomoza, buvuga ko babwiwe kenshi ibyo baregwa ndetse bakaba baranumvishijwe amajwi akubiyemo bimwe mu byaha baregwa nabo bakagira n’icyo babivugaho.

Urukiko rwahise rwanzura ko urubanza rusubikwa, rukazasubukurwa kuwa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2017, ari bwo bazaburana ibijyanye no kuba bakomeza gukurikiranwa bafunzwe cyangwa niba baburana bari hanze.

Diane Rwigara wenyine akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ariko bose uko ari batatu bahurira ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. Umubyeyi wabo Mukangemanyi Rwigara Adeline we yihariye icyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri.

-8279.jpg

Umuryango wa Rwigara

2017-10-09
Editorial

IZINDI NKURU

Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu

Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu

Editorial 31 Mar 2017
Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Editorial 10 Mar 2016
Hahamagawe abakinnyi 26 b’Amavubi bitegura gukina na Guinea mu mikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali

Hahamagawe abakinnyi 26 b’Amavubi bitegura gukina na Guinea mu mikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali

Editorial 30 Dec 2021
Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika  ibiganiro mu Rwanda

Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika ibiganiro mu Rwanda

Editorial 20 Sep 2017
Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu

Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu

Editorial 31 Mar 2017
Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Editorial 10 Mar 2016
Hahamagawe abakinnyi 26 b’Amavubi bitegura gukina na Guinea mu mikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali

Hahamagawe abakinnyi 26 b’Amavubi bitegura gukina na Guinea mu mikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali

Editorial 30 Dec 2021
Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika  ibiganiro mu Rwanda

Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika ibiganiro mu Rwanda

Editorial 20 Sep 2017
Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu

Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu

Editorial 31 Mar 2017
Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Editorial 10 Mar 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru